Abagande ni imbwa, Museveni agomba kujya muri gereza aho kwicara mu ngoro y’umukuru w’igihugu (Donald Trump).
Umukandida ku mwanya wa perezida wa Repubulika wo mu ishyaka ry’abarepubulika mu gihugu cya Leta zunze ubumwe z’Amerika Bwana Donald Trump yatangaje ko perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni agomba kujyanwa muri gereza aho kwicara mu ngoro y’umukuru w’igihugu.
Ubwo yari mu Ntara ya Caroline y’Amajyepfo aho ari gushakisha amajwi, Trump yafashe ijambo mu ruhame agaya kuburyo bukomeye abaturage ba Uganda bitewe n’uko batashoboye kugaragaza ubutwari ngo barengere uburenganzira bafite bwo guhabwa demokarasi yuzuye.
Bwana Trump yibukije ko amatora y’umukuru w’igihugu muri Uganda yaranzwe n’akajagari gakabije kuburyo ayo matora yabaye urwenya rwa mbere muri uyu mwaka ! Bwana Trump yavuze ko afite ikizere cyo kuzaba umukuru w’igihugu cya leta zunze ubumwe z’Amerika, kandi ko yizeza abamushyigikiye bose ko mugihe azaba ageze kuri uwo mwanya azafata icyemezo cyo guta muri yombi perezida w’umunyagitugu wa Uganda Yoweri Museveni kimwe n’umukuriye mukuba umunyagitugu Bwana Robert Mugabe perezida wa Zimbabwe, bombi akabafungira muri gereza bagomba kuzarangirizamo ubuzima bwabo!
Avuga ku gihugu cya Uganda Trump yagize ati : «kenshi, ntekereza ko abanyakenya bagerageza kugaragaza ubutwari bwabo iyo bagerageje kwibwa amajwi mu matora, barahaguruka bakarwanira uburenganzira bahabwa nk’abenegihugu biyubaha. Abagande bo ni imbwa. Igisasu kimwe cy’umwuka uryana mu maso kirabatatanya, amajwi yabo bakayiba; niyo mpamvu Museveni agomba kurangiriza ubuzima bwe muri gereza aho kwicara mu ngoro y’umukuru w’igihugu ».
Tromp yakomeje avuga ko yababajwe no kuba yarabonye abaturage ba Uganda bari kwiruka nk’intama mu gihe babaga bakubise abapolisi amaso. Trump yagize ati : «muri Uganda hari umuntu umwe gusa w’intwari kandi ukunda igihugu, uwo ntawundi ni umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Bwana Kizza Besigye, n’ubwo yari wenyine,yarwanye inkundura kugira ngo agaragaze ubujura bw’amajwi bwarimo bukorwa. Mubyukuri ntamatora yabaye muri Uganda kandi na Museveni ubwe arabizi ».
Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru «politics.co.ke» biragaragara ko umukandida Danald Tromp aramutse abaye umukuru w’igihugu cy’Amerika ashobora guhindura byinshi mu miyoborere muri Afurika ! Birazwi ko Museveni na Kagame bashyizweho n’Amerika, bashingirwa igiti na leta ya Bill Clinton, nta nubwo abayobozi b’icyo gihugu barwanya bivuye inyuma ubwicanyi bukorwa n’abo bayobozi bombi kandi nta nubwo Amerika ibafatira ibihano igihe bigundirije k’ubutegetsi, Perezida Obama avuga ko adashyigikiye abakuru b’ibihugu bahindura itegeko nshinga kugira ngo bigundirize k’ubutegetsi ariko Paul Kagame yarabikoze , perezida Obama araruca ararumira! Donald Trump ashobora guhindura imikorere nk’iyo maze abaturage b’Afurika bakazamuvuga ibigwi !
Ubwanditsi.