Abasilikare ba kuru ba Kagame barimo batekereza uburyo bwo guhindura itegeko nshinga ngo Shebuja Kagame azagwe kubutegetsi nkuko abyifuza !

Publié le par veritas

ingabo

 

Source : Umuvugizi

 

Inkuru ikinyamakuru Umuvugizi cyakuye ahantu hadashidikanywaho, irahishura ko mu nama iherutse kubera ku cyicaro cya minisiteri y’ingabo mu minsi ishize, aho perezida Kagame yahuriye na bamwe mu basirikare bakuru, mu nama ikunze kwitwa “ Army Council” , iyo nama yabaye urubuga rwo kwiga uburyo bavugurura itegeko nshinga, maze perezida Kagame akaziyongeza izindi manda ebyiri .

 

Nk’uko ayo makuru abivuga, icyifuzo cyo gutegura abo basirikare bakuru ko perezida Kagame agomba kongererwa izindi manda zigera kuri ebyiri ,cyatanzwe na Gen Ibingira Fred, cyiza gushyigikirwa na Gen Jack Nziza. Ariko ibyo byari ukujijisha, ayo makuru yemeza ko bari babiziranyeho na perezida Kagame mbere y’uko bagera muri Army Council . Bahisemo kubicisha kwa Gen Ibingira, nk’aho ariwe wazanye icyo cyifuzo.

Mbere y’uko icyo cyifuzo bakigeza ku basirikare bandi bakuru ,babanje kubahabura nk’abana batoya ,babasaba gushyira imbere inyungu z’igihugu mbere y’izabo. Banaboneraho umwanya wo kubasaba kwirinda kuvugana na bagenzi babo bahunze igihugu bise abanzi b’igihugu .

Ayo makuru anagaraza ko muri iyo nama, perezida Kagame yasabye abasirikare bakuru bari bateraniye aho, kutayoba bakinisha gukorana n’abatavuga rumwe nawe. Yababuriye ko uzafatirwa mu bikorwa nk’ibyo, azafatwa nk’umwanzi kandi akazakanirwa urumukwiriye.


Bemeje guhindura itegeko nshinga mu nyugu za Kagame!


Nyuma y’aho Gen Fred Ibingira yatanze icyifuzo yari yatumwe na nyir’ubwite ko amusaba kuzongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu nyuma y’umwaka wa 2017, bahinduye itegeko nshinga , Gen Jack Nziza yahise yunga murye, ashimangira ko aribyo. Yongeyeho ko bagomba kubikora umwaka utaha ugitangira. Yanasabye n’abasirikare bakuru bagenzi be gushyigikira icyo cyifuzo kuko abona ko perezida Kagame ariwe wenyine, wayobora u Rwanda kugeza magingo aya.

Abo basirikare bakuru nabo bahise babyemeza. Basabye abashinzwe “Inzego z’ubutasi” kurebera hamwe uburyo batangira kubyumvisha abanyapolitiki. Banabasaba ko banategura n’uburyo bagomba kuzajyana abaturage mu muhanda “bakigaragambya”, basaba perezida Kagame ko yakwongera kuyobora igihugu ,yongerewe manda, binyuze mu ivugururwa ry’itegeko nshinga.

Inzego z’ubutasi zikaba zigomba kurebera hamwe uburyo bagomba no kuzabitegeka ya mitwe yombi y’inteko ishinga amategeko ikoreshwa na Perezida Kagame. Iyo bigeze aha Kagame aba asa n’uwikoreramo dore ko yaba Mukantabana, Ntawukuriryayo, na Makuza bose ari udukingirizo, Tito Rutaremera akaba ariwe wemeza ikigomba gukorwa abitumwe na shebuja Kagame.

Mu gihe izo nteko zizabyemeza nk’uko biteganywa mu itegeko nshinga, iyo ngingo yo kuvugurura manda ya perezida wa Repubulika itorwa n’abaturage binyuze muri kamarampaka . Uburyo amatora yo mu Rwanda aba by’umuhango birazwi. Iyo Kamarampaka izaba ari iya nyirarureshwa, mu gihe bazaba bamaze gutegura abaturage babajyana mu muhanda kugaragaza ko bashyigikiye ko perezida Kagame yakongererwa izindi manda zigera kuri ebyiri. Iyi ngingo y’itegeko nshinga ivuga manda ya perezida wa repubulika, niyo kugeza magingo aya yari itarakorwaho mu itegeko nshinga rya 2003 kubera ko isaba kamarampaka.


Johnson, Europe. 

