Umunyamakuru Gatera Stanley yahamijwe icyaha kitabaho mu mategeko y'u Rwanda !

Publié le par veritas

 

http://www.igihe.com/local/cache-vignettes/L453xH431/arton29632-e7ea8.jpg

                                               Umunyamakuru Gatera Stanley

[Ndlr:Tumenyereye ibihano bidasobanutse bitewe n'amategeko adasobanutse atangwa n'ubucamanza budasobanutse bw'agatsiko-sajya : nk'icyaha cy'ingengabitekerezo,kwangisha abaturage ubuyobozi,guhungabanya umudendezo w'igihugu... ariko twari tutarabona icyaha cyo "Gupfobya igitsina gore no guteranya abagabo n'abagore"! Icyo cyaha ntaho cyanditse mu mategeko y'u Rwanda nta nubwo kizwi mu muco nyarwanda, niba umunyamakuru ahaniwe kwandika ibitekerezo byerekeranye n'ibyo abona biri mu muryango-nyarwanda ,urubanza rw'umunyapolitiki nka Mugesera Léo ruzacibwa rute? ]

 

Nyuma y’aho muri Kanama uyu mwaka umuyobozi w’Ikinyamakuru Umusingi aterewe muri yombi, akurikiranweho icyaha cyo gusohora mu kinyamakuru cye imyandiko byavugwaga ko irimo amacakubiri, yakatiwe gufungwa umwaka umwe no gutanga ihazabu y’ibihumbi 100 n’amafaranga 31,850 y’amagarama y’urubanza.

Mu isomwa ry’urubanza rwaberaga mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rukorera i Rusororo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Ugushyingo 2012, Umucamanza yavuze ko Gatera ahamwa n’icyaha cyo gukwirakwiza amacakubiri, gupfobya igitsina gore no guteranya abagabo n’abagore muri rusange.

Gatera yari yasabye ko icyaha kimuhamye yagabanyirizwa igihano, kuko ubundi yari guhanishwa gufungwa hagati y’imyaka 5 n’irindwi n’ihazabu iri hagati y’ibihumbi ijana na miliyoni imwe.

Nyuma y’isomwa ry’uru rubanza Gatera yatangaje ko yiteguye kujurira.

Tariki ya 28 Kamena 2012, Ikinyamakuru Umusingi nimero yasohotse ku itariki ya 28 Kamena kugeza ku ya 5 Nyakanga 2012 hasohotsemo igitekerezo kivuga ngo “Impamvu abagabo bahura n’ibibazo bakurikiye ubwiza bw’abakobwa bitwaga Abatutsi” yandikwa ku rupapuro rwitwa “Mbigenze nte”, yavugaga ku bijyanye n’urukundo.

Iyi nkuru ntiyashimishije umuryango wa “Pro-femmes Twese Hamwe” kuko yandikiye Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) basaba ko bakurikirana umuntu wayanditse.

Avugana n’Itangazamakuru kuri iki kibazo nyuma y’uko iyi nyandiko isohotse, Gatera yavuze ko ari umunyamakuru wandika iby’urukundo wayanditse ko atari we wayanditse.

 

 

Source: igihe.com


Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article