Leta y'u Rwanda ntiyambura abaturage imirima yabo gusa n'abashoramari ntiborohewe !

Publié le par veritas

065-Abdurahman-copie-1.pngNrd: Ntabyiza nko kubona ikinyamakuru igihe.com gitangariza abanyarwanda inkuru y'ihohoterwa ry' abashoramali bahohoterwa n'inzego za leta; aha igihe kikaba giteye mu rya padiri Thomas utabariza abaturage bo mu Bugarama Rusizi/Cyangugu) bambuwe imirima yabo yari ibatunze! Nkuko byagiye bigaragara mu bitekerezo abantu benshi bavuze kuri iyi nkuru ,biragaragara ko Perezida yongeye gutabazwa kuko byarenze urugero, inzego za Leta, za Ministere nizo zigaragara  cyane mwihohotera ry'abaturage n'abashoramari , iryo hohotera  rikaba ritagira gitangira kuko abahohotewe babura  uwabarenganura bitewe n'ingufu z'abo bayobozi; kuko uwakabarengeye niwe ubaniga! Uwabishaka yabaza umuvunyi ibibazo yagiye nawe ananirwa gukemura kuko bilimo ba Ministre,afite ibibazo kuva 2004,2005 kugezubu atashoboye gusubiza, n'inyandiko bandikiye H.E. ntagisubizo bigeze babona, abanyarwanda ducecekanye ibibazo, kubona abavandimwe n'inshuti bahunga igihugu babitewe n'abayobazi babahohotera baniyambaza Perezida ntibasubizwe, bambuwe amafranga yabo, bambuwe busness zabo. Ngaho ahava abarakare, ngaha ahava kwiheba, ngaha ahava kwibaza kumitegekere y'iki gihugu itarenganura abashoramali n'ibikorwa byabo. H.E. turamusaba gutabara, ubu benshi bakijije amagara yabo barahunga, abandi nabo baracyagenda. Ntabwo bikwiye ngo buri gihe dutabaze  H.E. ngo akoreshe ububasha afite, kugirango  tugire igihugu gitekanye !

 

Umushoramari Abdirahman A. Mumin wahombye miliyoni hafi magana ane mu kigo gitwara abantu ONATRACOM noneho ariyambaza Perezidansi ya Repubulika kugira ngo ikibazo cye gikemuke.

Mu nyandiko Imvaho Nshya ifitiye kopi, Abdirahman yandikiye Perezida wa Repubulika, asobanura ikibazo yahuye nacyo muri Petroenergy, Sosiyete yigenga ikwirakwiza peteroli n’ibiyikomokaho mu Rwanda, yagize ati : « Nahaye ONATRACOM ibyo yansabye, kunyishyura birananirana ». Akomeza agira ati : « Kuko ONATRACOM ibarizwa muri MININFRA, nagerageje kuvugana na Minisitiri Karega wanyijeje ko ikibazo gikemurwa mu kwezi kumwe nyamara ntacyo nigeze mbwirwa kuva icyo gihe ».

Arangiza asobanura ko nk’umushoramari, yandikiye Perezida wa Repubulika yizera ko hafatwa icyemezo cyo gukemura icyo kibazo mu rwego rwo kurinda abashoramari. Abdirahman avuga ko yagerageje mu Kigo cy’igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB) kugira ngo arebe niba hari icyo bamufasha, cyane ko n’iyo biyandikisha ari bo banyuraho, ngo ntibyamuhiriye kuko nta gisubizo gifatika yahawe. Abandi yabwiye ikibazo cye ni Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA), kandi nawe ntacyo yamumariye.

Mu kiganiro kuri telefone, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA ushinzwe gutwara abantu n’ibintu yavuze ko hashize ukwezi babwiye ONATRACOM kwishyuza abayifitiye umwenda noneho bakishyura abo bafitiye imyenda. Twabajije uko byagenda ONATRACOM iramutse yishyuwe atageze ku yo babereyemo abashoramari, avuga ko Leta yakongeraho.

Imvaho Nshya kandi yamubajije igihe byatwara, avuga ko atavuga igihe nyir’izina bazishyurirwa. Uku kutishyurwa nk’uko byagaragajwe n’abandi bashoramari bakomoka mu mahanga byatumye ngo batangira gusubira neza mu gushakisha uko itegeko ririnda abashoramari riteye. Ese ubundi umuntu ngo yambuwe burundu barega he ? Bitwara igihe kingana iki baburana ? Bitwara igihe kingana iki kwishyurwa ? Ninde ubishyuriza ? Baba bahombye iki ?