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
B
<br /> <br /> Ikinyamakuru Causette kiratangaza ko cyibwe amakuru y’ubuhamya n’ubushakashatsi bigaragaza ko Ingabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise<br /> zahohoteye Abanyarwandakazi.<br /> <br /> Muri iki gitondo ibinyamakuru, amaradiyo n’amateleviziyo byo mu gihugu cy’u Bufaransa byavuze ku nkuru bita ko ari iy’akababaro y’iyangizwa n’iyibwa ry’inyandiko (données) z’ikinyamakuru cyitwa<br /> Causette, zagombaga gusohoka mu nimero yacyo y’uku kwezi, biturutse ku kuba hari harimo amakuru agaragaza ibimenyetso simusiga byemeza ko ingabo z’Abafaransa zari mu cyitwaga Zone Turquoise mu<br /> gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 zaba zarahohoteye Abatutsikazi.<br /> <br /> Ibi bije mu gihe muri Kamena uyu mwaka aribwo Abanyarwandakazi batatu bafashe umwanzuro wo kujyana ikirego mu rukiko rwa gisirikare rw’u Bufaransa bashinja ingabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda mu<br /> gihe cya Jenoside ku byaha byibasiye inyoko muntu no kuba barifatanyaga n’imitwe y’abagizi ba nabi mu bikorwa babaga bategura byo kwibasira inyoko-muntu cyane cyane ibyo baba barakoreye muri Zone<br /> Turquoise.<br /> <br /> Ibi bikaba ngo aribyo byatumye ibinyamakuru bitandukanye bihagurukira gukora ubushakashatsi kuri iki kibazo.<br /> <br /> Ikinyamakuru gisohoka buri kwezi cyitwa Causette cyateganyaga gusohora inyandiko zikubiyemo ibyavuye mu bushakashatsi bakoze (Enquête) ku buryo ngo uwashingira ku byari byabonetse mu gihe<br /> bakoraga icyo cyegeranyo, yakwemeza ko ingabo z’Abafaransa zahohoteye Abanyarwandakazi b’Abatutsi kandi zikanashyigikira n’abakoraga ibikorwa nk’ibyo.<br /> <br /> Urubuga rwa internet rwo mu gihugu cy’u Bufaransa rwa lefigaro.fr ruti “Causette yangirijwe amakuru kubera u Rwanda ’’, mu gihe ibindi bitangazamakuru byinshi byo muri iki gihugu byibanze ku<br /> kuvuga ko Abasirikare b’u Bufaransa bashinjwa kuba barakoze ihohotera mu Rwanda, aha twavuga nka televiziyo ikomeye cyane izwi ku isi yose France24. Binyujijwe ku rubuga rwa internet rwayo,<br /> France24 irashimangira ko ubuhamya bushya bugaragaza ko ingabo z’Abafaransa zakoze zafashe abagore n’abakobwa ku ngufu mu Rwanda.<br /> <br /> Ibi ariko n’ubwo aribyo birimo gucicikana mu bitangazamakuru byo mu gihugu cy’u Bufaransa biraherekezwa n’inkuru bita ko ari mbi y’iyibwa ry’ibyari byavuye muri icyo cyegeranyo cyakorwaga<br /> n’igitangazamakuru Causette kigomba no gusohoka mu nimero yacyo y’uku kwezi.<br /> <br /> Aya makuru yaba yaribwe mu buhe buryo ?<br /> <br /> Grégory Lassus, Umuyobozi w’iki kinyamakuru yagize ati : ” Twe nk’igitangazamakuru dufatanije n’abanyamakuru bacu twakoze ubushakashatsi, dukora icyegeranyo muri rusange hifashishijwe uburyo<br /> busanzwe bukoreshwa, nk’ubutumwa twagiye twakira binyujijwe mu murongo wa internet (emails), amabaruwa harimo n’ayaturukaga hanze, n’ibindi. Ariko mu gihe twari hafi kujyana ikinyamakuru mu<br /> icapiro, twamaze no kwakira amafaranga y’abasomyi bacu n’indi myiteguro yose ikorwa mbere y’uko ikinyamakuru gisohoka, twabonye inyandiko zacu zose zaribwe ndetse n’izo twari tubitse ku buryo<br /> bw’ikoranabuhanga twumvaga ko ntacyo zishobora kuba twasanze nta bigihari byose uko byakabaye byarasibwe mu bubiko bwose (Emails na Serveur). Ariko natwe twitabaje inzobere zikomeye mu<br /> ikoranabuhanga zirabigarura ku buryo iyi nimero yacu yasohotse ntacyo twari twateguye na kimwe kitarimo“.<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre