Amerika –Turukiya: Leta Zunze ubumwe z’Amerika ziteguye kurangiza ikibazo cya Siriya zikoresheje ingufu (Visi-Perezida Joe Biden) !

Publié le par veritas

Visi-Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Joe Biden yatangaje kuri uyu wa gatandatu taliki ya 23 Mutarama 2016 ko igihugu cye gifatanyije n’igihugu cya Turukiya byiteguye gukoresha inzira y’intambara mu gukemura ibibazo biri muri Siriya niba inzira y’ibiganiro ntacyo ishoboye kugeraho. Biden akaba yavuze ko Amerika izafasha igihugu cya Turukiya urugamba rwo kurwanya umutwe w’inyeshyamba za PKK utavuga rumwe na Turikiya ! Amerika na Turikiya byiyemeje kurwanya ku mugaragaro leta ya Bachar al-Assad mu gihe igihugu cy’Uburusiya nacyo k’igihangange ku isi mu bya gisilikare gifatanyije n’igihugu cya Iran byahagurukiye kurengera leta ya Siriya ! Ese aho intambara ya gatatu y’isi ntiyaba igiye gutangirira muri Siriya ihanganishije imbona nkubone abarusiya n’abanyamerika ?
 
Ari imbere y’abanyamakuru Istanbul mu mujyi ukomeye wa Turukiya, ubwo yari avuye mu nama yamuhuje na ministre w’intebe wa Turukiya Bwana Ahmet Davutoglu kuri uyu wa gatandantu ; visi-Perezida w’igihugu cy’igihangange cy’Amerika Bwana Joe Biden yagize ati : « Tuzi neza ko byaba ari byiza cyane dushoboye kubona igisubizo kivuye mu biganiro bya politiki, ariko kandi turiteguye (…),niba ibyo bidashobotse tuzakoresha imbaraga za gisilikare mu gukemura icyo kibazo no kurwanya burundu ibyihebe bya leta ya kisilamu (daech)». Kuri uwo wa gatandatu kandi abaministre b’ububanyi n’amahanga b’igihugu cya Leta zunze ubumwe z’Amerika n’uw’Uburusiya bagiranye ibiganiro byihariye mugutegura ibiganiro by’abahanganye muri Siriya biteganyijwe ku italiki ya 25/01/2016.
 
Visi-Prezida Biden yavuze ko igihugu cya leta zunze ubumwe z’Amerika hamwe n’igihugu cya Turikiya nkuko ibyo bihugu byombi bigize umuryango wa OTAN (umuryango w’ibihugu by’iburengerazuba byiyemeje gutabarana); byasuzumiye hamwe uburyo bigiye kureba uko biha inkunga igaragara ya gisilikare abarwanyi b’abarabu b’abasinite bo muri Siriya kugira ngo bashobore guhirika k’ubutegetsi perezida wa Siriya Bachar al-Assad bakoresheje imbaraga za gisilikare. Kurwanya perezida wa Siriya hakoreshejwe imbaraga za gisilikare mu gihe Uburusiya nabwo bwiyemeje kurengera perezida wa Siriya bukoreshejwe imbaraga za gisilikare, bisobanura ko Amerika n’Uburusiya bigiye guhangana imbona nkubone bikoresheje ingufu za gisilikare!
 
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru «le point» akaba yemeza ko igihugu cya leta zunze ubumwe z’Amerika kimaze amezi atatu kiri gushinga ibirindiro by’ingabo zacyo zirwanira mu kirere muri Siriya mu karere kitwa « Rmeilane (mu majyaruguru), ayo makuru kandi akaba yemezwa n’ingabo za Siriya. Amerika ikaba ihakana ayo makuru ariko ikaba yemeza ko irimo ishaka uburyo yashyiraho gahunda yo gufasha ingabo zayo yohereje muri Siriya mugutoza imitwe y’abakurude irwanya ubutegetsi bwa Siriya !
 
Amerika yashyize kurutonde rumwe n’intagondwa za Daech ishyaka ry’abakozi b’abakurude ritavuga rumwe na leta  ya Turikiya PKK, Amerika ikaba ivuga ko iryo shyaka rya PKK rigomba kurwanywa nk’uko ibyihebe by’intagondwa za kisilamu birwanywa! Nyuma y’imyaka 2 y’agahenge iryo shyaka ryumvikanyeho na leta  ya Turikiya, imirwano yarongeye kubura guhera mu mpeshyi y’umwaka ushize ; Visi perezida w’Amerika akaba avuga ko kuba imirwano y’uwo mutwe yarubuye, leta  ya Turikiya ifite uburenganzira bwose bwo kurengera abaturage bayo !
 
Ministre w’intebe wa Turikiya akaba yaratangaje ku mugaragaro ko ingabo z’igihugu cya Turikiya zinjiye k’ubutaka bwa Irak kujya kurwanya ibyihebe bya leta ya Kisilamu kandi Turikiya ikaba ikomeje kubaha amategeko agenga ubuteka bwa Irak. Ministre w’intebe wa Turukiya kandi akaba asanga imitwe irwanya ubutegetsi bwa Siriya ishyigikiwe n’ibihugu by’iburayi ariyo yonyine igomba kujya mu biganiro byo gushyiraho ubuyobozi bushya muri Siriya! Iki gitekerezo akaba aricyo igihugu cy’Uburusiya kirwanya, kikaba gisanga ubutegetsi bwa Siriya bugomba gushakirwa igisubizo n’abaturage ba Siriya ubwabo nta bihugu by’amahanga bibyivanzemo! Uburusiya bukaba bushinja Amerika gushyira ku rutonde rw’abagomba gushyikirana na leta ya  Siriya ibyihebe, izo mpungenge z’Uburusiya akaba arizo zitera abantu benshi kuvuga ko ibiganiro biteganyijwe kuri uyu wa mbere bishobora gusibira!
 
Niba rero ibintu bigeze aho ibihugu by’ibihangange 2 ku isi bigiye gupima imbaraga za gisilikare muri Siriya, birabe ibyuya ntibibe amaraso kuko bishobora kubyara intambara ya 3 y’isi yose kandi ikaba ishobora gukoreshwamo ibitwaro bya kirimbuzi !
 
Source : AFP na Reuters
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
M
Nkuko mubivuga intambara y`isi yaratangiye, kuko kuva Russia yakwinjira muntambara ya Syria umukino wahinduye isura. Amerika nabanyaburaye bari basigaye bifatanya bakica uwobashatse, cyangwa bagakiza uwobashaka nkuko byagenze iwacu. Russia rero muri Syria imaze kuberurira ibabwora yuko atariko bigomba kugenda, yuko imiyoborere yigihugu itagomba kuyoborwa nabanyamahanga it: igihugu kigomba gucungwa nabaturage bacyo. Murareba rero yuko ibyo Russia yavuze kuri Syria, arinabyo yavuze kuburundi, byerekana yuko abasenga bakwiriye gusengera Russia Imana ikayiha imbaraga kuko byatuma ubwikanyize bwa impure HIMA burangira burundu.
Répondre
N
@Mawazo<br /> Ntabwo ari mu biyaga bigari gusa ; Ahari imari hose mu bihugu bidafite imizinga ya kirimbuzi ;bahakora intambara bakajya kuvoma iyo mari : ibuye ; peteroli; kugurisha imbunda ....Bakora politiki yo kwitwaza akamasa kazivukamo kakazimara ; kakabaherekeza kwivomo ntihagire usobanukirwa. Ni ubukoroni bushya bwirindi shusho ; nguko uko umwicanyi yitwa umwere mu manza zabo naho uwiciwe akaba ariwe wishyura inka ya nyangara.....
Répondre
P
Kuba USA itanesha Russia n'abobafatanyije ntibivuze ko byabuza intambara ya 3 y'isi kuba kuko n'ubundi buried ntambara igira uyitsinda n'uyitsindwa.
Répondre
P
Kuba USA itanesha Russia n'abobafatanyije ntibivuze ko byabuza intambara ya 3 y'isi kuba kuko n'ubundi buried ntambara igira uyitsinda n'uyitsindwa.
Répondre
K
Murongeye murariye!! Ngo Mohamedi mwamurashe ngo ni ISIS!!!! Yaaaa! Mubonye ibyo murisha! mubonye ko Génocide mwageretse ku nzirakarengane mu kabeshya isi none mugiye kurasa abanyarwanda ngo ni ISIS!! Sha mugeze habi kandi bizabagora cyane. Ubwo murashaka kwirenza Musa Fazil ngo ni ISIS! Isi yarabamenye gukomeza guhonyora abanyarwanda mutekininga ndababwiye n'iby'igihe gito cyane mugahura n'uruva gusenya! Murakabije!!!
Répondre
K
Wowe Mawazo ntuzasubire kujya uhurutura ibintu byerekeye amateka utabanje kubaza. wigiye he amateka y'isi? Ninde wakubwiye ko France yakolonije ibihugu byo mu Biyaga bigari? Niba ariyo mateka Bideli yirirwa abapakiramo arababesya cyane. Kwikoma France ntaho bizabageza! Congo,Rwanda,Burundi byakolonijwe na Belgique naho Ouganda,Tanzanie,na Kenya byakolonijwe n'u Bwongeleza. Wahurira?
Répondre
M
Abantu muzi gusesengura nimunsobanurire nikuki muri Afrika yibiyaga bigali hariho ubukoroni bwa kabili bushingiye ku twica no kudutsembatsrmbera gushira ubwo bukoroni bwa kabili nubwo abongereza kuko ubukoroni bwa mbere bwari ubwo Abafransa. Nonese bihatse iki? Kandi bizarangira giheki? Abazungu mu kuguma kutwica? Ndaboba hazakurikiraho nubundi bukoroni bwa gatatu bwabashinwa cg abandi bazungu bazashaka kuza kutumena imitwe. Nimunsobanurire rwose agahinda kagiye kunyica kubera ko twe abanyafrika turutwa nibikeli byo mu bishanga imbere yabazungu. Ndategereje igisubizo.
Répondre
U
Abatazi aho tugeze<br /> Nimusome Bibiliya musome igitabo cya Daniel maze namwe mumenye aho Iyi si irimo yerekeza
Répondre
R
Intambara yisi irimo. Amerika igeze muri RDC yasanze umushinwa amaze gutanga amakashi ; agura ibinombe atanga abanyuze inzira yisasu. Agahenge kariyo si impuhwe agaca kagiriye imishwi .Ariko nimbunda zicuruzwa nayo ni amaf.Reba impunzi zambuka i Burayi buri munsi ;ukeka ko bicumbamo umunezero ?Bara ibihugu muri Afrika bitarimo imitwe irwana itari mu butegetsi . Aziya ? Ahaaaaa.......Imana ifashe ino si twikoreye.
Répondre
M
Hagowe impunzi zabanyafrika zahungiye muri amerika zitazi Abanyamerika Ari bantu ki. Beshi bapfuye urwagashinyaguro kandi bari kwicwa urwumwanzi ashaka hamwe nagahinda. Nihehe ho kunyura kugaruka muri Afrika ? Gute? Tubigenze gute? Turashize? etc...<br /> Abanyamerika kwica niwo mwuga wabo mubuzima bwabo bwose. Rutuku, Mpatsibihugu, Capital punishment, slavery cg esclavage, etc... Abari muri Afrika mwihangane muruta abahungiye mubazungu Kure cyane. Ndabarahiye ntibyoroshye intambara kubanyamerika niko kazi kabo.
Répondre
K
Intambara ya gatatu yisi ntishoboka. USA ntabwoyanesha Russie et leurs alliés.
Répondre
K
Intambara ya gatatu yisi ntishoboka. USA ntabwoyanesha Russie et leurs alliés.
Répondre
A
Musa fazili nawe afatwe
Répondre
M
Ntabwo abanyamerika batsinda iriya ntambara Abarusiya bariteguye cyane kandi begereye Syrie gusubya Abanyamerika.Syrie ntabwo ari Libye,Libye yegereye Uburayi na Base militaire aerienne y'Abafransa iba muri Tchad.
Répondre
K
Nta gihugu na kimwe kuri iyi si gikomeye kiziha gutegeka abatuye iyi si ngo bishoboke!! Aba ba gashozantambara bashaka kwigarurira isi ntibazabigeraho; gusa bari gusemera abaturage babo kuko nubwo intambara yabera muri Syriya byanze bikunze iyo ntambara izagera no kubaturage b'ibyo bihugu by'ibihangange. Naho gusenga iyi si iragaramiwe!!!!!!!!!!!!!
Répondre
N
Ubonye uko abagabo bagabanye ibihugu byibiyaga ; barangiza bagasusubiranya agataka hejuru yikirunga kiri kubira no gutontoma;bagatera uturabo hejuru ; bati ngayo amahoro ONU na Amerika babahaye .AMEN !
Répondre
N
Ubonye aho isimburanwa ly abanyabyongereza nabanyabifaransa ridusize mu Rwanda na Congo !!!!
Répondre
T
Reka nkwibariza wowe ugishidikanya unibaza niba ibiri kubera muri siriya bitazateza inambara ya 3 y'isi.<br /> Jye nunguwe nokumva ko wowe nkumunya makuru muri iki gihe ushobora kuba wirengagiza amateka y'isi mu bijyanye na za geo-political strategies mu bya gisirikare. subiza amaso inyuma nibura imyaka icumi, noneho usesengure ibiri inyuma ibyaranze ibyo bihe kugeza n'ubu cyane cyane mu ngufu nubushamire mu bya politike na gisikare uhereye muri afurika, iburasira zuba bwo hagati (Middle-East), iburasira zuba y'iburayi nahandi, nonehonkibaza impamvu utashoboye kumenyako iyi nambara uri kwikanga ko yaba yaratangiye kera. inambara yisi ya gatatu yaratangiye ahubwo igisigaye ni ukubitangaza kumugaragaro nkuko bigiye kuzakorwa vuba hano nibihugu twita byibihangange. nte ku kujyana kure, gereranya inambara yisi yambere uko yatangiye nibiri kubera mu bihugu bitandukanye kwisi, ndetse na papa wa Roma we akaba atashatse kubihisha avuga kuri nambara ya gatatu yisi, usanga ahubwo iyi nambara yamaze kugera aho isigaje gusa ubushamirane twa kwita confrontations directes et ouvertes. muri make inambara wikanga yisi yaratangiye hashize imyaka nibura imunani ibihugu byisi birikurwana iyi nambara. ndeste navuga ko yabaratangiye na mbere yaho gato. reka nguhe urugero: ibuka inambara yogoje yougoslavia, irak, inambara yambere yafrika muri congo 1998 irwanywe n'ibihugu imbona nkubone ndetse nibindi byayirwana byihishe, afganistan, siriya, Yemen, somaliya, libya, n'ahandi. <br /> Ndumva ibi bisobanuro biri biguhe nibura ishusho nyayo yuko ibintu (inambara y'isi) byifashe.