Gambiya: Birangiye Yahya Jammeh afashe inzira y'ubuhungiro!
Publicité
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu taliki ya 21 Mutarama 2017 nibwo uwari perezida wa Gambiya Bwana Yahya Jammeh yafashe inzira y'ubuhungiro, akaba ahunze igihugu yayoboye imyaka 22, ibyo bibaye nyuma yaho atangarije ko atazava ku butegetsi nubwo yari yatsinzwe amatora na Adama Barrow.
Amakuru atangazwa n'ibiro ntaramakuru by'abafaransa AFP aremeza ko Yahya Jammeh yavuye mu murwa mukuru w'igihugu cya Gambiya ariwo Banjul ari mu ndege yihariye yo mu bwoko bwa Falcon ku isaha ya saa tatu z'umugoroba ku isaha ya Gambiya aherekejwe na Perezida wa Gineya Alpha Condé.
Amakuru yatangarijwe mu murwa mu kuru wa Gineya ariwo Conakry, aremeza ko Yahya Jammeh azamara igihe gito muri Gineya nyuma yo guhungira mu kindi gihugu kitaramenyekana. Yahya Jammeh afite imyaka 51, yafashe ubutegetsi ku mbaraga za gisilikare mu mwaka w'1994, aregwa ibyaha byinshi bibangamiye uburenganzira bw'ikiremwa muntu; mu matora yo ku italiki ya 1 Ukuboza 2016 nibwo Yahya Jammeh yatsinzwe na Adama Barrow, nyuma yo kwemera ko yatsinzwe , nibwo Yahya Jammeh yisubiyeho avuga ko yibwe amajwi!
Nyuma y'amasaha abiri izo ngabo zambutse umupaka Yahya Jammeh yahise asaba ibiganiro byo gutanga ubutegetsi ntamaraso amenetse, byose bikaba birangiye Yahya Jammeh ahunze igihugu! Ihurizo risigaye ni ukumenya uko bizamugendekera mu buhungiro n'uburyo abategetsi bakoranye ibyaha nawe bikomeye asize muri Gambiya bazabiryozwa! Burya ngo "iminsi iba myinshi ariko igahimwa n'umwe!!"
Ubwanditsi.
