Igisirikare cya Kagame cyagize ihame mu kunyereza abantu noneho abarimu ba kaminuza nibo batahiwe

Publié le par veritas

 

Kagame-fusil.pngAmakuru agera ku kinyamakuru Umuvugizi, aremeza ko abambari ba Perezida Paul Kagame banyereje mu minsi ya vuba umwarimu muri kaminuza nkuru y’u Rwanda i Butare, Havugintwari Lambert. Umugore we akaba yaritabaje inzego zitandukanye zikoreshwa na Kagame, atabaza ashakisha aho umugabo we aherereye n’icyo bamutwariye, ariko zikaba zikomeje kumurindagiza.   Igisirikare cy’u Rwanda gifite ubunararibonye mu bikorwa nk’ibyo nicyo gitungwa agatoki.

Nk’uko ikinyamakuru umuvugizi cyabitohoje, Havugintwari Lambert, umaze imyaka itanu yigisha muri kaminuza nkuru y’u Rwanda ari naho yize, akaba yari n’umusemuzi wihariye wa Lwakabamba, umuyobozi wa UNR, yanyerejwe mu mugoroba wo kuya 9 Gashyantare 2011. Ashimutirwa mu mujyi wa Huye i Butare. Ashimutwa hamwe na terefone ze zigendanwa eshatu zakoreshaga imiyoboro uko ari itatu y’itumanaho ikoreshwa mu Rwanda, anashimutanwa n’imashini ye ya mudasobwa  igendanwa  ndetse n’imodoka ye.

Ayo makuru akomeza avuga ko  umugore we yakomeje kugerageza gutelefona telefone ze zose zigendanwa, zose asanga  zifunze. Igicuku kinishye yatangiye kugira ubwoba yibaza uko byagendekeye umugabo we utari usanzwe afite imico yo gufunga terefone ntacyo amumenyesheje. Nibwo umugore yigiriye inama yo gutabaza polisi. Arabyuka mu ma saa cyenda za nijoro ajya kuri station ya polisi mu karere ka Huye. Nibwo yahasanze imodoka y’umugabo we ariko we ntiyamubona kimwe na terefone ze ndetse na mudasobwa nabyo ntiyabibona. Bucyeye umugore w’uwo mwarimu, maneko za polisi zo mu karere ka Huye zamuhaye imfunguzo z’imodoka y’umugabo we,  zimutegeka  kuyitwara  akayivana kuri polisi, nawe arabikora. Uwo mugore atangira  gushakisha yitabaza inzego zitandukanye zirimo na Perezida  Kagame  amaso yaheze mu kirere.  Zimwe mu nzego  yitabaje zamubereye imfura zimubwira ko umugabo we yatwawe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare, ko bo ntacyo babikoraho.

Uretse inyerezwa ry’uyu mwarimu na nyuma y’aho  na Kaminuza yakoreraga ikaba yararuciye ikarumira,  muri iyi minsi ikinyamakuru Umuvugizi cyamenye kandi ko hirya no hino mu gihugu, cyane cyane muri Cyangugu, naho hari abantu benshi bakomeje kunyerezwa urusorongo guhera mu kwezi kwa Kamena mu mwaka wa 2010, ubwo mu Rwanda hategurwaga ingirwamatora y’umukuru w’igihugu.

Abantu nk’aba banyerezwa n’ingoma ya Kagame hagashira iminsi ingana kuriya, ugize amahirwe ntibamukubite agafuni, abahungu batojwe iyicarubozo baba barabakoreye ibya mfura mbi.

Kunyereza abantu mu karere ka Huye bigenda bisa nk’umuhigo. Muri Nyakanga mu  mwaka wa 2010, nibwo uwari Visi-Perezida w’ishyaka rya politiki Green Party Kagwa Andre yashimuswe muri ako karere, bucyeye bamusanga inkoramaraso za Kagame zamucyegese ijosi. Uko kunyereza abantu  mu Rwanda bigenda bifata intera, amaherezo abayobozi bazabishyira mu mihigo babihigire shebuja Kagame!

