Koreya ya ruguru : Abayobozi b’igihugu cy’Ubushinwa baratanga ubutumwa.

Publié le par veritas

Umunyamakuru wa Televisiyo y’Abafaransa «France 2» Arnaud Miguet, uri mu gihugu cy’Ubushinwa yashyize ahagaragara icyo abategetsi b’igihugu cy’ubushinwa  batekereza ku makimbirane ari hagati y’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe  z’Amerika n’igihugu cya Koreya ya Ruguru.
 
Umwuka mubi urangwa n’intambara ishobora kurota hagati y’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika (USA) n’igihugu cya Koreya  ya Ruguru, uhangayikishije cyane abayobozi b’igihugu cy’Ubushinwa gihana urubibi na Koreya  ya Ruguru kandi ibyo bihugu byombi bikaba ari inshuti magara. Igihugu cy’Ubushinwa kikaba gifitanye umubano udasanzwe kuva kera n’umuyobozi wa Koreya  ya Ruguru «Kim jong-un». Dore icyo leta  y’Ubushinwa ivuga kuri ayo makimbirane ari hagati y’ibihugu byombi, umunyamakuru abivuga muri aya magambo, yagize ati :
 
«Kubyerekeranye n’abashinwa, babona intambara hagati ya Amerika na Koreya  ya Ruguru yagira ingaruka mbi cyane zitigeze zibaho. Ndetse kimwe mu kimenyetso cyerekana impungenge bafite : ni uko nta Muyobozi n’umwe w’igihugu cy’Ubushinwa wigeze witabira ibirori byabereye mu murwa mukuru wa «Pyongyang» kuri uyu wa gatandatu taliki ya 15 Mata  2017, ibyo bikaba bitandukanye n’uko byagendaga mu myaka ya shize ».
 
Umwambaro w’umuhuza
 
Igihugu cy’Ubushinwa cyitandukanyije n’umuturanyi wacyo « Koreya ya Ruguru » muri ayo makimbirane. Mu gihe Donald Trump perezida w’Amerika na Kim jong-un wa Koreya ya ruguru bakomeje gushyira imbere imbaraga mu kurangiza amakimbirane bafitanye; Ubushinwa bwo bwambaye umwambaro wo kuba umuhuza muri icyo kibazo. Igihugu cy’Ubushinwa kirasaba impande zombi gucisha macye. Ubushinwa bwasabye abayobozi b’igihugu cy’Uburusiya kubufasha kumvukanisha impande zombi zikagabanya umwuka mubi w’intambara. Ubushinwa buhangayikishijwe cyane n’uko Amerika iramutse irwanye na Koreya  ya Ruguru kandi ari igihugu cy’inshuti y’Ubushinwa, byatuma Koreya  ya Ruguru ihungabana cyane, ikagwa mu kajagari gashobora gutuma impunzi nyinshi zo muri icyo gihugu zihungira mu Bushinwa.
 
Abayobozi b’igihugu cy’Ubushinwa kandi bahangayikishijwe n’uko iyo ntambara ishobora gutuma leta Zunze Ubumwe z’Amerika zizana ingabo nyinshi n’intwaro zikomeye zayo ku mupaka w’igihugu cy’Ubushinwa, ibyo bikaba bishobora guhungabanya ubusugire bw’igihugu cy’Ubushinwa. Igihugu cy’Ubushinwa kikaba gisanga Amerika irwanye na Koreya  ya Ruguru, iyo ntambara yarangira Koreya zombi zibaye igihugu kimwe kandi Ubushinwa butabishaka.
 
Veritasinfo
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
A
Ni murebe ubushotoranyi. nimurebe iyi video. Akumiro? isi irikoreye.<br /> <br /> <br /> https://www.youtube.com/watch?v=lJy3ZfcEfOk
Répondre
K
Sayinzoga Jean, wari Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero, yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki ya 16 Mata 2017.<br /> <br /> Inkuru y’urupfu rw’uyu muyobozi yumvikanye kuri uyu mugoroba aho bivugwa ko yaguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, azize kanseri y’umwijima.<br /> <br /> Sayinzoga ngo yari amaze igihe akora akazi ke nk’uko bisanzwe ndetse ubwo yagezwaga mu bitaro byagaragaraga ko atarembye ariko ahita yitaba Imana.<br /> <br /> Yari amaze igihe kitari gito ayobora Komisiyo yo gusezera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare akaba yaranakoze ibindi bikorwa biteza imbere igihugu.<br /> <br /> Iyi nkuru turacyayikurikirana
Répondre
A
akaga kurwanda, akaga kabanyarwanda, akaga kaba Kongomani. amaherezo azaba ayahe? <br /> iri shyano turigire gute?<br /> <br /> <br /> https://www.youtube.com/watch?v=WZW8R-i1F_8
Répondre
N
Uyu wiyise Afrika ibyo avuze ni ukuri, abanyafurika bagomba kwimenya ntabwo abazungu babitayeho kiretse hari inyungu bakurikiranye! Gusa rero abanyafurika bashyigikiye Trump nabo navuga ko bari mu kuri, kuko n'ubwo ntacyo Trump azabamarira ariko nibura yasimbuye ibisambo n'abicanyi b'aba democrates bari bamereye abanyafurika nabi! bifashishaga ibyo bisambo by'abicanyi ngo ni museveni maze bigaswa bene wabo bitanzitse, nibura Trump we adafatanyije nabo nk'uko ba Clinton naba Obama babikoze nabwo yaba akoze neza!! Afurika irababaje ndakurahiye!
Répondre
A
Hari abirabura basetsa birirwa bavunga ngo Trump azabavaniraho abaperezida bo muri Africa. Umva Trump ntabwo Africa imushishikaje kuko nta nyungu ayibonamo uretse kwirirwa imusabirizaho inkunga, Kandi ibyo yarabyanze. Abantu rero bumva hari abaperezida bo muri Afrika badakunda Kandi bakaba bizeye ko Trump ariwe uzababavaniraho mba mbona basekeje. Trump se ni mubyara wanyu? Trump se ni so? Ariko ye!!! Abirabura ntimwimenya Koko!! Ubwo rero urumva wajyana icyo gikara kinuka n'amazuru imbere ya Trump ngo ugiye kumubwira ngo mvaniraho President uyu n'uyu wo muri Africa! Uri umukoresha we se? Ikindi Kandi Trump ni umucuruzi nta kintu akora atagifitemo inyungu. Hari Peteroli iri muri Zimbabwe azajya kuvomayo? Hari uranium iba muri Uganda azajya gucukurayo? Biriya yavugaga ni uburyo bwo kwiyamamaza kugirango yigaragaze nk'umuntu Uzi demokarasi. Ni nkuko Obama igihe yiyamamazaga yavugaga ko azahita avanaho gereza ya Guantanamo kugirango yerekane ko ari umuntu wubahiriza uburenganzira bw'ikiremwamuntu. Iyo gereza se yayikuyeho? Ariko abanyafrika mwagiye mugerageza gushishoza ubwo kubera ko wanga Museveni ngo utegereje ko Trump ariwe uzamukuvaniraho? Ahubwo se niba Museveni akora ibintu utemera, Wagiye muri Uganda ukiyamamaza ukerekana ko ari wowe uzahindura Uganda Paradizo, ko buri mugande uzamuzanira ikiyaga cya Victoria imbere y'inzu ye akazajya aroba amafi atarushye, hanyuma abagande bakwiyumvamo bakagutora? Naho gutegereza ko Trump ariwe uzaza kugukorera ibyakunaniye byerekana ko abirabura mwamenyereye wa umuco wo guhora mutegeye ibiganza abazungu ari nayo mpamvu bahora babasuzugura bakababonamo inkende zidafite ubwenge. Mwakwize umuco wo kwigira no kwihesha agaciro nk'uko President Kagame ahora abibatoza uretse ko mwamunaniye ngo muzakurikira Trump? Abirabura bamwe ntimurimenya Koko!! Trump nta kibazo cy'umwirabura kimushishikaje, ikintu gishishikaje Trump ni ukongera kwerekana ubuhangange bwa USA mu buryo bwa gisirikare. Naho Africa cyeretse agiye kuyikoroniza bwa kabiri cyangwa kuvanayo abacakara bo kujya guhinga ibisheke n'ipamba bikazamura ubukungu bwa America. Trump arashaka kurasa North Korea kuko muri kariya karere hafite icyo havuze ku bijyanye n'ubukungu bw'Amerika, Hari inganda nyinshi z'abanyamerika ziri muri Korea yo Hepfo no muri Japan, Kandi Korea yo haruguru ihora ibabangamira kubera kubakangisha ko yabisenya ikoresheje bombes zayo imaze gukora. Ikindi Kandi iriya ni inzira yo mu mazi ikorerwamo ubucuruzi bukomeye cyane hagati ya America n'ubushinwa, none wowe uracyari muri Afrika mufite iki se? Mujye mwimenya Sha ntimukabone isha itamba ngo mute n'urwo mwari mwambaye. So stop talking bulshits guys.
Répondre
A
you are trash, you do not know what you talk about. you stop yourself to talk bolshies.<br /> probably you are afraid what going to happen to the dictatorship in Rwanda.<br /> <br /> Wait and see.
K
Nanjye ndemeranya na Mugabo, abaperezida nka OBAMA batesheje agaciro USA kandi iruta ibihangange byo kuri iyi si! Amerika yonyine ifite ubushobozi bwo kurwana n'isi yose, ntabwo USA ari puissance ahubwo nicyo gihugu cyonyine ku isi gifite izina rya Super-puissance! Dore ubushinwa bwatitiye, Uburusiya bwahiye ubwoba... kubera Trump ufata icyemezo adahinze imishyitsi! Obama rwose tumukunde cyangwa tumwange ariko yasuzuguje USA cyane! Ubonye na Hollande uyobora Ubufaransa amurushe gutinyuka! Hollande yamubwiye ko yiteguye bagomba kurasa Siriya mu 2013, Obama aratitira!!<br /> <br /> Nimureke Trump asukure isi, abari barigize kagarara abashyire hasi, narangiza gucecekesha za Corée du Nord na Syrie azaza kuboha uduperezida twamaze abaturage muri Afurika tubeshya ngo natwo turakomeye!! Ni mu muhe imyaka 2 gusa Trump arabereka ubuhangange bw'Amerika!!
Répondre
M
Trump ni umuntu w'umugabo cyane. Reka aze akwereke ubuhangange bwa America <br /> ureke wa muswa ngo ni Obama wari umaze gutuma Amerika bayica amazi. Ubundi wajya gusura cya kigoryi cyahoze kiyobora Tanzania ngo ni Kikwete ukagira ubuhe bwenge? Ahubwo buriya Trump yagombaga guhita afunga kariya kagabo ngo ni Obama kari kamaze gutesha agaciro America. Trump gonna make USA strong again.
Répondre
W
jyewe ubwoba bwanyishe cyane hano muri amerika.<br /> <br /> ntuye muri etage ya 10 kandi ngenda muri Elevator kujya munzu yange no kugenda hanze ibi bya Mesils zabo banyacyubahiro byankuye umutima cyane. ariko ndiburare mumodoka yange hanze kuko mfite ubwoba bwishi cyane, <br /> <br /> ndikwibaza kuri Noth Korea, Russie, China, na USA ngasanga isi igiye kurimbuka. aya niyo makuru ndikumva aka kanya. namwe nimwumve.<br /> <br /> <br /> https://www.youtube.com/watch?v=qGM7fq4ADDk
Répondre