Rwanda : Navuze ko ibiri gukorerwa umuryango wanjye ntaho bitaniye na jenoside! (Adeline Rwigara)

Publié le par veritas

Ifungwa ry'umupfakazi Adeline Rwigara n'abana be ryakwitwa iki niba bbakomeje gushinjwa icyaha cyo kuvugira kuri  telefone?

Ifungwa ry'umupfakazi Adeline Rwigara n'abana be ryakwitwa iki niba bbakomeje gushinjwa icyaha cyo kuvugira kuri telefone?

Kuri uyu wa mbere taliki ya 16 Ukwakira 2017, saa tatu zuzuye, abacamanza binjiye mu cyumba cy’iburanisha. Urukiko rwatangiye iburanisha rubwira abaregwa ko muri ‘system’ hagaragara ko Anne na Diane Rwigara bombi bavutse mu 1981, basabwa kubanza kuvuga imyaka yabo. Diane yavuze ko yavutse tariki 06/08/1981 naho Anne tariki 16/09/1982.
 
Abunganira abaregwa batanze ingingo ko abakiliya babo bari kuburanishwa n’Urukiko rutabifitiye ububasha kuko umuntu aburanishwa n’Urukiko ruri hafi y’aho yafungiwe bwa mbere. Ingingo ya 99 na 100 zivuga ko inkiko zoze zo mu Rwanda zifite ububasha bwo kuburanisha imanza z’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo uretse urukiko rukuru n’urwa gisirikare. Kandi ukekwaho icyaha akaburanishirizwa ku rukiko ruri hafi y’aho uregwa afungiye. Bashingiye kuri izo ngingo abunganira abaregwa bavuze ko uru rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge nta bubasha rufite rwo kuburanisha abaregwa kuko bafungiwe i Remera, bityo ubu bajyaga kuba baburanira mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga cyangwa urwa Kacyiru.
 
Anne Rwigara avuga ko batafatiwe mu Kiyovu iwabo ahubwo bafatiwe kuri CID ku Kacyiru bityo ko hakurikijwe amategeko bakwiye kuburanishwa n’Urukiko rwaho. Abunganizi bavuze ko amategeko atubahirijwe bityo abo bunganira bakwiye guhita barekurwa kuko bakiri n’abere kugeza ubu. Ubushinjacyaha bwavuze ko iyi nzitizi ivugwa n’uruhande rw’abaregwa igamije nanone gutinza urubanza, ko itagomba guhabwa agaciro. Buvuga ko ingingo ya 99 itegenya ko bashobora kuregera urukiko rwose rwegereye aho uregwa yafungiwe kuko ngo mu manza nshinjabyaha nta kugenekereza bibamo. Bukavuga ko umushinjacyaha ari we uhitamo Urukiko rumwegereye aregera kandi bizorohera abaregwa kugezwa ku rukiko, akavuga kandi ko nta bimenyetso abaregwa bafite by’ibirometero biri hagati y’inkiko bavuga n’aho bafungiye.
 
Ubushinjacyaha buvuga ko abaregwa bakomeje gutanga inzitizi zidafite ishingiro bagamije gutinza urubanza rwabo. Asaba ko izi nzitizi ziteshwa agaciro iburanisha rigakomeza. Ubushinjacyaha buvuga ko izo ngingo z’amategeko buzemeranywaho n’abaregwa ariko butemeranya nabo uko bazihuza n’inzitizi. Ngo bari kuba bararenze ku mategeko iyo baregera Urukiko rukuru cyangwa urw’Ikirenga. Abunganira abaregwa bavuze ko inzitizi batanga zitagamije gutinza urubanza kuko ngo zikurikije amategeko kandi bagamije ko n’imyanzuro izaba iyakurikije. Me Buhuru ati “nta mucamanza ukorera mu wundi mucamanza. Bose ni abacakara b’amategeko ntabwo icyo umucamanza umwe yakoze undi yakigenderaho.”
 
