Ijambo ku "Bushake", ni Ikibazo Cyangwa ni igisubizo mu Rwanda?

Publié le par veritas

Ijambo ku "Bushake", ni Ikibazo Cyangwa ni igisubizo mu Rwanda?
Kuva mu mwaka ushize wa 2016 mu Rwanda harabarurwa ababarirwa mu majana batakiri mu mirimo yabo mu nzego zibanze hirya no hino mu gihugu.Ubutegetsi buvuga ko abo bayobozi basezera ku mirimo yabo ku mpamvu zabo bwite mu gihe bamwe mu bayobozi bavuga ko ubutegetsi bubahatira kuva ku mirimo.
 
Kubera uburyo iki kibazo kitavugwaho rumwe, byabaye ngombwa ko Ijwi ry'Amerika rishishoza kuri iki kibazo. Hari bimwe mu bimenyetso yagezeho bigaragaza ko aba bayobozi bashobora kuba birukanwa mu buryo bunyuranye n'amategeko. Mu buryo butunguranye abakozi ba leta 30 bahabwa ubutumwa bugufi kuri tel bubamenyesha ko bafite inama ku karere bakisanga bagomba kwirukanwa nta kundi kwihanizwa kwabanje !
 
Ubu uvuze ijambo “Ku bushake” hari abahita bumva icyo ushatse kuvuga. Abategetsi bakuru batandukanye bakunze kuvuga kuri iyi ngingo, bahurije ku kuba abava ku kazi babikora ku bushake cg ku mpamvu zabo bwite. Ibiheruka bya vuba ni mu turere twa Rusizi na Karongi.
 
Iperereza Ijwi ry’Amerika yakoze mu bihe binyuranye yasanze hakiri urujijo rukomeye kuri aba bava ku mirimo yabo. Urwu rujijo rushingiye mu kumenya impamvu nyamukuru y’ibi. Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Eric Bagiruwubusa yakurikiranye iki kibazo ku buryo burambuye.
 
Kanda kuri icyo kirango cya VOA wiyumvire:
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
M
Mu gihe Perezida Kagame yemezaga ko mu mwaka wa 2017 hazabaho uburumbuke bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda mu ijambo yavuze mu gikorwa cy’amasengesho kizwi kw’izina rya ‘National Prayer Breakfast’, inyeshyamba za M23 zubuye imirwano mu gihugu cya Congo!<br /> <br /> Abayobozi b’igihugu cya Congo bamenyesheje kuri iki cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017 ko abarwanyi bagera kuri 200 ba M23 binjiye ku butaka bwa Congo bavuye mu gihugu cya Uganda aho bari barahungiye nyuma yo gutsindwa mu 2013.<br /> <br /> Lambert Mende, umuvugizi wa Leta ya Congo yabwiye ibiro ntaramakuru by’abafaransa AFP ko abarwanyi ba M23 bari mu byiciro 2 mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru tariki 15 Mutarama 2017 bambutse umupaka bavuye muri Uganda bafata agace kitwa Ishasha kari muri territoire ya Rutsuru mu birometero bikabakaba 155 mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’umujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’amajyaruguru.<br /> <br /> Lambert Mende yakomeje yibaza ukuntu ngo igihugu cy’abaturanyi nka Uganda cyareka abantu gicumbikiye mu nkambi z’impunzi bagatera igihugu cya Congo. Akomeza avuga ko kandi ubu imirwano yatangiye hagati y’abo bateye n’ingabo za Congo (FARDC) kuko ngo Congo ntabwo yakwemera ko hagira uwinjira ku butaka bwayo yitwaje intwaro nta ruhushya abifitiye.<br /> <br /> Gouverneur wa Kivu y’amajyaruguru, Julien Paluku we aremeza ko intambara nshya irimo gutegurirwa muri Uganda n’abahoze muri M23. Ibyo yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru i Goma kuri iki cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017.<br /> <br /> Julien Paluku aremeza ko ngo Sultan Makenga n’abandi basirikare bakuru ba M23 batorotse aho bari barindiwe n’abayobozi ba Uganda berekeza ahitwa Bunagana hari ku mupaka wa Uganda na Congo mu birometero 70 uvuye mu mujyi wa Goma.<br /> <br /> By: Frank Steven Ruta
Répondre
S
nimwirebere uko kigali isigaye yarateye imbere (visio 2020) : https://www.youtube.com/watch?v=NasBDVfwxmY
Répondre
F
Faustin Twagiramungu ati:Ndashaje ariko sinemerako Kigeli bamupakurura.<br /> <br /> https://www.youtube.com/watch?v=CPTFonhtmqk
Répondre
@
Ibyo by'ubupfumu, cyangwa bya za Nyabingi, mwagiye mutubabarira ntimwongere kubyandika hano. Muri izo ndagu zanyu, Kigeli yagombaga gutahana na Twagiramungu.... Assez SVP.
Répondre
I
Nimurebe mucuti wa Kagome wamuteretse kubutegetsi ibyo muri bimwe yakoze muri amerika ari kubutegetsi ibi byasohotse uyu munsi. nimwumve ibyuyu mugabo Bill Clinton uwo ariwe.<br /> <br /> https://www.youtube.com/watch?v=M4lPtldcA8M
Répondre
K
merci beaucoup pour l'info ! la vérité finit toujours par triompher
T
Dusubire mumateka indagu ziti umusaza uzaba ashaje cyane azataha mu Rwanda kwima ingoma, we ntazashobora gutegeka kuko azaba ashaje cyane, none umwami Kigeli Ndahindurwa wa V yamaze gutaha ashaje cyane, kandi ngo ihene 7 zizahita zanga konka. aho igihe siki 2017?<br /> <br /> uyu musaza wigendeye yimye ingoma Revolution iraba, none arapfuye nibindi birimunzira guhinduka.<br /> <br /> tubitege amaso. turi mubihe bidasanzwe banyarwanda mwe! muriteguye mwese? ntimuzatungurwe.
Répondre
K
Ibyo by'ubupfumu, cyangwa bya za Nyabingi, mwagiye mutubabarira ntimwongere kubyandika hano.<br /> Muri izo ndagu zanyu, Kigeli yagombaga gutahana na Twagiramungu....<br /> Assez SVP.
M
Dore aho abahutu twaguye ni aha kandi ntiduteze kubura agatwe tukiri injiji.<br /> <br /> Ni mutego ki Francois Miterrand yateze Habyarimana Juvenal, bigatuma ahasiga ubuzima?.<br /> Nka Perezida Habyarimana wari umaze kubona ibyakorewe Sankara, Ubufaransa bubifitemo uruhare, umutego yaguyemo yari kuwukwepa agasaza neza, yanakwicwa agapfa nk’intwari y’u Rwanda mu gihe ubu avumwa kubera aho yarusize.<br /> <br /> Kuba hari impunzi z’Abanyarwanda zabaga muri Uganda zagiye zihunga kuva mu 1959, zasabaga gutaha Habyarimana akavuga ko iyo ikirahure cyuzuye amazi ntawakongeraho andi ko yahita ameneka, ibi byanyuraga Francois Mitterand, akanamutiza umurindi.<br /> <br /> Mitterand yatizaga umurindi Habyarimana arwanya itaha ry’impunzi z’Abanyarwanda, mu gihe yabonaga ko imbaraga Ubufaransa bwari bufite mu Rwanda zishobora kugabanyuka, sisiteme ya gifarangofoni (système Francophone) ikaba nk’itsinzwe, hakinjira iya angorofoni (système Anglophone).<br /> <br /> Uretse n’izindi nyungu z’ubucuruzi bw’intwaro n’ibindi Ubufaransa bwari bufite mu Rwanda, byatumaga bukomeza gushyigikira Habyarimana ariko umunsi yari avuye mu mishyikirano muri Tanzaniya yemeye ko impunzi zitaha, nibwo yishwe.<br /> <br /> Urupfu rwe rwakurikiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaga miliyoni bicwa bazira ubusa, muri ubwo bwicanyi n’ubundi Abafaransa bakomeje gutiza amaboko Interahamwe n’abasirikare ba Leta.<br /> <br /> Nk’uko Abafaransa bashinjwa kwivugana Sankara ni nako n’ubu bashinjwa kwivugana Habyarimana ubwo yari avuye mu mishkirano yemeye gushyikirana na FPR Inkotanyi nazo zari zaratangiye kumwota igitutu.<br /> <br /> Ikinyamakuru Libération cyo mu Bufaransa, ku wa gatatu tariki ya 9 Mutarama 2013, cyasohoye inkuru irimo ikimenyetso gishobora kugaragaza uruhare rwa Leta y’u Bufaransa ku ihanurwa ry’indege yari itwaye Habyarimana.<br /> <br /> Habyarimana Juvenal iyo atishinga Francois Mitterand ubu yari kuba akiriho.<br /> <br /> cyo kinyamakuru kivuga ko ubwo umucamanza w’umufaransa Marc Trévidic yakoraga icukumbura ku ihanurwa ry’iyo ndege, yavumbuye urupapuro rwemeza ko hari abasirikare b’abajandarume 2, bakomoka mu Bufaransa, bapfiriye mu Rwanda muri Mata 1994.<br /> <br /> Abishwe ni umusirikare w’umujandarume witwa René Maier, wari kumwe na Alain Didot wiciwe hamwe n’umugore we Gilda Didot, bikaba bivugwa ko bishwe hagati y’itariki ya 12 na 13 Mata 1994, ariko ngo iby’urupfu rwabo bikaba bitarigeze bisobanuka kugeza iki gihe.<br /> <br /> Ikinyamakuru Libération kibazaga niba urupfu rw’abo bantu batatu, rutazabangamira ubushakashatsi bwa Trévidic, cyangwa se kitaba ikimenyetso kiganisha ku ruhare rwa Leta y’u Bufaransa mu ihanurwa ry’indege yari itwaye Habyarimana na Ntaryamira Cyprien wari Perezida w’u Burundi.<br /> <br /> Abo basirikare b’abajandarume bishwe, bari abajyanama mu bya Tekiniki, bakaba bari bashinzwe n’ibijyanye n’itumanaho “transmission radio” hagati ya Ambasade y’u Bufaransa n’igisirikare cy’u Rwanda.<br /> <br /> Umwanditsi w’iyi nkuru avuga ko bishoboka ko bazize ko baba barumvise ibiganiro byabaye hagati ya Ambasade y’u Bufaransa i Kigali n’ingabo zari iz’u Rwanda, mbere y’uko indege yarimo Habyarimana ihanurwa, bityo Leta y’u Bufaransa ikaba yarifuzaga ko amakuru ajyanye n’iby’iyo ndege atazagaragazwa.<br /> <br /> Habyarimana Juvénal yavutse kuwa 8 Werurwe 1937, yicwa tariki ya 6 Mata 1994. Yabaye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuva kuwa 5 Nyakanga 1973 kugeza kuwa 6 Mata 1994, yapfuye afite imyaka 57 akaba yari amaze imyaka 21 ku butegetsi yarahawe amazina (Umubyeyi, kinani,…), ibyo yakoreye Abanyarwanda byaherekejwe na jenoside yakorewe Abatutsi, yari yarateguwe imyaka n’imyaka ishyirwa mu bikorwa.<br /> <br /> Munyarukato
Répondre