RDC-Uvira: Ni iyihe mpamvu itumye RDF/M23 ivugako ivuye mu mujyi wa Uvira ubwa kabiri ?

Publié le par Veritas

Kuri uyu wa kane taliki ya 15/01/2026, imodoka z'amakamyo zirenga 23 za RDF/M23 ziriwe zinyuranamo hagati y'umujyi wa Uvira na Kamanyola. Amakuru aturuka muri Congo akaba yemeza ko izo modoka zari ziriwe zitwara abarwanyi ba nyuma ba RDF/M23 bari barasigaye mu mujyi wa Uvira ; abo barwanyi bakaba biyemeje kuva muri uwo mujyi burundu nyuma y'igitero gikomeye cyakozwe na drone yarashe ku kabari kitwa «Blue cut» gaherereye muri Uvira ahitwa «Kalundu». Ako kabari kakaba kari gateraniyemo inama y’abarwanyi bakuru ba RDF/M23.

madame LINDA wa RDF/M23 wayoboraga Uvira yapfiriye mu kabari ka "Blue Cut"

Mu ibaruwa Bwana Nangaa yangikiye umunyamabanga mukuru wa Loni uyu munsi, yavuze ko abarwanyi ba RDF/M23 bavuye mu mujyi wa Uvira kuri iyi taliki ya 15/01/2026, mu gihe uwo Nangaa yari yarandikiye ONU ibaruwa ku italiki 12/12/2025 ivugako abarwanyi ba RDF/M23 biyemeje kuva mu mujyi wa Uvira bitarenze taliki ya 15/12/2025 nk’uko babisabwe na Leta zunze ubumwe z’Amerika (USA) ! Leta  ya Congo ntabwo yigeze yemera ko abo barwanyi ba RDF/M23 bavuye mu mujyi wa Uvira, none Nangaa akaba yinyuzemo nawe akemeza ko batigeze bava mu mujyi wa Uvira ! Ese ubu bwo abivuze leta  ya Congo irabyemera ?

Amakuru agaragara ku mbuga nkoranyambaga yemezako RDF/M23 itavuye mu mujyi wa Uvira, ahubwo ko amakamyo y’uwo mutwe yiriwe atwara imirambo n’inkomere z’abarwayi bawo biciwe mu gitero cyabaye ku kabari ka « Blue Cut » kari muri Uvira. Icyo gitero kuri ako kabari kikaba cyarakozwe n’indege ya drone abarwanyi bakuru 49 ba RDF/M23 bari mu nama yabereye muri ako kabari bose bagahita bapfa ; barimo abasilikare bakuru 8 b’ingabo z’u Rwanda RDF n’umuyobozi w’umujyi wa Uvira washyizweho n’izo nyeshyamba Madame Linda nawe wari muri iyo nama. Mu gukura abarwanyi babo bakomeretse n’abapfuye mu mujyi wa Uvira, RDF/M23 yashatse gushinga ibirindiro byayo ahitwa SANGE ngo abe ariho ibashyira ariko isanga Wazalendo iri hafi aho, bituma bahava berekeza i Kamanyola!

Ibisobanuro by’aya makamyo bigaragara mu ibaruwa Nangaa yandikiye ONU, aho yavuze ko uyu munsi bavuye mu mujyi wa Uvira, ariko umuntu akaba yakwibaza igihe bawugarukiyemo kandi baravuze ko bawuvuyemo mu mpera z’umwaka ushize ! Nangaa avuga kandi ko ingabo z’u Burundi, Wazalendo, FDLR n’abacancuro aribo bagiye gufata umujyi wa Uvira kandi abo bose bakaba batarebwa n’amasezerano yo guhagarika intambara bagiranye na Congo, akaba ariyo mpamvu asaba ko uwo mujyi wajyamo ingabo zidafite aho zibogamiye za Monusco ! Aha Nangaa yibagiwe ko umutwe ahagarariye wa RDF/AFC/M23 wabwiye Loni ko udashaka ingabo za Monusco muri Congo !

Iyi baruwa ya Nangaa irashimangira amakuru ava ku rugamba yemeza ko muri iyi minsi abarwanyi ba RDF/M23 bamerewe nabi ku rugamba, bari gutakaza abarwanyi benshi bakuru abandi bakishyira mu maboko y’ingabo za Congo FARDC. Ikindi kibazo gikomereye RDF/M23 ifite ni ugusobanura impamvu ikomeje kurwana kandi yarashyize umukono ku masererano yo guhagarika intambara, igashyira intwaro hasi maze abarwanyi bayo bakajya mu buzima busanzwe.

Kugeza ubu leta  ya Congo cyangwa ONU nta numwe uragira icyo avuga kuri iyi baruwa ya Nangaa.

Veritasinfo.  

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article