RDC-Rwanda : Impunzi z’abanyarwanda muri Kivu y’amajyaruguru ziratabaza kubera ibitero ziri kugabwaho !
Kuva kuwa kane taliki ya 09/06/2016 kugeza ubu twandika iyi nkuru impunzi z’abanyarwanda ziri muri Kivu ya ruguru ziri kunyanyagira mu mashyamba ari muri ako karere naho izindi mpunzi zikaba zapfuye kubera ibitero ziri kugabwaho n’ingabo za FDLR nk’uko izo mpunzi zibyivugira. Ari impunzi z’abanyarwanda ziri muri Kivu ya ruguru ziri kugabwaho ibyo bitero ari n’impunzi z’abanyarwanda ziri hirya no hino ku isi nta numwe murizo ubona neza impamvu abasilikare bagomba kurinda izo mpunzi aribo bari kuzirasa ! Nta nubwo kandi babona igishobora guhagarika ibyo bitero bihanganishije abasangiye gupfa no gukira ! Kugeza ubu impunzi ziri muri Kivu y’amajyepfo ziratuje nubwo nazo zavuze ko zitandukanyije na FDLR zikajya mu ishyaka rya CNRD-Ubwiyunge !
Ubwo ku italiki ya 31/05/2016 hasohokaga itangazo rivuga ko Col.Wilson Irategeka n’abo bafatanyije bitandukanyije na FDLR bagashinga ishyaka rya CNRD – Ubwiyunge, hakurikiyeho andi matangazo yagaragazaga uburyo imitwe inyuranye y’ingabo ndetse n’impunzi z’abasivili muri Kivu zombi zishyigikiye ishyaka CNRD Ubwiyunge. Amatangazo menshi kandi akaba yarashimaga uburyo ingabo zibarinze zagaragaje ubunararibonye zikirinda gusubiranamo ngo zirasane hagati yazo ! Icyo kizere ariko nticyamaze kabiri kuko kuva kuwa kane taliki ya 09/06/2016 ingabo za FDLR zatangiye kugaba ibitero ku mpunzi zivuga ko zagiye mu ishyaka CNRD-Ubwiyunge. Amakuru « veritasinfo » ihabwa n’izo mpunzi ndetse n’ava mu itangazamakuru rinyuranye no ku mbuga nkoranyambaga aragaragaza ko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki ya 13/06/2016, ibitero bikomeje kugabwa ku mpunzi z’abanyarwanda zo muri Kivu y’amajyaruguru !
Bamwe mu mpunzi ziri mu mashyamba ya Congo muri Kivu y’amajyaruguru zagejeje kuri « veritasinfo » amakuru y’uko ibyo bitero biri kugabwa n’ingabo ziyobowe na Byiringiro Victor umuyobozi wa FDLR ; Mudacumura Sylvestre umuyobozi wa FOCA (Ingabo za FDLR) na omega uyobora ingabo za FDLR muri Kivu y’amajyaruguru. Izo mpunzi ziremeza ko ibyo bitero byakajije umurego kuva aho Mudacumura ashingiye ibirindiro bye ahitwa KIYEYE muri Kivu y’amajyaruguru ; akaba ari kugaba ibitero ku mpunzi ziri mu duce twa BUSESA, KITUNDA, KAMODOKA, GIHISHAMWOTSI na FARINGO ; utwo duce twose tukaba turi muri Groupement ya BWITO. Inyinshi muri izo mpunzi zikaba ziri guhungira mu mashyamba zerekeza i MASISI.
Bitewe ni uko ibitero byinshi biri kugabwa kuri izo mpunzi n’ijoro hari impunzi nyinshi zahungiye mu tundi duce tutaramenyekana ; umwe mu bayobozi b’impunzi muri Kivu y’amajyaruguru yabwiye « veritasinfo » ko impunzi zimaze kunyanyagira mu mashyamba kubera ibyo bitero zirenga ibihumbi 45 ! Hari imiryango y’impunzi yaburanye n’ababo kugeza ubu bataramenya aho baherereye cyane cyane abana n’abagore. Amakuru yemezwa n’impunzi nyinshi yemeza ko hari impunzi nyinshi zitabye Imana zirohamye mu mugezi witwa MWESO bitewe no guhunga n’ijoro.
Intabaza ya Madame Agnès Ayinkamiye uri gutabariza impunzi zimerewe nabi !
Madame Agnès Ayinkamiye uri mu mashyamba ya Congo muri Kivu y’amajyaruguru yaganiriye n’umunyamakuru Serge wa radiyo itahuka atanga amakuru arambuye kuri ibi bitero biri kugabwa ku mpunzi z’abanyarwanda. Madame Ayinkamiye avugako impunzi nyinshi zagiye zihirima ku ntare z’amabuye zihunga zikavunagurika, Ayinkamiye avuga ko impunzi zigabwaho ibitero n’ingabo za Byiringiro. Madame Ayinkamiye avuga ko ikibazo cyateye ako kaga barimo cyaturutse mu bwumvikane bucye bw’ubuyobozi bitewe n’ikibazo cyo kubarura impunzi batavuzeho rumwe. Madame Ayinkamiye avuga ko nta macakubiri y’uturere ari mu mpunzi kuko nawe avuka mu gice cy’amajyaruguru y’igihugu; yemeza ko ingabo n’abasivili bavanze kuko baturuka mu turere twose tw’u Rwanda.
Ikibazo gikomeje kwibazwa n’abantu benshi : ni uburyo ingabo zari zishinzwe kurinda impunzi arizo zizirasa, nta n’umuntu numwe ubona aho igisubizo cyo guhagarika ibyo bitero kizaturuka. Agahinda ni kenshi cyane mu banyarwanda banyuranye kubera iryo subiranamo ryavutse mu mpunzi zo muri Congo. Abakurikiranira hafi ibibera mu karere bafite impungenge z’uko amakimbirane ari hagati ya Gén. Byiringiro uyobora FDLR na Col. Wilson Irategeka uyobora CNRD Ubwiyunge ashobora kuzarangira nk’uko byagenze mu mutwe wa M23 ubwo ingabo zari zishyigikiye Bosco Ntaganda zasubiranyemo n’iza Makenga bikarangira Ntaganda yishyize mu maboko y’ubutabera naho Makenga agatsindwa urugamba!
Turakomeza gukurikiranira hafi makuru y’impunzi zo muri Congo
Ikiganiro kirambuye cya Serge n'Ayinkamiye
Ubwanditsi