u Rwanda rumeze nkaza mva Yezu yavuze, bubaka neza maze bakaziraba ingwa yera kandi imbre zaraboze !

Publié le par veritas

Rwanda.pngNdlr : Nitureke gushinyagura no guta igihe,hari gahunda nyinshi za leta y’u Rwanda zagiye zishyirwa mu itangazamakuru rinyuranye ryamagana umugambi mubisha wo kwicisha abaturage inzara no kubakenesha nkana maze Leta ya Kagame Paul igatera hejuru ngo igihugu kigeze ku ntera ihanitse mu mamajyambere bitewe ni uko abagize agatsiko kari ku ngoma bari kubaka amazu ya rutura, terefoni zikomeye n’imodoka nziza cyane byose babikuye mu mitsi y’umuturage banyunyuza utwe bongeza imisoro,ahasigaye bakajya kwica abanyarwanda n’abakongomani muri Kongo bagasahura amabuye y’agaciro mu nyungu zabo maze imihanda ya Kigali bakayikoropa nk’iy’i burayi, bagafata amafoto bakohereza hanze ngo « ngwino urebe » ! Muri make u Rwanda rumeze nkaza mva Yezu yavuze, bubaka neza maze bakaziraba ingwa yera kandi imbre zaraboze ! Ntabwo kwirukana abaken mu mujyi aribyo bikuraho ubukene , kubwira polisi ngo nifunge cyangwa ihane umuntu wiriwe kuzuba n’uruhinja rwe asabiriza ni ugusetsa uvuye guta nyina , umupfu wamuhanisha urupfu ? None ngo aba basabiriza bari mubucuruzi bw’abana !! Oya leta ya FPR na Kagame nibashyire ubwenge ku gihe naho ubundi rubanada irababaye !

 

Hari hashize igihe gito havuzwe ubucuruzi bw’abantu aho tariki ya 16 Mata uyu mwaka Polisi y’Igihugu yerekanye abagabo 6 bakekwagaho icyo gikorwa cyo gufata abana b’abakobwa bakabajyana mu bihugu byo hanze gukoreshwa imirimo igayitse harimo uburaya abandi bagakoreshwa imirimo yo mu rugo no mu tubare, si ibyo gusa ariko kuko ubu noneho hari ubundi bucuruzi bwatangiye kugaragara.

 

Kuri ubu iki kibazo cyagaragaye no ku bana bato aho batizwa cyangwa bagakodeshwa abantu basabiriza bakabirirwana mu mihanda basabiriza bashaka ko babona amafaranga utubutse, kuko ngo abagiraneza bita cyane ku mwana uri mu muhanda kuruta nyirawe. Ku bw’ibi byatumye tujya ku muhanda aho bamwe basabiriza bakunze kuba bari tuganira nabo badutangariza impamvu nyamukuru ituma baza gusabiriza. Umusaza Gashema Stefano ni umwe mu bo twaganiriye, uvuka mu Ntara y’Uburengerazuba yadutangarije ko impamvu yaje ari uko afite umuryango w’abana 4 n’umugore kandi ntabushobozi afite bwo kubatunga, ndetse ngo n’ubuyobozi bwo mu nzego z’ibanze ngo zamwimye ubufasha bityo abona ko yagikemura akoze akazi ko gusabiriza.

 

Twamubajije ikibazo kivugwa cy’abantu bakodesha abana ngo babirize ku muhanda avuga ko we atabizi, kuko n’abo biriranwa ku muhanda abona babonsa kandi azi ko ntawakonsa umwana utari uwe. Aha ku muhanda kandi twahasanze abashinzwe umutekano birukanaga abasibiriza babasaba kuva ku muhanda batangariza IGIHE ko aba bantu, abenshi baba bakomoka mu ntara zitandukanye ku buryo n’iyo inzego z’umutekano zifashe umwanzuro wo kubasubizayo batamara igihe kirekire mu cyaro.Naho ku kibazo cy’abakodesha abana aba bashinzwe umutekano batangaje ko hari aho bigaragara, kuko iyo bakoze iperereza bagasanga abo basabiriza nta bana bafite iwabo mu ngo, ikindi ni uko ngo iyo bakoze umukwabo kuko bamwe baba batibuka ko bazanye abana hari igihe babata ku muhanda abashinzwe umutekano bakabandurura, ibi ngo bikaba bigaragaza ko baba babakodesheje.