Nk’uko Abdirahman yabitangarije Imvaho Nshya, yemeza ko ngo Perezida atagejejweho ikibazo cye. Ati : « Buriya dushobora kuba twandikira Perezida ariko Perezida ubwe ntarubone ». Ubu ngo ateganya kuzasaba kubonana na we ngo amurenganure kuko amafaranga bashora mu Rwanda baba basabye inguzanyo bashinganye indi mitungo yabo, bityo ngo mbere y’uko igurishwa bakaba ntaho batazasaba ubufasha bwo kubishyuriza.

 

Source : igihe

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
R
<br /> <br /> Abaturage bo mu mugi wa Muhanga mu karere ka Muhanga ubu bibaye umunsi wa gatanu uhereye ku wa kane tariki ya 4 kanama 2011<br /> Bashimutwa na polisi ndetse n'abasirikare bakajya gufungirwa mu mirenge ya Rugendabari aho ni nko mu birometero nka 34KM uvuye mu mugi wa Muhanga ndetse no mu murenge wa Mushishiro uri ku<br /> birometero 22KM. Iryo shimutwa ntiritoranya risakuma umuntu wese ukandagira muri uwo mugi ndetse no mu nkengero zawo yaba umwana,umubyeyi,umugabo,umugore,umusaza,umukecuru, ariko cyane cyane<br /> abasore bo bakaba bibasiwe kuburyo nugerageje gushaka kubacika agafatwa bamubyinagira hejuru nk'umuhinzi urimo kuvunga amasaka. Abaturage bagerageje kubaza impamvu y'ako kaga kose basobanurirwa<br /> ko barimo kurwanya za mayibobo ariko abaturage bakavuga ko nta mayibobo bafata kuko ngo zo ubu zidegembya.Ubu muri uwo mugi wa muhanga umuntu uvuye mu rugo bakabona agarutse bashima Imana.Ikindi<br /> kiri kuvugwa ngo ni uko aho hantu hajyanwa abo baturage ngo hatoranywamo abasore bafite imbaraga ngo bagomba kujyanwa i Wawa umuntu akaba yakwibaza icyo bagiye gukoreshwayo.Ubu abaturage bakaba<br /> ririrwa basiragira iyo abo bantu baba bajyannwe kandi ngo kugirango ukureyo umuntu wawe ngo bikaba bisaba gutanga akayabo ka ruswa itubutse utayibona bakakubwira ko umuntu wawe arajyanwa i WAWA.<br /> Abaturage baragira bati" ubu twarumiwe ntitwemerewe kugera mu mugi,nta n'itegeko bashyizeho ritubuza gukandagira mu mugi no mu nkengero zawo,iyo tugiyeyo turafatwa tugakubitwa,abana bacu barimo<br /> gufungwa buri munsi ngo kuko badafite indangamuntu kandi ntibarageza mu myaka yo kuzifata,ubuyobozi ntibunatumenyesha ko bwashyizeho amasaha y'umukwabu ngo tuyarengeho ariko bukatuziza ko<br /> tuwurimo".Ikindi twashoboye kumenya kandi kibabaje ni uko aho hantu bajya gufungirwa ntibagaburirwa keretse ugize amahirwe umuryango we ukamenya aho ari ukamugemurira.<br /> <br /> <br />  <br /> Nyabuneka<br /> abafite umutima utabara bakumvikanisha iryo hohoterwa rikaba ryahagarara cg abaturage bagasobanurirwa icyo bari kuzira kuko kugeza ubu bari mu gihirahiro.<br /> <br /> <br />
Répondre
U
<br /> <br /> birababaje niba bigeze ikigihe cyose uriya mugabo atarahabwa amafaranga ye. bigaragara ko hari babamwe bashaka kutudindiza mukugera ku mihigu yacu.<br /> <br /> <br /> icyo kibazo bagikurikiranire hafi kuko murwanda ntamuntu n'umwe uri hejuru y'amategeko. kandi niba binaniranye, ndahamya ko Perezida azagikemura kuko s'ubwambere akemuye ibibazo abamuvangira<br /> bahora bateza.<br /> <br /> <br /> gusa ndagaya ubwanditsi bwa veritasinfo kuko usanga bugaragaza kubogama iyo butangaza amakuru buvanye kuzindi mbuga. iyo ar'inkuru ivuye kuri le Prophete, umuvugizi n'ibindi  binyamakuru<br /> biharabika urwanda, usanga bayitangaza uko iri ntacyo bahinduye. ariko iyo bavanye kugihe.com, newtimes usanga bayitangaza yahinduwe umutwe w'amagambo ndetse n'ibiyigize.<br /> <br /> <br /> ndabasaba gukora mutabogamye, mushishikajwe no kwereka abanyarwanda ukuri kandi mutanga ibintu bifatika.<br /> <br /> <br /> mugire amahoro!<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
D
<br /> <br /> BARANGIZA NGO U RWANDA N'URWA MBERE MURI DOING BUSINESS REFORMS, BYAHE SE BYO KAJYA???<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre