Gukenesha abaturage no kubashinyagurira ni yo ntego y'Agatsiko kayobowe na Paul Kagame!

Publié le par veritas

Dore uko Leta ya Paul Kagame yaciye Nyakatsi ! Gukenesha no gushinyagurira abaturage ni yo ntego Nyamukuru y'Agatsiko kari ku butegetsi mu Rwanda!



 

 

Source: Igitondo.com

 

Ibikorwa byo guca nyakatsi birakomeje hirya no hino mu gihugu. Hamwe na hamwe abaturage ubu barahangana n’ibibazo by’amazu bimukiyemo atuzuye neza.

 

Bamwe mu baturage bo mu midugudu ya Kinani na Bwezamenyo yo mu kagali ka Bunazi umurenge wa Karama mu karere ka Huye bavuga ko amazu bimukiyemo bava muri nyakatsi amwe n’amwe atuzuye ku buryo kuyabamo bigoranye. Ariko, ubuyobozi bw’uyu murenge bwo buvuga ko umuntu wimuwe muri nyakatsi agomba kuba afite aho kuba hadateye ikibazo.

 

Nk’urugero, Anasitaziya Hagenimana, umukecuru w’imyaka 87 y’amavuko, aba mu nzu ihomesheje ibidasesa igice kimwe (reba ifoto) kubera kubura intege zo kwiyubakira.

Anasitaziya Hagenimana

Agira ati : «Baransenyeye bampa amabati, ndaza nshinga ibi biti, mbituyemo …………..nta rugi ; imbeho ni yose …»

 

 

N’ubwo umuntu atareba mu cyumba araramo kubera ko kizengurutswe n’imisambi, uri hanze we areba mu nzu imbere kimwe n’uri imbere aba areba hanze .Uretse muri uyu mudugudu, iyo ugannye mu mudugudu wa Rwezamenyo bihana imbibi naho uhasanga amazu nk’iyi.

 

Bamwe mu batuye muri ayo mazu bavuga ko ari ubuyobozi bwabazanye, bazi ko bazabatuza mu nzu ariko ngo basanga batuye hanze.

 

Umusaza Misago uvuga ko afite imyaka 120 y’amavuko, aba muri kimwe mu byumba aho abana n’umukobwa we, gusa we ngo icyo yasabaga abayobozi ni ukumujyana mu nzu azajya abasha kota.

 

Umusaza Misago imbere y’inzu ye


Ubuyobozi bw’umurenge wa Karama iyo midugudu yombi ibarizwamo buvuga ko ubusanzwe ikibazo cya nyakatsi bari bamaze kukigera kure kuko abari bimuwe bose bari babashije gutuzwa.

 

Sebarinda Frederic, umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, avuga ko iki kibazo cyamenyekanye kandi ko kigiye gushakirwa igisubizo bidatinze.

« Kuba hari umuntu wasanga adafite inzu idahomye, ni uburangare bw’abayobozi bo ku rwego rwo hasi, ariko mu byumweru bibiri turaza kugikurikirana neza, tugera aho mu baturage ».

 

Gahunda yo guca nyakatsi yashyizweho na leta y’u Rwanda mu rwego rwo gutuza abaturage ahantu heza hagendanye n’icyerekezo.

 

Gusa hamwe na hamwe usanga hakiboneka ibibazo bitandukanye birimo kuba bamwe mu bavuye muri nyakatsi batarabonerwa aho gutura.

 

 

Ku bw’igitondo.com,

 

Rihard Dan Iraguha

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
U
<br /> <br /> Kuba hariho abayobozi batuzuza inshingano zabo, ntagitangaza kirimo, bibaho ahantu hose kwisi. Ariko icyo nshimira leta y’ubumwe n’ubwiyunge, nuburyo ifata iyambere mukubikemura- kandi niba ibyo<br /> abanyamakuru batangaje ar’ukuri, uriya muyobozi ntamara kabiri ateguye.<br /> <br /> <br /> Gahunda ya leta nuko  umuntu wese usenyewe agomba gushakirwa ahandi hantu atuzwa, ntibitangaje rero kuba hari ab’irengagiza inshingano zabo, barangiza bagakora ibyo batabasabye.<br /> Ariko ikiriho n’uko reta ikora ibishoboka byose ngo iteze imbere abaturage bayo:  ibubakira amazu, ibaha ubwishingizi mubuvuzi, nibindi byinshi byiza ntabashije kurondora…<br /> <br /> <br /> Abayivangira ntibabura, kandi ntagitangaza cyo kuba abo bantu bahari.<br /> <br /> <br /> Umunsi mwiza!<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
J
<br /> <br /> Inama ziragwira ariko iyabereye i Nyagatare ni akamaramaza!<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Nk'uko Radio Rwanda yabitangaje mu makuru yayo ya saa moya , i Nyagatare<br /> <br /> <br /> habereye inama yategetse gufungura utubare saa kumi n'imwe z'umugoroba  ariko abagore bakaba bafite uburenganzira bwo kwicaramo isaha imwe<br /> gusa.<br /> <br /> <br /> Saa kumi n'ebyiri nta mugore ugomba kuyirenza akicaye mu kabare ...<br /> <br /> <br /> Ngo batindamo bagatwara abagabo babandi .<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Yego Rwanda<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre