Ahorugeze Sylvère yafunguwe.
Sylvëre Ahorugeze ni umunyarwanda wari umaze imyaka itatu muri gereza nkuru ya hano muri Suwedi. Mu myaka itatu ishize, ubwo yari aherekeje umugore we muri ambassade y'u Rwanda i Stockholm gushakayo ibyangombwa, ambassadeur w'icyo gihe, Jacqueline Mukangira, yahise amuhamagarira polisi, iyi na yo ihita imwirukankana. U Rwanda rwamuregaga cya cyaha rutangiye gutesha agaciro, cyitwa jenoside.
Mbere y'uko afatwa, Sylvère Ahorugeze yari atuye mu gihugu cya Danemark. Aha na ho yari yarigeze kuhafungirwa icyo cyaha igihe cy'umwaka, ubutabera busanga ari umwere, buramurekura, ndetse ahabwa indishyi y'akababaro igera kuri miliyoni y'ama couronnes, amafaranga akoreshwa muri icyo gihugu. Imyaka itatu y'agatsi amaze mu buroko bwa hano, yagombye na yo kuyibonera izindi ndishyi zikubye gatatu izo yabonye muri Danemark.
Ubwo ubutegetsi bw'i Kigali bwari bumaze kwishima ko umujenosideri wabwo yafatiwe i Stockholm, bwahise bukoresha za nkiko zabwo zitagira amategeko, zitwa gacaca, maze zimukatira ataburanye. Inzu ye yari ifite imwenda wa Caisse d'Epargne, gacaca yayiteje cyamunara miliyoni 12 gusa. Ni inzu yari ikwiye byibura miliyoni 30 z'u Rwanda. Mu bacikacumu mfite amazina yabo bari baturanye na we i Gikondo, cyeretse utarashatse kuvuga ko Ahorugeze yabasahuye muri jenoside kugirango izo miliyoni uko ari 12 bazigabane bose. Ni uko byagenze.
Akimara gufatirwa hano, Kigali yasabye Leta ya Suwedi kumwohereza mu Rwanda ariko biba iby'ubusa. Kubera amarangamutima y'u Rwanda, Minisitiri w'ubutabera wa hano, Beatrice Ask, yemeye ko Ahorugeze asubizwa mu Rwanda, ariko uyu aza kwitabaza urukiko mpuzamahanga rushinzwe uburenganzira bw'ikiremwamuntu, rukorera i Strasbourg mu Bufaransa. Icyavuye mu bujurire bwe ngirango nta kindi uretse kurekurwa, guhanagurwaho icyaha yaregwaga.
Sylvère Ahorugeze yahanaguweho icyaha burundu; nta n'ubwo agishubijwe mu Rwanda kuburanirayo icyaha kitakiriho kuko Leta y'u Rwanda yasabwe ibimenyetso by'iki cyaha, birabura. Ibimenyetso Kigali yari ifite ni ibyo kuba Ahorugeze yarabonye uko indege yari itwaye Perezida Habyarimana, yahanuwe. Kuri Kigali ibi ni ibimenyetso bikomeye byo kurega umuntu icyaha cya jenoside.
Leta y'u Rwanda yakomeje ubwayo gutesha agaciro icyaha cya jenoside kuko ikirega umuhutu uwo ari we wese utavuga rumwe na yo. Urugero rufatika ni urw'uyu mugabo Sylvère Ahorugeze umaze kurekurwa n'urukiko rurenze rumwe, bikaba bigaragara ko ya ma koperative y'abashinjabinyoma yo mu Rwanda (les associations de délateurs) atangiye guta agaciro.
Indishyi y'akababaro kuri iki gihugu cyamufungiye ubusa, arazikwiye. Na byo biri mu kurwanya umuco wo kudahana no kurenganyiriza abantu ubusa.
Amiel Nkuliza.