Nyuma yo gusuzuma inzitizi zatanzwe n’abaregwa, Urukiko rwanzuye ko nta tegeko ryishwe haba mu gufatwa no kuregera uru rukiko rwisumbuye, rwanzura ko rutesheje agaciro inzitizi zatanzwe n’abunganira abaregwa. Ubushinjacyaha bwahise buhabwa umwanya ngo bushinje abaregwa bunagaragaza impamvu ari bo bakekwa. Ubushinjacyaha bwifuza ko igice kimwe cy’urubanza cyabera mu muhezo kuko bufite ‘Audio’ 20 zishinja abaregwa, kandi ngo zirindwi (7) muri zo zishyizwe ku karubanda byabangamira umutekano w’abazivugwamo. Ngo hari abazivugwamo bagikorwaho iperereza, bikaba nabyo byaribangamira. Ubushinjacyaha bwasabye ko no kwiregura kuri izo ‘Audio’ zirindwi byabera mu muhezo. Ubushinjacyaha bwasabye kandi ko abatangabuhamya bumviswe amazina yabo atashyirwa ku mugaragaro.
 
Ubushinjacyaha buvuga ko bamwe mu bavugwa muri izo ‘Audio’ ngo bashobora kugirirwa nabi n’abakekwaho ubufatanyacyaha n’aba baregwa. Ngo ni no kubangamira iperereza rikomeje. Me Gashabana wunganira Adeline Rwigara Mukangemanyi yahise avuga ko izo ‘Audio’ zitamenyeshejwe abaregwa ngo bazisobanureho {mu bugenzacyaha no mu bushinjacyaha}, bityo ko izo Audio zidakwiye kwakirwa kuko binyuranyije n’amategeko. Me Gashabana akaba yumva ikifuzo cy’Ubushinjacyaha atabona uko agisobanuraho kuko abona izo Audio bashaka kuzana mu rubanza zidakurikije ‘procédures.
 
Abunganira abaregwa kandi bavuze ko niba binabayeho uwo muhezo utabaho kuri Audio zirindwi gusa ahubwo wabaho kuri izo Audio 20 zose. Me Buhuru yavuze ko basabye ko  babanza kumvishwa izo ‘audio’ kugira ngo bazabone uko bunganira abakiriya babo bazi ibizikubiyemo. Ariko ngo ntibigeze bazihabwa. Yavuze ko bahawe uburenganzira ku zindi dossier ariko zo ntibazibona. Ngo abona baba bahubutse bemeye kumva izo audio, kuri bo ngo byaba ari ugutungurwa ukemera kuvuga ku byo utatekerejeho.
 
Me Buhuru yavuze ko izo Audio zose zateshwa agaciro niba zose zidashyizwe mu muhezo kuko ngo ntibifuza gutungurwa imbere y’abantu kandi ari abanyamwuga. Rumaze kumva impande zombi, Urukiko rwanzuye ko ‘Audio’ zirindwi muri 20 z’Ubushinjacyaha zishinja abaregwa ari zo zizumvwa mu muhezo. Mu cyumba cy’iburanisha ubu hagiye kumvwa zimwe muzi izo Audio 20 havuyemo ziriya zirindwi zizumvwa mu muhezo w’abaje gukurikirana iburanisha.
 
 Ibiregwa Adeline Rwigara Mukangemanyi
 
Ubushinjacyaha bwahise butangira busobanura impamvu busabira abaregwa gufungwa iminsi 30 by’agateganyo, buvuga ko umuntu wese ushinjwa guhungabanya umutekano w’igihugu akwiye kubiryozwa hatitawe kuwo ari we, igitsina, umuryango cyangwa ikindi. Berekanye Video y’uyu muryango bajya kuwuvana iwabo mu Kiyovu, aho batutse abapolisi ko ari interahamwe kandi ngo buri wese azi icyo interahamwe zakoze mu Rwanda, nyamara aba bapolisi ngo bari bafite mandat d’amener yemewe. Abaregwa bagiye bibutswa ibyaha baregwa n’ibyo bahuriyeho, icyo guteza imidugararo muri rubanda cyo ngo banagihuriyeho n’abandi bari mu Rwanda imbere mu gihugu no hanze yacyo bakiri gukorwaho iperereza.
 
Muri Audio imwe, Adeline Rwigara yabwiye uwitwa Mushayija ngo “aba bantu nta mbuto yo gutegeka bafite icyo bazi ni ukwica gusa”. Abaregwa kandi ngo barifatanyije bandikira Jeune Afrique ko Rwigara Assinapol yishwe kandi yishwe na Leta. Ibi ngo babikoze birengagije ko bandikiye Prime Insurance bemeza ko Rwigara yishwe n’impanuka. Mukangemanyi kandi ngo yongeye koherereza ‘Audio’ Mushayija amubwira ububi bw’Abatutsi anabamwangisha. Adeline Mukangemanyi kandi ngo yandikiye uwitwa Maman Teta amubwira ngo “iyi Leta ni iy’amabandi”.
 
Adeline kandi mu kwa 10/2016 yoherereje ‘Audio’ Thabita amubwira ko abantu bakwiye kwamagana Leta bakoresheje Voice of America (VoA) na BBC. Adeline kandi yoherereje ‘Audio’ uyu Thabita amubwira umugambi w’abarwanya Leta harimo no kwandika za ‘tracts’. Adeline ngo yandikiye kandi Thabitha amubwira ko we ari ikihebe, ko hari Jenoside iri imbere aha, ko igihugu ari icy’abasazi
 
Diane Shima Rwigara
 
Ku cyaha cyo guteza imvururu ngo yabikoze mu magambo y’impuha yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru, aho ngo yavuze ko ‘Abanyarwanda bahagurukira rimwe iyo bagiye kwica gusa. Ngo muri iki kiganiro yabwiye uwitwa Jean d’Amour ko naramuka amushyigikiye azakubitwa ifuni, avuga ngo yemeza ko abarokotse Jenoside bose babaye, ngo abantu bicwa abandi bakanyerezwa, ngo abantu nta mazi nta n’amashanyarazi bafite. Ibi byose ngo yabivugaga agamije kwangisha abaturage ubuyobozi buriho.
 
Aregwa kandi gukoresha inyandiko mpimbano mu gushaka imikono y’abo yifuzaga ko bamusinyira ngo atange candidature ye ku mwanya wa Perezida wa Republika. Ubushinjacyaha buvuga ko yabonye atabona abantu 600 mu turere twose {12 muri buri karere} agahitamo gusinyisha abantu abahimbira imikono, agashyiramo abatari mu Rwanda ndetse n’abapfuye. Diane ngo yafataga Sim-Cards akazandukuza ku bantu batandukanye ngo abone imyirondoro yabo akabasinyira, aba nabo ngo abenshi bahakanye ko bigeze bamusinyira.
 
Ngo hari ingo z’abantu yagiyemo arabandika ababeshya ko agiye kubashyira kuri Listi z’abatishoboye bazafashwa maze akabatanga muri iyo gahunda ye yo kwiyamamaza. Ubushinjacyaha bwavuze ko hari abantu 70 bagiye kuri Komisiyo y’Amatora bagahamya ko Diane Rwigara batamuzi kandi batamusinyiye mu gihe bagaragara mu bo yatanze ku rutonde rw’abamusinyiye. Imikono yabo ngo yajyanywe muri Laboratoire bigaragara ko atari iyabo. Ngo hari na listi zafatiwe iwabo ziriho abantu benshi bagiye bemeza ko batigeze bamusinyira. Kwa Rwigara kandi ngo hafatiwe Sim-cards ubwo hakorwaga isaka zari zibaruye ku bantu batandukanye.
 
Anne Uwamahoro Rwigara
 
Anne na we ashinjwa icyaha cyo guteza imidugararo muri rubanda ngo yagikoze muri ubu buryo bwo kohereza za ‘Audio’. Aregwa gufatanya n’aba bareganwa kwandikira JeuneAfrique ku by’urupfu rwa se, banyuranya n’ibyo bari bandikiye kompanyi y’ubwishingizi twavuze haruguru. Anne kandi ngo yaravuze ngo “iyi Leta ni system ya mafia”. Umushinjacyaha ati “Hari ibyo dushaka ngo bisobanurwe, bishimangirwe… nk’aho Adeline yavuze ngo ‘mwitege ibizaba’, nk’aho yavuze ngo ‘mwitege jenoside iri imbere aha’ , nk’aho yavuze ngo ‘bakwirakwize za tracts’. Ibi bigaragaza umugambi mubisha.”
 
Ibimenyetso byinshi bikubiye mu byavanywe muri Telephone zabo zafatiriwe mu isakwa ryabayeho hakurikijwe amategeko nk’uko Ubushinjacyaha bubivuga, ndetse ko buri guperereza ku bandi bafatanyacyaha bakekwa. Nyuma yo kumva uruhande rw’ubushinjacyaha ruvuga ibyo rurega Adeline, Anne na Diane Rwigara na bimwe mu bishingirwaho baregwa, ahagana saa munani Urukiko rwahaye umwanya abaregwa ngo biregure, bahera kuri Adeline Rwigara Mukangemanyi, wemeye ko ‘Audio’ zivugwa ari izabo koko zari kuri Telephone zabo.
 
Abaregwa bahawe umwanya wo kwiregura
 
Adeline Mukangemanyi yatangiye avuga ko amashusho (Video) yerekanywe mu gitondo mu iburanisha aho batuka abapolisi baje kubatwara, ngo bise abo bapolisi Interahamwe kubera ‘etat’ bari barimo. We avuga ko ngo bari bamaze iminsi batewe n’abapolisi barabasaka batwara ibyo bari bafite mu nzu birimo amafranga na telephone zabo. Avuga kandi ko ngo birirwaga aho mu rugo baboshye n’amapingu buri wese ari ukwe nta uzi aho undi ari {aho mu rugo}. Avuga ko ngo hari ubwo abapolisi basanze abyutse yambaye umwenda yararanye, abasaba kwambara barabyanga ngo icyo gihe yiriwe arinzwe n’abapolisi b’abasore. Ndetse ngo yabasaba kujya ku musarane bakamuherekeza.
 
Avuga ko kwita abapolisi interahamwe byatewe n’ibyo bari bamaze iminsi babakorera, kandi ngo interahamwe si ubwoko ngo abyita uwo ari we wese wamukorera iyicarubozo. Mukangemanyi yavuze ko ubwo bari baje kubavana mu rugo bazanye noneho n’igitero cy’abanyamakuru babafata amashusho, ariko noneho ngo abapolisi bigize abamarayika bitandukanye n’uko bari basanzwe baza. Uyu mugore yavuze ko agishimangira ko umugabo we yishwe, ngo yishwe urubozo, bamurangije {kumwica} ahageze bamubuza kwegera aho impanuka yabereye. Akavuga ko umuntu wagonze umugabo we Police yababwiye ko akiri mu ihungabana azababwira uko byagenze nakira.
 
Yemeje ko Audio zivugwa ari izabo zavanywe kuri telephone zabo ariko ngo ibyo bavugaga babibwiraga abavandimwe n’inshuti zabo ngo barimo nabo abahuye n’ibyo nabo bahuye nabyo. Izo ‘Audio’ ngo agomba kuzireguraho ariko abanje kuvuga icyaziteye. Mukangemanyi yavuze ko izo ‘Audio’ zafatiriwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Naho ku bya Jenoside ngo ntabwo yavugaga ko ahazaza hari Jenoside izaba mu Rwanda ahubwo ngo yavugaga Jenoside iri iwe mu rugo ikorerwa we n’umuryango we. Uyu mugore yageragaho atandukira akavuga ibyo umucamanza yamubujije bitajyanye n’iburanisha maze akavuga ati “natandukiriye mumbabarire… nsabye imbabazi mu izina rya Yesu.”
 