Ikirezi

 

Dore ibaruwa umufasha wa Havugintwari Lambert yandikiye Perezida wa Repubulika ku mpamvu zijyanye n’iri shimutwa


 

 

(source: umuvugizi )

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
K
<br /> <br /> Yooo! Kazura we! Ngo ibyiza byinshi amahanga aha agaciro! jya ukurikira umenye aho ibintu bigeze! Iriya raporo ya Loni yitwa Mapping buriya ni ibyiza biha kagame agaciro!! Ariko uzi impamvu<br /> bayisohoye yari imaze igihe ibitse?<br /> <br /> <br /> Kadhafi uriya urimo araswa n'abafaransa nta mwaka urashira yakiriwe mu bufaransa nk'inshuti, ndetse na Stroskan w'umufaransa yasohoye raporo avuga ko Ubukungu bwa Kadhafi aribwo bwifashe neza!<br /> Uko bimugendekeye rero ni ko n'abo urimo uvuga ngo barabashima bizagenda!!<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
M
<br /> <br /> Tujye twizera inzego zacu zishinzwe umutekano kuko zikora akazi kazo neza kandi zikorana ubushishoozi bwinshi. Abashyusharugamba bakunze no guhimba ibintu murajye mubitondera kuko nta cyiza namba<br /> bajya bemera.Igihugu cy'urwanda nta bushimusi bujya buhakorerwa ahubwo, n'ugerageze kubikorera hanze y'igihugu agahungira murwanda arafatwa vuba cyane akagezwa imbere y'inzego zibishinzwe.<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
M
<br /> <br /> Kabisa rwose « Rien ne se perd dans la nature , tous se<br /> transforment » uyu mugabo yar’azi k’ibyo akora bitazapfa bimenyekanye  none aranze arafashwe. Reka turebe icyo ubutabera buzakorera uriya mwarimu<br /> icyaha akekwaho nikiramuka kimuhamye. Gusa umugore we  yihangane, amategeko agomba kubahirizwa. Twemere ko uwakosheje azajya ahanwa, uwakoze ibyiza<br /> agahembwa.  <br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
G
<br /> <br /> Munyeshonga bizabagora kurengera leta ikora gutyo! None se ifunga nkiryo , cyangwa iperereza nkiryo urumva rijyanye n'igihe tugezemo cyangwa igihugu cyiyubashye! Kuki batamubwira aho umugabo<br /> afungiye! Ni uko mwishe Cyiza maze mujya ku maradio ngo yasanze interahamwe zene wabo muri Congo! Burya rero ngo uwububa abonwa nuhagaze! ibyo byose mukora bizabgiraho ingaruka byanze bikunze!<br /> Rien ne se perd dans la nature , tous se trasforment"!!!<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
M
<br /> <br /> Umwanditsi w’iyi nkuru ashobore kuba afite ikibazo gikomeye mu mutwe, kuko sinzi aho ahera avuga ko uriya mugabo  yashimuswe. Ariko ntawa murenganya<br /> kuko gusebya reta yacu , n’umuyobozi wayo bimuhesh’umugati.<br /> <br /> <br /> Wavuga gute ko umuntu bamushimuse, kandi inzego z’umutekano zibwira umugore we k'umugabo we ari mu maboko yazo.  Iperereza rimukorwaho niri musanga<br /> ari umwere, baza murekura asange urugo rwe,  ibyo akekwaho ni bimuhama  ubutabera buza kor’akazi kabwo.<br /> Murekere gusebya perezida wacu, ntana kimwe kizatuma tu mwanga. Muragenda  mukic'abantu mwarangiza mukabimugerekaho, ariko bikanga bikabapfan’ubusa,<br /> rero rwose  murarushwa n’ubusa ,ntana kimwe kizatuma tumwanga.<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre