Leta y’Uburundi yashize ubwoba isaba amahanga gukora iperereza ku rupfu rwa Perezida Cyprien Ntaryamira na Habyarimana Juvénal !
Inama Nkuru y’Umutekano y’u Burundi yasabye Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba(EAC) ko wakora ibishoboka byose hakamenyakana ukuri ku rupfu rw’uwari Perezida w’u Burundi : Cyprien Ntaryamira na mugenzi we w’u Rwanda Juvénal Habyarimana, nyuma y’uko indege barimo irashwe ku ya 6 Mata 1994. Uyu akaba ari umwe mu myanzuro yavuye mu nama yahuje abagize Imana Nkuru y’Umutekano yamaze iminsi ibiri aho yari iyobowe na Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza.
Itangazo ryasomwe n’umunyamabanga uhoraho mu nama Nkuru y’Umutekano y’u Burundi, Gen.Silas Ntigurirwa, rivuga ko Abarundi bashaka kumenya ukuri ku rupfu rwa Perezida wabo waguye i Kanombe mu gihugu cy’u Rwanda. Muri iryo tangazo, inama nkuru y’umutekano igaruka ku mubano uri hagati y’iki gihugu n’u Rwanda aho yamenyesheje ko u Burundi bwamaze gushyikiriza ikirego mu muryango wa CIRGL, AU na EAC busaba ko iyi miryango yaha agaciro ibyo u Burundi burega u Rwanda harimo guhungabanya umutekano wabwo. Inama nkuru y’umutekano kandi yasabye ko ibihugu byose bicumbikiye abagize uruhare mu ihirikwa ry’ubutegetsi mu Burundi muri Gicurasi 2015, byabohereza bakagezwa imbere y’Ubutabera.
Ku bijyanye n’ibiganiro by’amahoro bihuza Abarundi iyi nama yavuze ko umuhuza, Benjamin William Mkapa yakwiyizira mu Burundi akareba uburyo umutekano wagarutse. Mkapa akaba yasabwe ko ibyo biganiro byakwimurirwa mu Burundi bigamomereza muri Komisiyo ibishinzwe(CNDI). Abagize Inama Nkuru y’Umutakano bakaba bashimangiye ko imitwe yarwanyaga Leta yaciwe intege ku kigero cya 80% ndetse inasaba inzego zishinzwe umutekano kuba maso.
Ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana na mugenzi we w’u Burundi Cyprien Ntaryamira, yarahanuwe bombi barapfa, ubwo bavaga Dar-es salaam muri Tanzaniya mu nama ireba uko hashyirwa mu bikorwa amasezerano yo gusangira ubutegetsi na RPF- Inkotanyi.Iyo ndege kandi yaguyemo Abaminisitiri babiri b’abarundi aribo , Bernard Ciza na Cyriaque Simbizi. Tariki ya 6 Mata 2017 ubwo habaga umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 23 urupfu rwa Ntaryamira ,Ishyaka akomokamo rya FRODEBU rikaba ryarasabye u Burundi n’u Rwanda kwicara hamwe bakaganira ukuri ku rupfu rwe kukamenyekana ndetse hakarebwa uburyo hatangwa indishyiz’akababaro.