Rwanda: Isura ya Kagame Paul ikomeje guhindana, ese aratinyuka kujya mu nama ya U.A muri Ethiopia ?

Publié le par veritas

http://www.hrw.org/sites/default/files/media/images/photographs/2012_Ethiopia_AUSummit.jpg

Uyu munsi kuwa mbere taliki ya 21 mutarama 2013 nibwo umuryango w’ubumwe bw’Afurika (UA) watangije inama yawo isanzwe mu gihugu cya Ethiopia. Umuryango wita kuburenganzira bw’ikiremwamuntu (HRW) ukaba wandikiye ibaruwa umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika Madame Nkosazana Dlamini-Zuma ikubiyemo ibyifuzo by’uko ibihugu by’Afurika bigomba kwita ku mahame yo kurengera uburenganzira bwa muntu kugira ngo Afurika ishobore guca amakimbirane n’intambara birangwa mu bihugu byinshi by’uwo mugabane.

 

Abakuru b’ibihugu by’Afurika bategerejwe muri iyo nama ku mataliki ya 27 na 28 mutarama 2013. Iyo nama y’Ubumwe bw’Afurika iziga ku bibazo bijyanye no guhohotera uburenganzira bw’ikiremwa-muntu bwagaragaye mu bihugu birangwamo amakimbirane y’intambara nka Mali, Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, na Sudani na Somaliya. Iyo nama kandi izasuzuma ibibazo bijyanye n’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu ryatewe n’amakimbirane aturuka ku matora mu gihugu cya Kenya na Zimbabwe nk’uko bitangazwa na HRW.

 

Tiseke Kasambala , umuyobozi w’ishami rya HRW muri Afurika yasobanuye ko inama y’ibihugu by’ubumwe bw’Afurika ari ingenzi cyane kuko iyo nama ishobora gufata ibyemezo bikomeye mu kubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Afurika kuko ariyo nkomoko y’amakimbirane n’intambara kuri uwo mugabane. Akomeza avuga ko mu ntambara yo muri Mali Afurika igomba gukora uko ishoboye ikubahiriza amategeko mpuzamahanga yo kurengera abasivili.

 

Tiseka Kasambala avuga ko uburenganzira bw’ikiremwamuntu bukomeje kubura muburasirazuba bwa Congo mu ntara ya Kivu ; aho aragira ati : « Urwanda rurasabwa guhita ruhagarika inkunga ruha umutwe w’inkoramaraso wa M23, umuryango w’ubumwe bw’Afurika (UA) ukaba ugomba gukora ibishoboka byose ngo abasilikare bakuru ba M23 bakoze ibyaha byashyikizwe ubutabera byihutirwa ». yasabye kandi ko ikibazo cya Congo kigomba guhagurutsa Afurika n’isi yose mukurwanya urugomo rukorerwa abaturage bikozwe n’umutwe wa M23. HRW irifuza kandi ko ingabo zizoherezwa muburasirazuba bwa Congo zitagomba kuzana amahoro gusa ahubwo zigomba gufata abantu bose bashakishwa n’urukiko mpuzamahanga bihishe mu mutwe wa M23 bagashyikirizwa inkiko.

 

Mu gihe HRW itunga agatoko leta ya Kagame  gufasha umutwe wa M23 ndetse ikaba ihamagarira isi yose kurwanya uwo mutwe ikinyamakuru cyo kuri internet cyandikirwa muri leta zunze ubumwe z’Amerika kitwa The daily beast cyambitse ubusa Kagame Paul perezida w’u Rwanda ; icyo kinyamakuru cyagaragaje uburyo kagame afite ibyaha byinshi bikomeye aregwa harimo no kwicisha abanyarwanda inzara batuye mu cyaro. Icyo kinyamakuru gishinja kagame ko mu nama yakoreraga abasilikare n’abantu bakomeye muri FPR yababwiraga ko kugira ngo u Rwanda rurusheho gukomera ,Congo igomba kugira intege nke kandi burigihe abacongomani bakabacamo ibice kugira ngo batumvikana , nyamara kandi ngo amafaranga yose yavaga mu mabuye y’agaciro yasahurwaga n’abasilikare b’u Rwanda muri congo, ntiyinjiraga mu isanduku ya leta ahubwo yajyaga mu mufuka wa kagame !  Abumva ururimi rw’icyongereza bashobora gukanda kuri iri jambo « The daily »  bagasoma iby’iyo nkuru.

 

 

Veritasinfo.fr  

 


Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
S
<br /> iyi site ni ya RUSESEBAGINA niwe uyandikisha, rero birumvikana ko yavuga ibyo yishakiye. <br />
Répondre
M
<br /> Abize ubunyamabanga bari baratangiye kwiga muri KIE mu gihirahiro<br /> <br /> <br /> <br /> Yanditswe kuya 22-01-2013 - Saa 07:48' na Izuba Rirashe<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Bamwe mu banyeshuri barangije kwiga amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubunyamabanga baratakamba nyuma yo guhagarikwa nyamara bari bamaze iminsi biga mu<br /> Ishuri Rikuru ry’Uburezi (KIE).<br /> <br /> <br /> Aba banyeshuri bagera ku 103 bavuga ko baje kwiga nyuma yo kubona itangazo ryasohotse mu Mvaho Nshya yo ku wa 12 Ukwakira 2012 ritanzwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga ubumenyi ngiro<br /> (WDA) ryabahamagariraga kuza kwiyandikisha ngo bakomeze amashuri makuru.<br /> <br /> <br /> Mu kiganiro n’ikinyamakuru Izuba Rirashe bamwe mu banyeshuri bahagaritswe ku masomo yabo bagaragaje impungenge bafite kuko nyuma yo kwirukanwa muri KIE ngo ntibafite aho baba kandi bavuga ko<br /> bazava mu Mujyi wa Kigali ari uko ikibazo cyabo cyakemutse.<br /> <br /> <br /> Uwimana Claire warangije mu ishami ry’ubunyamabanga mu ishuri ryisumbuye rya APEBU-Nyamata, yatangaje ko nyuma yo kubona itangazo mu Mvaho Nshya ryavugaga ko abanyeshuri bari ku rutonde<br /> bagomba kwihutira kugana ishami rishinzwe gutanga inguzanyo mu kigo REB yahise ajyayo bitewe n’uko yari yujuje ibisabwa harimo amanota 44 yasabwaga na WDA.<br /> <br /> <br /> Uwimana yagize ati “Nahise nza kwiyandikisha ntanga imyirondoro yose, bagenda badushyira mu mashami bakurikije amanota ya buri wese ariko twanditswe ari uko twabanje kwishyura amafaranga yo<br /> kwiyandikisha, nyuma twabonye irindi tangazo ridusaba kwandika ibaruwa isaba kurihirwa yandikiwe REB iherekejwe n’umwirondoro, turandika turabitanga uko turi 103 aribwo ku itariki ya 21<br /> Ugushyingo 2012 twaje gutungurwa n’urutonde REB yasohoye ruriho gusa abanyeshuri 30 mu 103 bari basabye bavuga ko noneho bafatiye ku manota 50.”<br /> <br /> <br /> Uwimana asanga mbere yo kubahamagara ngo baze kwiyandikisha aho batanze amafaranga ibihumbi 47,000 y’u Rwanda, Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) n’Ikigo gishinzwe ubumenyi ngiro (WDA)<br /> bari bakagombye kuba barabanje kwicara hasi bagakora urutonde bemeranyijweho aho kubahinduka bararangije kugera mu ishuri kuko bahagaritswe bamaze ukwezi n’igice.<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Umwe mu banyeshuri bize ubunyamabanga bahagaritswe nyuma y’iminsi mike yari amaze yiga muri KIE aririra imbere ya MINEDUC (Ifoto/Izuba Rirashe )<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Kabarere M. Louise waje mu Ishuri Rikuru rya KIE aturutse i Nyagatare we yavuze ko nubwo habayeho kuvuguruzanya hagati ya REB na WDA babatabara bagakomeza amasomo yabo kuko bari batanze<br /> amafaranga menshi kugira ngo babashe kuzuza impapuro zasabwaga.<br /> <br /> <br /> Kabarere yagize ati “Nkurikije uko abanyeshuri batubanjirije babigenzaga wuzuzaga impapuro ukazijyana muri REB cyane ko wabaga waribonye ku rutonde ruri mu Mvaho Nshya."<br /> <br /> <br /> Akomeza agira ati “Nujuje ibisabwa ndabitanga ariko natunguwe no kubona mu banyeshuri 103 bafata 30, twe batubwira ko twasubira mu rugo, twahise tugana Ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyi<br /> ngiro (WDA) kuko ari cyo cyari cyadutumije batubwira ko ikibazo cyacu kizakemurwa na REB, tugeze muri REB batubwira ko WDA yaduhamagaye ari yo igomba gukemura icyo kibazo.”<br /> <br /> <br /> Aba banyeshuri bavuga ko kuva bahagarikwa bamaze ukwezi biruka mu nzego zitandukanye zishinzwe uburezi harimo ubuyobozi bwa REB, WDA na MINEDUC, ariko kugeza na nubu ikibazo cyabo kikaba<br /> kitarakemuka aho kugeza ubu bafashe icyemezo cyo kujya birirwa kuri Minisiteri y’Uburezi kuko bumva ko ariho ikibazo cyabo kizakemurirwa.<br /> <br /> <br /> Uwimbabazi Valentine nawe wahagaritswe asanga nyuma yo kubura amahirwe yo kwiga ubuzima bwe bugiye kuba bubi kuko ngo mu byo ateganya kuva mu mujyi byo ntibirimo.<br /> <br /> <br /> Nyuma yo kumva ibyo bibazo, ikinyamakuru Izuba Rirashe cyegereye umuyobozi muri REB w’Ishami rishinzwe gutanga inguzanyo ku banyeshuri Louise Karamage, atangaza ko abanyeshuri 30 batoranyijwe<br /> mu 103 hakurikijwe ubushobozi bwabo.<br /> <br /> <br /> Karamage ati “ Haracyari ikibazo cy’imyumvire mu banyeshuri ikwiye guhinduka, aho umuntu yibona ku rutonde akumva ko byarangiye yabonye inguzanyo, dutanga inguzanyo hakurikijwe uburyo bwo<br /> kugabana ikiguzi (cost share) cyangwa hagendewe ku budehe ; kuba WDA ibinyujije muri KIE yaratwoherereje urutonde, ntibivuga ko abanyeshuri bagombaga guhita barihirwa ; inama y’ubutegetsi<br /> yarateranye yemeza ko 30 aribo ikigo gifitiye ubushobozi bwo kwishyurira”.<br /> <br /> <br /> Mu gusoza ariko, umuyobozi muri REB, ishami rishinzwe gutanga inguzanyo, Louise Karamage, yatangaje ko nk’ababyeyi n’ubundi bashinzwe uburezi ubu batakwicara ngo barebere abana bava mu ishuri<br /> akaba atanga icyizere ko inzego zose bireba bagiye kwicara hasi bagashakira iki kibazo igisubizo kirambye.<br /> <br /> <br />
Répondre