 

Ikindi ni uko iyo uhageze hari igihe usanga umwana yari afite ejo asabiriza usubirayo ugasanga atari we yagarukanye, cyangwa nyuma y’umwaka ugasanga agifite uruhinja ukibaza niba umwana adakura bikakuyobera. Mu kumenya neza uko iki kibazo kimeze twavuganye n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda supt. Théos Badege, avuga ko iki kibazo cyo gukoresha abana mu gusabiriza kigaragara ku babyeyi bohereza abana babo ku mihanda ariko iyo bafashwe bahanwa nk’abanze kurera abana. Naho kubatira cyangwa bakabakodesha yavuze ko bitaramenyekana neza ariko nabo baramutse bafashwe bahanishwa ibihano nk’ibihabwa umuntu wakoze icyaha cyo gucuruza abantu.

 

Source : Igihe

 

 

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
N
<br /> Kuva mu mpera z’icyumweru gishize leta ya FPR yatangiye igikorwa cyo kugaburira abafungwa ibiryo<br /> yise ibyo “mu ruganda”. Muri gereza zatangiriweho harimo na Gereza ya Gitarama, ariko nkuko amakuru ahaturuka abyemeza ngo kuva batangira kurya ibyo biryo ku munsi wo kuwa gatandatu tariki ya 15<br /> Nyakanga 2012 kugeza uyu munsi tariki ya 17 ngo ibyo biryo bimaze guhitana abagera kuri barindwi abandi bakaba bari mu bitaro bari kuvurwa.<br /> Uwaduhaye amakuru ariko utashatse ko tumuvuga amazina ye kubera impamvu z’umutekano we yatubwiye ko<br /> abo bahitanwe n’ibyo biryo bafashwe bacibwamo bikomeye ku buryo banitumaga amaraso, ikindi ngo ni uko ibyo biryo biba bitanahiye cyane cyane ko ngo bigaragara ko n’uburyo biteguwemo buteye<br /> amakenga. Yagize ati « turatekereza ko ibi biryo bishobora kuba byaratekeshejwe “produits”cyangwa indi myanda idahuje n’imikorere n’imimerere y’umubiri w’umuntu akaba ariyo mpamvu birimo gutera<br /> ingaruka zikomeye harimo no kwambura abantu ubuzima”.<br /> Twamubajije niba nta ngamba zafashwe n’ubuyobozi bwa gereza ya Gitarama atubwira ko guhera ejo<br /> hashize ni mugoroba nyuma yaho abafungwa bamaze kubona ko bagiye gushirira ku icumu batangiye kwanga kurya ibyo biryo, maze ubuyobozi bwa gereza bwabona ko ibyo bintu biri bubyare ikibazo<br /> gikomeye nibiramuka bimenyekanye maze ngo bubatekera ibigori bisanzwe. Gusa ngo impungenge ni zose kubahafungiye ku buryo abashobora kubona uburyo batumaho imiryango yabo ngo ubu barimo gutabaza<br /> kubera impungenge zo kuburira ubuzima mu iriya gereza bazize ibiryo “by’ibikorano”.<br /> Reka twibutse abantu ko n’ubundi mu minsi yashize havugwaga inzara ikomeye muri za gereza zo mu<br /> Rwanda aho ngo ibyo kurya byo gutekera abafungwa byavugwaga ko byabuze ku buryo muri gereza zimwe abahafungiye bari bahawe uruhushya rwo gutuma ku miryango yabo ngo bababazanire ibyo guteka, ibi<br /> bikaba byaravuzwe cyane muri gereza ya Mpanga.<br /> Twizere ko ibyo biryo biri guhitana ubuzima bw’abantu biri buhagarikwe kandi ba nyiri izo nganda<br /> bagakurikiranwa ku bw’impamvu z’ingaruka z’izo ngirwa biryo. Twizere kandi ko ibyo biryo ababikoze batari bari mu igerageza kuko abafungwa ataribo bakwiriye kugeragezwaho ikintu runaka kandi<br /> gishobora no kubambura ubuzima.<br /> Source:Rwanda in Liberation Process<br />
Répondre