Yavuze ko Audio nyinshi atazibuka kuko ngo hari izo yakoze ari mu ihahamuka. Ku cyaha cyo gukurura amacakubiri nk’aho yavugaga ngo ‘Abatutsi ni babi’ yireguye avuga ngo na we ari ‘umututsi utavanze’ ngo n’umugabo we bikaba uko, ngo ariko abashyize umugabo we muri ‘sache mortuelle’ ngo nabo basaga n’abatutsi. Akavuga ko uwo yabwiraga ibyo ari mwenewabo uba hanze na we ufite umwana wishwe nk’umugabo we. Akavuga ko « amoko atari we wayazanye kandi ngo azahoraho ». Adeline Mukangemanyi avuga ko iyi Leta itakoze ibyo yari ayitezeho byo kubarenganura akarengane batewe n’iya Habyarimana.
 
Me Gatera Gashabana uri kunganira Mukangemanyi yavuze ko muri izi Audio uwo bavuganaga witwa Thabita ari umuvandimwe we,  kandi ngo ingingo ya 23 ivuga ko amabanga y’umuryango ari ntavogerwa, ko telephones zumvirizwa ku byaha byahungabanya umutekano gusa. Me Gashabana avuga ko icyaha k’ivangura n’amacakubiri kitari mu byaha bihungabanya umutekano w’igihugu bityo ko no gufatira izo ‘Audio’ zabo binyuranyije n’amategeko. Avuga ko iki cyaha cy’amacakubiri n’ivangura biregwa umukiriya we bitakwakirwa kuko bidafite ibimenyetso kuko ngo byari ibiganiro by’umwihariko w’abantu hagati yabo (private) byongeye ngo ntibanabimenyesheje uwo yunganira.
 
Ku cyo guteza imvururu ngo itegeko rivuga ko ari ibintu bikorewe mu maso ya rubanda kandi abantu bavuga ari babiri ntibaba babwira rubanda. Me Gashabana akavuga ko ik’ingenzi ari uko ibi biganiro byari umwihariko (private) abantu babiri hagati yabo. Gashabana avuga kandi ko gufata ibimenyetso by’itumanaho (amajwi) bikorwa ku byaha bidasanzwe hatanzwe uburenganzira bwa Minisitiri w’Ubutabera kandi ngo ubwo burenganzira ntabwo Ubushinjacyaha bugaragaza. Ku ibaruwa yandikiwe « Jeune Afrique » Me Gashabana yavuze ko Ubushinjacyaha butandukira bukazana abantu mu bitabareba kuko ngo ibi byabazwa «Jeune Afrique».
 
Akavuga ko hari n’ibaruwa bandikiye Perezida wa Republika isaba gukora iperereza ryimbitse no gucungirwa umutekano ariko ngo Ubushinjacyaha iyi ntibuyivuga. Bityo ngo icyaha cyo guteza imvururu n’imidugararo nta shingiro abona gifite. Anne Rwigara yavuze ko urwandiko bavuga ko bandikiye Jeune Afrique atari bo barwanditse  ahubwo ari undi muntu batazi warwanditse akabasinyira ariko ngo ashingiye ku ibaruwa bari bandikiye Perezida wa Republika kuko ngo ibiri muri ayo mabaruwa bisa, ariko iyandikiwe Jeune Afrique si bo bayanditse.
 
Anne Rwigara asobanura ko banditse basaba iperereza ku rupfu rwa se kuko babonaga yishwe, mu gihe yavugaga ibi yagize ikiniga araturika ararira mu rukiko. Yakomeje ariko avuga ko yumva kuvuga ko umuntu wabo yishwe atari icyaha, kandi ngo ibyo yabibwiraga abavandimwe be bityo akumva nta cyaha cyo gutera imvururu kirimo. Anne Rwigara ntabwo yahakanye ‘audio’ yavugaga ko igihugu kiyobowe na za mafia. Yavuze ko yayikoze avuye mu nama yari afite kuri Rwanda Revenue Authority ngo yari amaze ukwezi abasaba guhura buri gihe bakamusubiza inyuma. Iyo nama ngo yari iyo kubasaba gufungura uruganda, kubasubiza ibikoresho, gufungurirwa za konti no guhabwa ibitabo by’ishoramari ariko inama yarangiye ntacyo bagezeho.
 
Ngo bishyuzwaga Miliyari eshanu z’imisoro ariko bari bagiye kugera kuri esheshatu. Ngo bamusabaga ko kugira ngo barufungure agomba kubanza gusinya ko azishyura miliyari 6 arenga. Anne Rwigara avuga ko bamaze gusaba Umukuru w’Igihugu kubarindira umutekano ngo hakurikiyeho kubatwara ibibanza, kubasenyera hoteli, ngo bukeye babazanira facture ya miliyoni 150 Frw zo kwishyura abasenye, ngo hakuriķiraho kwangirwa kwimukira muri free zone habura icyumweru kimwe, ngo byose ni igihombo. Avuga ko iwabo babujije Diane  Rwigara kwiyamamaza ariko arabyanga ngo avuga ko agomba kuvuganira abandi. Avuga ko ubutumwa yabwanditse kubera ko ibibazo byari byamurenze, agasaba imbabazi abo byakomerekeje bose. Ngo ibyo baregwa si ibyaha kuko kuririra umuvandimwe bidakwiye gufatwa nk’icyaha, akavuga ko baririye ko bahabwa ubutabera ariko ntibabuhabwa ahubwo barafungwa.
 
Diane Rwigara ngo Inyandiko NEC yerekana zitandukanye n’izo yayishyikirije
 
Hakurikiyeho Diane Rwigara watangiye yiregura ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, avuga ko iki cyaha cyamutunguye kuko atazi aho byavuye, akavuga ko ababiri inyuma bashaka kumukura mu rubuga rwa politiki. Uyu mukobwa agaruka ku byaranze ibikorwa bye byo gushaka kwiyamamaza, avuga ko bamwe mu bamufashije bakorewe itotezwa akabiregera Police ariko ikabyirengagiza. Ahakana ibimuvugwaho ko yazanye imikono y’abantu bapfuye kuko ubwo byavugwaga yihutiye kujya kuri Komisiyo y’Amatora agasanga imikono yatanze itandukanye n’iyo bamwerekaga icyo gihe.
 
Urukiko rumubajije iyo mikono y’ukuri, yavuze ko nta nyandiko atunze kuko zose Police yazifashe. Akavuga ko ibyaha aregwa byose ari ibinyoma agasaba Perezida wa Repubulika kubafungura. Umucamanza yahise amubaza ati Abafungurire mu rukiko?” Me Buhuru Pierre Celestin wunganira Anne na Diane Rwigara, avuga ko ibimenyetso byo mu itumanaho bifatwa ari uko hari uruhushya rwa Minisitiri w’Ubutabera, ariko ngo Police ikaba yarabikoze idafite uru ruhusa akavuga ko bikwiye guteshwa agaciro kuko bitanyuze mu nzira yagenwe. Uyu munyamategeko unatera utwatsi icyaha kivugwa muri ibi bimenyetso, avuga ko izi messages Anne Rwigara yazohererezanyaga n’umuvandimwe bityo ko bidakwiye kwitwa ko ari ukwangisha rubanda ubutegetsi buriho kuko muri ibi biganiro nta rubanda barimo.
 
Avuga ko kugira ngo ibintu byitwe ko byasakajwe muri rubanda nyamwinshi, biba byamamajwe ku byapa cyangwa mu itangazamakuru kandi uwo yunganira atarigeze akoresha izi nzira. Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo bugire icyo buvuga ku byatangajwe n’abaregwa, bwatangiye bunyomoza Adeline wavuze ko batewe na Polisi, Umushinjacyaha avuga ko Police yagiye gufata ba Rwigara ifite uburenganzira bugenwa n’amategeko (yise Mandat d’amener). Umushinjacyaha avuga ko kwinjira mu rugo rwo kwa Rwigara hifashishijwe ingufu bigenwa n’itegeko kuko iyo ukekwaho icyaha yinangiye kwitaba hitabazwa ingufu.
 
Ubushinjacyaha kandi butera utwatsi ibyatangajwe n’Abanyamategeko bunganira abaregwa, bavuze ko nta ruhushya rwatswe ubwo hasuzumwaga ibimenyetso by’itumanaho. Ubushinjacyaha bukavuga ko ibikorwa by’itumanaho bisabirwa uruhushya ari ibyo kumviriza ibivugirwa kuri telephone mu gihe ibi bimenyetso by’ikoranabuhanga byashyikirijwe urukiko muri uru rubanza ari ibyasanzwe muri telephone z’abaregwa. Umushinjacyaha wagarutse ku byatangajwe n’abaregwa bemera ubutumwa buvugwaho gucura imigambi mibisha, yasabye urukiko kuzabigenderaho rugasuzuma niba ibibukubiyemo bitagize icyaha, rwasanga bifasha umuryango nyarwanda bakarekurwa. Akavuga kandi ko kuba babusanya ku bijyanye n’amajwi Urukiko rudakwiye kuyatesha agaciro kuko hari n’ibyo bahurizaho.
 
Yanagarutse ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano kiregwa Diane Rwigara, avuga ko nta muntu uri hejuru y’amategeko kabone n’ubwo yaba yifuza kuba umunyapolitiki, akavuga ko inzego zibishinzwe zimaze kubona ko uregwa yakoze ubu buriganya zahise zitangira iperereza. Umucamanza wabonaga amasaha akuze, yabajije ababuranyi niba iburanisha ryakomeza, abanyamategeko bunganira abaregwa bavuga ko bananiwe, mu gihe Ubushinjacyaha bwavugaga ko urubanza rukomeza. Umucamaza yanzuye ko urubanza rusubikwa rukazasubukurwa ku wa Gatatu tariki ya 18 Ukwakira humvwa izindi ‘audio’.
 
INKURU Y’UMUSEKE.RW
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
I
Inyenzi inkotanyi zarimbaguye abanyarwanda naba Kongomani kuberako Amerika ariyo yabategetse kwica, kurimbura, gukora za Genocide muri afrika yibiyaga bigali.<br /> harya amerika igira inshuti nimwe kwisi? niba utari ubizi tega amatwi kuri iyi video wumve uko abanyamerika bakora.<br /> <br /> https://www.youtube.com/watch?v=zOFtDS7MvJM
Répondre
K
@Kanyarwanda.<br /> We mushenzi mutinya ukuli nkuko umuliro utinya amazi. Mu bavatchad wigeze wumvamo ba nyirashyano Kanjogera ; ba gapfakare Kagome ; ba Kaporal ntutsi FPR Kajuga Robert chef winterahamwe .......Nyamara ahandi uhasanga abanyamahoro : ba Rukara rwa Bishingwe ; ba sebatunzi; ba Kayibanda ; ba Habyara ; abatagatifu nka ba Ndadaye ;ba Ntalyamira ........<br /> Kura ibyaho niyo ndumunyarwanda (=ndumwegatutsi..)ujye kuruka za miliyoni zabakongomani ugaruke kuvuga ubusa. Uwo musaraba wubwicanyi mu gatsiko kanyu urabareba mwenyine ; umukongomani numurundi ntibaravuga ijambo lya nyuma ! Toka mbale !
Répondre
M
Ka Rutagambwa ibye bikomeje kuzamba:<br /> -Famille Rwigara imeze nk ihwa mubwonko<br /> - RNC imeze nkihembe mumutima<br /> - Imfungwa za Politiki zimeze nkumusumari Mukirenge<br /> - Ingabo zamucitse: ba Marara, ba Higiro bandeee abo bo ni UMUVOGO kukaguru....<br /> <br /> Noneho rero IKIRUTA IBINDI ubu nuko HABONETSE SIMUSIGA YO GUTA MURI YOMBI ZA ZUNGI ZE YIRURWA AFUNGA AFUNGURA KUKIBAZO KINDEGE YA KINANI!<br /> <br /> http://mobile.igihe.com/politiki/article/ibintu-bishobora-gufata-indi-sura-hagati-y-u-rwanda-n-u-bufaransa<br /> <br /> Niyigendere STERIYA yanze kubona urwo wishe ABATUTSI....<br /> <br /> UBUFARANSA UBU BURAMUSHINJA KUBA ARIWE NGO WATEGUYE JENOSIDE kandi MUKARWIGARA (Adeline) YIVUGIYE KO P.K iyo Mvunamuheto nanubu AKIYIKOMEJE kuko uwacitse INTERASI ATAZACIKA Mwene Rutagambwa RWABUJINDIRI.<br /> <br /> Ikibazo ni iki: Polusi n'Igisirikare bye muhagaze kuruhe Ruhande? Nkawe BADEGE THEOS koko utinyuka KUJYA KWAMBURA UBUSA MUKARWIGARA urumva UWO MUVUMO UZAWUHUNGIRA HE?<br /> <br /> UBU INTORE ZIGIYE KUZAHIGWA BUKWARE NKUKO INTERASI ZAHIZWE. Niyo mpamvu umukuru w'Intore burigihe bamugira UMUHUTU. Ubu ni BAMPORA IKI?<br /> <br /> Andi makuru nuko ANGE yavuze ko azagwa aho se aguye. Niyompamvu asigaye atanga AMATEGEKO YO KURASA RUBANDA! Harahagazwe. Jeanetti we Nabona bikomeye ngo azisangira GASANA! Suko....<br /> <br /> MUTEREMUKO kwa NDARIBWARIBWA.
Répondre
T
Uranyishe pe!<br /> RNC ni ihembe mumutima. Ihwa mubwonko, umusumari mukirenge, umuvogo kukaguru.<br /> Iki kinyarwwanda ko kitoroshye? Komereza aho.
K
Ibyo bitekerezo byanyu wowe wiyise "abanyethiopia mu Rwanda" na "kilimabogo boys" birashaje nibyo mu kinyejana cya 20! Mwese uwababaza igihe muzavira muri Tchad mukaza mu Rwanda?? Iyo turufu yamoko irashaje nabayikoresheje bose bose ubu barikubonako bibeshye bikomeye. Aho bigeze twese twakagombye gushyira hamwe tugakuraho umwicanyi Kagame, maze tukishyiriraho ubuyobozi butubereye hitawe Ku bushobozi apana amoko.
Répondre
I
Ibyaha biregwa kwa Rwigara mu harimo ibyumvirijwe kuri telefone<br /> <br /> https://www.youtube.com/watch?v=8-LoEJxO6Vc
Répondre
K
Njye mbona famille ya Rwigara yarikwiye gusaba ko ruriya rubanza rwabera muri salon kwa Kagame.
Répondre
A
Bano banye Ethiopia ibyabo ni Filme gusa zikinamico. Nababwira iki ngaho nimukomeze mutunyuriremo uko mwakabaye nimico yanyu yo kubeshya byabanye ethiopia. Mbese ubundi abanya Ethiopia bigaruriye urwanda bazasubira iwabo ryali?
Répondre
K
dore icyo nita ikibazo kirimo ubwengee !