KILIZIYA GATOLIKA YABAYE IKIRAGI MU RWANDA

Publié le par veritas

 

035-Emile.png
Urubanza mu mizi rwa Padiri Nsengiyumva Emile, ukekwaho icyaha cyo kuvutsa Igihugu umudendezo ku wa mbere rwaburanishirijwe imbere y’urukiko rukuru urugereko rwa Rwamagana. Ubushinjacyaha bukaba bumurega kuba tariki 19 niya 25 Ukuboza umwaka ushize mu gitambo cya misa yasomeye muri Paruwasi ya Karenge na central ya Nyakigarama mu umurenge wa Nyakariro, imbere y’intama ayoboye yarangishije mu uruhame gahunda za Leta zirimo guca nyakatsi no kuboneza urubyaro.

 
Nk’uko byatangajwe na Radiyo Rwanda ngo Ubushinjacyaha bukaba bumurega kwangisha mu ruhame gahunda za Leta zirimo guca nyakatsi no kuboneza urubyaro. Iki cyaha Padiri Nsengiyumva akekwaho, ubushinjacyaha bukaba buvuga ko giteganywa n’ingingo 166 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, icyaha cyo kuvutsa Igihugu umudendezo, yamamaza nkana ibihuha, agomesha rubanda, atera imvururu n’intugunda ashaka kubyutsa imidugararo. Ukekwaho kugandisha no kwangisha abaturage gahunda za Leta, Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Karenge, Nsengiyumva Emile, imbere y’umucamanza ntiyemera ibyaha aregwa, yasobanuye ko ibi byaha aregwa atabikoze kuko mu ivanjiri ye atigeze yangisha abaturage gahunda yo guca nyakatsi ndetse no kuboneza urubyaro ahubwo yanenze uburyo zikorwamo. Radio Rwanda ivuga ko aha avuga ko guca nyakatsi byakoreshejwe igitugu cyane ku bakirisitu batishoboye naho kuboneza urubyaro ngo yemera ubwo kiliziya yigisha bwa kamere. Urukiko rukuru urugereko rwa Rwamagana, nyuma yo kumva impande zombi, rwatangaje ko isomwa ry’uru rubanza biteganyijwe tariki ya 29 Nyakanga 2011.

 
Padiri Emile Nsengiyumva ukekwaho icyaha cyo kwangisha abaturage ubutegetsi buriho, aramutse ahamwe n’iki cyaha, ingingo y’ 166 mu gitabo cy’amategeko ahana iteganya, igifungo kuva ku myaka ibiri kugeza ku icumi n’ihazabu y’amafaranga kuva ku ibihumbi bibiri kugeza ku bihumbi ijana cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Iby'iyi Ngoma na Kiliziya Gatolika bite?

Tubigereranije n'iyi Ngoma ya mwene Rutagambwa ifunga Abapadiri abandi bakagwa muli za Gereza mu buryo bwa mafios (+ Padiri Munyaburanga n'abandi benshi) Abarasiwe kuli Altari mu Ruhengeri n'i Mibirizi, Abarigishijwe mu gihe cy'itahuka ry'impunzi zari zagambaniwe na Loni,Abashinjwa ibinyoma n'Indaya zivuye Rugazi na Gahoro, Abarozwe nka Padiri Kalibushi na Padiri Modeste Gasigwa ( inshuti Magara ya Perezida Habyara), njye nsanga Iliya ngoma Papa  Mukuru w'i Roma yari akwiye kuyihagurukira yitwaje cya Kibando cye kiriho Umusalaba wa databuja Yezu Kristu.

Basenyeri Nubaha cyane kuko mwasizwe amavuta y'Ubutambyi buhebuje byose, Nimuba nk'ibiragi, rwose muzaba mwihakanye Uwaducunguriye i Golgota aho batemeraga abantu imitwe, nta wundi ni Umwami wacu Yezu Kristu wagize  ati: Uzatinya kumpamya imbere y'abantu, nanjye nzatinya kumuhamya imbere ya Data n'Abamalayika.
Mwitinya kwamagana Ingoma yirukanishije Yezu imbunda z'ibikenyeri maze ikimika Satani  Murumuna wa Gacaca!! Dusabirane

HABIMANA Védaste - Kigali
 

 

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
M
<br /> <br /> Urukozasoni kur’izi ngirwa bapadiri<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> @Mahoro..kabisa urashimishije cyane koko, ahubwo uru rubanza rwa Padiri Emile ni urukozasoni kuriwe kubona<br /> umuntu wakabaye intanga rugero kubanyarwanda na Kiliziya Gatholika  akaba akekwaho kugandisha no kwangisha abaturage gahunda za Leta nziza. Ubu se koko umuntu wamugereranya<br /> n’iki uretse kumwamagana?<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Abakurwa muri nyakatsi baratuzwa neza, dore ko banaherutse guhabwa inka zo kubafasha kwiteza imbere. Ahubwo<br /> twarabavumbuye amashyari n’iyo atuma muvuga ubusa kubera ko mubona Leta y’urwanda ifite gahunda nziza cyane zo guteza imbere abaturage bayo bikabarya. Bibarira iki ko ntacyo mumariye urwanda ari<br /> inda zanyu gusa.<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Guhitamo gukwirakwiza ibihuha ntacyo bizabagezaho uretse gukatirwa urubakwiriye gusa, ababishinzwe<br /> nimushyiremo imbaraga aka gasuzuguro karangire vuba cyane.<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
U
<br /> <br /> Gusebya kiliziya Gatolika<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Ariko ibi n’ibiki koko, ko mbona aba bapadiri bakomeje gusebya kiliziya gatolika. Ese mwahisemo umwuga umwe<br /> aho kwigira abo mutaribo. Muzemera ryari ko ibyufuzo byanyu byo kudusubiza mu mateka ya Kera bidashoboka. Mwatuje  mukubaka igihugu aho kwirirwa muhangayikishijwe<br /> n’ibidashoboka ndetse nibidafite umumaro.<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Akamaro ka Kiliziya:<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Kiliziya n’inzu y’Imana bigishirizamo ijambo ry’Imana, wowe Padiri Emile ninde wakubwiye ko wemerewe gutesha<br /> agaciro Inzu y’Imana wigisha amacakubiri. Jye mbona ingaruka kubyo mwakoze igihe cya Mata 1994 zitazaborohera na gato. Mukome rero muryozwe ibyo mwakoze aho kugira imitekerereze yo kumva ko<br /> ibintu ari mama wararaye no munzu y’Imana ari nko mukibuga cya poropaganda za politiki.<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Leta nziza koko:<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Leta nziza n’iyita kubaturage bayo mumibereho myiza, umutekano, mwiterambere kubwizo mpanvu rero waba uri<br /> umupadiri, Minisitiri cyangwa se undi muntu ntabwo biguhesha imbaraga zo kunyuranya n’amategeko ugamije gushyira Abanyarwanda murujijo no gukwirakwiza amacakubiri. <br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Abanyarwanda bamaze gutera intambwe ndende mukurandura imizi y’amacakubiri noneho wowe uti reka nyinyuze<br /> mw’ijambo ry’Imana. Ntawabyemera nagato kuko ibib byabayeho ntawabyifuza nanone.<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br />  Abantu nkaba bakwiye kwamaganwa:<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Abanyarwanda bavandimwe rero dukwiiye guhaguruka twese hamwe tukamagana buri muntu wese ufitiye imigambi mibi<br /> igihugu cyacu, ubundi dukangurire buri wese gukunda igihugu cye uyu niwo murage mwiza. Abana bacu bazabeho ubuzima butazi amacakubiri ya Tutsi,Hutu na Twa.<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
M
<br /> <br /> Kiliziya Gatolika ntiyabaye ikiragi nkuko mubitekereza. ahubwo bitandukanye nakera, kiliziya ntikijandika cyane muli politiki, nkuko byagiye bigaragara mubihe byashyize, kugez’ubwo bamwe mubahoze<br /> ar’abayobozi bayo, ubu bakurikiranwaho ibyaha bya jenoside.<br /> <br /> <br /> Kuba yararekeye ubucamanza akazi bushinzwe, njye ndabona ar’intambwe ishimishije Kiriziya Imaze gutera.<br /> <br /> <br /> Ibyerekeye urubanza rwa padiri Nsengiyumva emile, tubirekere ubucamanza. Ubushinja cyaha bufite uko bubyumva, nabamurengera bafite Uburyo babyumva. Icyonzi cyo nikimwe, n’uko  urwanda ar’igihugu kigendera ku mategeko.ubutabera nibubona ko arengana, buzamurekura. Kandi ni bubona ko ahamwa n’ibyaha, ubwo azasarura ibyo ya bibye. Kereka<br /> niba mwumva ko kuba ari umupadiri, bimuha ubudahangarwa?<br /> <br /> <br /> Mureke rero dutegereze umwanzuro w’ubutabera.<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
S
<br /> <br /> Yayayayaaaaa...birababaje...abantu bamara abandi bakajya hariya ngo bemeye ibyo bakoze  bagatangira kwidegembya hanyuma baganyaga uwamaganye akarengane ...emili we humura Yezu agufiteho<br /> umugambi ...abo mufunganye nabo ni aba Mungu kandi bakeneye guhumurizwa,,,babwire kandi umenye ko kuruhira Mungu bitazagupfira ubusa...nemera ko ukora nabi wese bizamugaruka kabone naho none<br /> afite ibyo yikingiye ariko isaha idasubizwa inyuma niyashyika azakanurara amaso kuruta ay'imbeba ifatiwe muri rwagakoco...Humura Yezu arakuzi kandi arakureba ibuka KO YAVUZE NGO NTA MUGARAGU<br /> USUMBA SHEBUJA...nubwo abao basaza bagombye guhaguruka bakamagana akarengane byabananiye kubera gutinya gupfa kandi n'ubundi baririwe ntibaraye...erega ntawe uzatura nka NDIZA CG Karisimbi...Gira<br /> neza Ibindi IMANA ZIRWARIZA.<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
M
<br /> <br /> <br /> Musabye<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Urubanza rwa Padiri Emile ni urukozasoni kuri Leta y'u Rwanda : kwamagana usenyera abaturage nyakatse ntahandi afite abajyana !<br /> Kuvuga ko za hormones batera abagore mu kuringaniza imbyaro zigira ingaruka mbi ku mubiri wabo ! Ibyo bikitwa guhungabanya umudendezo w'igihugu ! Heeeeee ! Uno mudendezo ra ! ko uziritse ku<br /> katsi !<br /> <br /> <br /> <br /> <br />
Répondre