RWANDA: Inganda zo mu gishanga cya Gikongo i Kigali zimaze gufatwa n'inkongi y'umuriro!

Publié le par veritas

Uru ni uruganda rwa Rwandex ruri gushya

Uru ni uruganda rwa Rwandex ruri gushya

Mu gishanga cy’i Gikondo giherereye mu Mujyi wa Kigali kikaba cyubatsemo inganda nyinshi zinyuranye,  murizo zimaze gufatwa n'inkongi y'umuriro muri aya masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa mbere taliki ya 14/07/2014.
 
Amakuru tugezwaho n'abaturage baturiye hafi y'icyo gishanga aratumenyesha ko uruganda rwa Rwandex na sonatube ziri gushya, tukaba turi bumenye amakuru arambuye mu masaha ari imbere.
 
Ishya ry'izi nganda rije rikurikira igaraje yahiye ejo ku cyumweru mu mujyi wa Kigali, amaduka yahiye muri Quartiers matheus kimwe na gereza ya Mpanga (Gitarama) niya Rubavu (Gisenyi) byose byafashwe n'inkongi mu gihe gito cyane cyegeranye!
 

Uko ayo mazu n'ibyo bikorwa by'iterambere biri gushya niko leta ya Paul Kagame iri kungikanya amatangazo y'iterabwoba ko igiye guhana yihanukiriye ngo abadafite ibyangombwa byo kuzimya umuriro mu mazu yabo!(Kanda aha usome iyo nkuru:Leta ntizihanganira imyumvire idahwitse ku kudatunga ibikoresho bizimya inkongi) Wabona FPR yavumbuye isoko ryo kugurisha za kizimyamwoto ngo ikuremo akayabo maze ikabikora ibinyujije mu gutwikira abaturage no kubahombya!

 
Ubwanditsi
 
 
 
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
F
harya ngo ni FDLR ilimo gutwika? DMI isigaye yarabaye umusazi
Répondre
K
Hariya mwibeshye gereza yahiye ni iya Muhanga i Gitarama uretse ko na Mpanga iri muri Gitarama ya cyera hariya hafi y'i nyanza ku muhanda Nyanza -Kibuye.
Répondre
I
Urwanda uko rubayeho muri ibi bihe ruteye agahinda. Kariya gatsiko gashaka kuzarusigaramo n'abanyamahanga karuzanyemo bamaze kuruhindura amatongo masa, uretse ko kibeshya.<br /> Abazi gusenga nimusenge mushyizeho umwete.
Répondre
A
ntabwo mbyumva. mbere ko bari barategetse abantu kugura extencteur nanone ari amasoko bashakaga guteza imbere. usibye ko ubanza abazungu bo mugishanga babibarushamo ubwenge, ubuse barashaka iki kandi??? ibi bintu ntabwo byoroshye, hari ikibyihishe inyuma. barashaka gutera congo, batuyobye amarari, tuvuge ibyimirilo.
Répondre
R
ku wa gatatu mu cyumweru gishize hari abasirikare ubwo bari bamaze gusohora abagororwa bose muri Gereza ya rusizi bagiye muri installation banyuranya inzira z'umuriro bakora n'ibindi ku buryo nibacana hose gereza yose ihitaishya abagororwa bagatikira .gusa Imana ikinga ukuboka ,batatu mu bagororwa bari basigaye mu gipangu gishaje nabo bagiye gusohoka barabibonye baricecekera ariko kuko muri gereza harimo abazi byinshi cyane baje gucyemura ibyo bari bishe ,uburwose abagororwa batanga ubuhamya niko byagenze,bityo rero abari kubitwika barazwi
Répondre