France: Perezida mushya Emmanuel Macron yatangiye imirimo akimara guhererekanya ububasha na François Hollande
Igihugu cy'Ubufaransa gifite imbaraga nyinshi mu bukungu, igisilikare n'ikoranabuhanga, akaba ari kimwe mu bihugu bifite ubudahangarwa (droit de veto) mu muryango w'abibumbye. Igihugu cy'Ubufaransa kikaba gihagaze ku mwanya wa gatanu ku isi mu rwego rw'ubukungu! Nubwo bimeze gutyo ariko Ubufaransa bufite imbaraga zirenze izo tuvuze hejuru mu rwego rwa politiki ku isi n'umuco; ibyo byombi akaba aribyo bituma umuperezida uyobora Ubufaransa aba atezweho byinshi n'abaturage b'abafaransa kimwe n'abandi baturage batuye isi yose.

"Veritasinfo" ikaba yabahitiyemo amakuru ya televiziyo y'abafaransa France 2, yateguye incamake y'umuhango wo guhererekanya ububasha hagati ya Perezida Emmanuel Macron na François Hollande kuri iki cyumweru taliki ya 14 Gicurasi 2017, uyu muco mwiza wo guhererekanya ububasha ku mwanya w'umukuru w'igihugu mu mahoro ukaba uba ahantu hacye cyane ku isi.