u Rwanda nirukureho ibitera ubuhunzi naho kubabarira abakoze ibyaha ni ubuhendabana kandi guhunga si icyaha!
Bimaze kugaragarira abantu benshi ko ikibazo cy’impunzi z’abanyarwanda nikidakemuka mu mahoro bishobora kongera kugarura intambara y’amasasu mu Rwanda kuko amahanga arambiwe ubuhunzi bw’abanyarwanda. Ntabwo amahanga arambiwe gusa impunzi ahubwo afite n’impungenge z’uko nubu zikomeza kwiyongera kuko ubutegetsi bwo mu Rwanda bukomeje guhonyora uburenganzira bw’ibanze bwo kubaho mu mahoro kubanyarwanda, kutagira demokarasi, ubutabera busesuye ; kubuzwa uburenganzira bwibanze bwo kugira umutungo bwite harimo no kwicisha abaturage inzara : ubu hafi 85% by’abaturage bakaba barwaye indwara ya Bwaki itewe n’indyo nkene. Kubera ibyo bibazo byose biterwa n’ubuyobozi bubi bwitwaza ivangura ry’amoko no kugirira nabi abatabukomera amashyi bituma ubu abanyarwanda bakomeje guhunga, kuri ibyo byose hakiyongeraho ikibazo cyo gucecekesha abaturage ngo batavuga ibitagenda kuburyo ubu umunyarwanda abumbura umunwa gusa ari uko agiye kwivuza amenyo cyangwa gufata ifunguro yagize amahirwe yo kuribona !
Nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru by’abashinwa Xinhua mu nkuru yabyo yo kuwa 21/10/2011 ;leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iremeza ko izafata icyemezo gihamye ku mbogamizi zo gushyira mu bikorwa icyemezo leta y’u Rwanda yafashe cyo « kwambura abanyarwanda ubuhungiro » (la clause de cessation)kuva ku italiki ya 31/12/2011, mu gihe cyose Congo izaba isabwe kumugaragaro kubahiriza icyo cyemezo ; ibyo bikaba byaratangajwe na ministre wungirije w’ububanyi n’amahanga w’igihugu cya Congo Bwana Ignace Gata Mavita.
Icyemezo cyateguwe na leta y’u Rwanda cyo kwambura ubuhungiro impunzi z’abanyarwanda, cyumvikana y’uko umunyarwanda wese uzaba ari hanze y’u Rwanda atarasaba gusubira mu gihugu cye mbere y’iriya taliki yavuzwe haruguru azaba atakaje ubwenegihugu bw’ubunyarwanda.
Muri Congo harabarirwa impunzi z’abanyarwanda zigera ku 45.000 muri Kivu y’amajyepfo n’impunzi z’abanyarwanda zigera ku bihumbi 120.000 muri Kivu y’amajyaruguru. Bwana Mavita akaba yaragize icyo abwira abari mu nama mpuzamahanga yateranye kuwa kane taliki ya 20/10/2011 i kinshasa yigaga ku bibazo biterwa n’abarwanyi b’umutwe wa FDLR bari kubutaka bwa Congo mu gice cy’uburasirazuba bw’icyo gihugu, abari muri iyo nama bakaba barasabye leta ya Congo kugira icyo ivuga kuri icyo kibazo.
Bwana Mavita yamenyesheje abari muri iyo nama ko Leta ya Congo izasaba umunyamabanga mukuru wa Loni gushyiraho umuhuza uzafasha leta ya Congo gucyura impunzi z’abanyarwanda ziri mu gihugu cyabo zigataha iwabo. Abari muri iyo nama nabo bifuje ko umuryango mpuzamahanga wafasha mukumenyekanisha aho impunzi z’abanyarwanda ziherereye mu bindi bihugu kandi abari muri iyo nama bagaragaje ko impunzi z’abanyarwanda kubutaka bwa Congo ari ikibazo cy’umutekano mucye mu karere kose. Abari mu nama Kandi basabye ko leta y’u Rwanda yashyiraho itegeko ry’imbabazi rusange ku mpunzi z’abanyarwanda ziri muri Congo no mu bindi bihugu kugirango zishobore gutaha.