Gutabaza : Musenyeri Bimenyimana Jean Damascène asenye Diyosezi ya Cyangugu burundu !

Publié le par veritas

Diyosezi.pngNyuma yo kumenyeshwa ko Musenyeri Bimenyimana yacunze nabi cyane umutungo wa Diyosezi ya Cyangugu, akayihombya afatanyije n’umupadiri witwa Varisiti Nambaje, noneho aba bagabo bombi biyemeje kuzasiga bashenye burundu Diyosezi ya Cyangugu.


Diyosezi ya  Cyangugu igendeye ku marangamutima ya padiri Varisiti Nambaje yishoye mu mushinga wo kubaka igihoteli cy’akataraboneka ahahoze ituze i Cyangugu.

Iyo Hoteli ntiyashoboye kuzura kuko amafaranga yari agenewe kuyubaka yariwe mu buryo budasobanutse. Padiri Varisiti yikuye mu isoni yandikisha inkuru z’ibinyoma mu binyamakuru abeshyera Umuyahudi w’inkonkobotsi witwa UZI tutazi iyo yamukuye, ngo ni we wariye amafaranga y’uwo mushinga. Icyakora uwo Muyahudi yanditse inkuru yo kwiregura ayinyuza mu Mvaho nshya avuga ko mu by’ukuri padiri Varisiti yamufungishije amubeshyera ,ahubwo ko amafaranga ari uwo mupadiri ubwe wayariye.

Twibuke ko ayo mafaranga abarirwa muri miliyari imwe irenga y’amafaranga y’urwanda, Diyosezi ya Cyangugu yari yarayagujije muri Banki , kandi igihe cyo kuyishyura kikaba cyarageze.

 

Igitangaje ariko ni ukuntu Musenyeri Bimenyimana akomeje kwitwara muri iki kibazo : aho kugirango ashakire igisubizo ikibazo cy’uwo mupadiri urigisa umutungo wa Diyosezi , ubu noneho uwo mupadiri ukomeje kuba Ekonome yashutse  Musenyeri amushora muri gahunda mbi cyane, igiye gutuma Diyosezi ya Cyangugu yose : amaparuwasi, komisiyo za Diyosezi n’imiryango ya Agisiyo gatolika bisenyuka burundu .

Ubu Varisiti na Musenyeri Bimenyimana bashyizeho itegeko ry’uko igice kimwe cy’amafaranga bahombeje kigomba gutangwa n’abakirisitu ba diyosezi, bitwaje ko ngo bashaka kubaka inzu mu kibanza Diyosezi ifite hariya hafi ya Hotel « Ten To Ten » ariko mu by’ukuri ni urwitwazo .


I.Paruwasi  zitegetswe kuyatanga mu buryo bukurikira:


1. Cyangugu : 5 000 000fr

2. Mibirizi : 5 000 000 fr

3. Mwezi : 5000 000fr

4. Nkanka : 5 000 000fr

5. Nyamasheke: 4 000 000fr

6. Mashyuza: 3 000 000fr

7. Shangi: 3 000 000 fr

8. Mushaka: 2000 000fr

9. Nyabitimbo: 2000 000fr

10. Hanika: 500 000fr

11. Muyange: 500 000fr

12. Yove: 500 000fr


II. Naho Imiryango ya Agisiyo gatolika yo itegetswe kuyatanga muri ubu buryo bukurikira:


1. Renouveau Charismatique : 2 500 000fr

2. Legio ya Mariya : 2000 000fr


III. Komisiyo za diyosezi :


1. Caritas : 10 000 000fr

2.Komisiyo y’ Ubutabera n’Amahoro :10 000 000fr

Ayo abakristu basabwe gutanga yose hamwe : 60 000 000fr. (miliyoni mirongo itandatu y’amafaranga y’u Rwanda).

 

Ikibazo :


Aba bakirisitu bazakura he amafaranga angana atya, kandi tuzi  ubukene barimo  ? Tumenyeko basabwa no gukomeza gutanga amaturo yo gutunga abapadiri no gukora indi mirimo y’iyogezabutumwa kuko Diyosezi nta nkunga nimwe igiha amaparuwasi.


Abalejiyo n’abakarisimatike ko bazaba bayatanze mu rwego rwa paruwasi , kongera kuyabasaba mu rwego rwa agisiyo gatolika si ukubanigira aho  umuhogo utari  ? Ese ubundi iyi miryango y’agisiyo gatolika isigaye ikora ubucuruzi kugirango ishobore kubona amafaranga angina atya itanga kandi igakomeza no gukora?

 

Muri make, dukurikije ibyo twaganiriye na bamwe mu bapadiri ba Cyangugu bagerageza gushishoza, benshi muri bo barihebye kuko babona neza ko Musenyeri Bimenyima na padiri Varisiti biyemeje kuzasiga bahiritse iyi diyosezi ku buryo budasubirwaho. Ndetse hari ababona ko abakirisitu gatolika benshi bagiye kwigira mu baporo aho gutanga ariya mamiliyoni batazi aho agana.


Turasaba abashobora kugera i Roma kwa PAPA  kuzatubariza niba Musenyeri Bimenyimana afite uburenganzira bwo guhatira abakirisitu bakennye gutanga amafaranga arenze ubushobozi bwabo kugira ngo ashyirwe mu mishinga yahombejwe na padiri Ekonome ariwe Varisiti Nambaje.


 

Marigarita Nyiraneza.

Umukristukazi wa paruwasi ya Cyangugu

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
K
<br /> Jye simbona impamvu abakristu barinda kujya mu baporo ngo ni uko basabwe amafaranga. Niba impamvu yo kuyatanga idasibanutse BAZANGE KUYATANGA. Abo byobozi se bavuze ko utazayatanga bazamwirukana<br /> muri Kiliziya Gatolika? Icyemezo nk'icyo kiramutse cyarafashwe cyaba kinyuranyije n'amategeko ya Kiliziya. Ahubwo ngicyo icyabazwa kwa Benedigito XVI! Murashishoze ariko igishishikaje uwanditse<br /> iyi nkuru!...<br />
Répondre
S
<br /> Niba ibi bintu ari byo koko yaba ari agahomamunwa. Nihabeho gushishoza kw'abayobozi ba Kiliziya gatorika mu Rwanda, maze uwo mupadiri niba ahamwa n'iryo nyereza ayaryozwe aho gushakishiriza mu<br /> nzirakarengane z'abakristu.<br />
Répondre