RDC-M23: Intumwa za Leta ya Congo mu mishyikirano na M23 zateye utwatsi icyifuzo cya Uganda cyo gusuzuma ibibazo bya politiki ya Congo!

Publié le par veritas

http://www.pressafrik.com/photo/art/default/5180770-7729697.jpg?v=1359624605Imishyikirano hagati ya M23 na leta ya Congo ikomeje kudindira. Inyeshyamba za M23 zirashaka ko leta ya Congo yemera ko bajya impaka ku bibazo byo kugabana ubutegetsi n’ibindi bibazo birebana na politiki, muri make M23 irashaka ko hajyaho leta y’inzibacyuho muri Congo igomba gutegura andi matora nk’uko byagenze mu gihugu cya Centrafrique.

 

Icyo kifuzo cya M23 intumwa za leta ya Congo muri iyo mishyikirano i Kampala ntizigikozwa. Uyu munsi umuhuza(leta ya uganda) yakoze amatsinda abiri , buri tsinda rikaba rigizwe n’umubare ungana w’intumwa za leta ya Congo na M23 ; itsinda rimwe ryagombaga kwiga kubibazo bijyanye n’umutekano naho irindi tsinda rikiga kubibazo bya politiki n’imibereho myiza y’abaturage.

 

Ubwo buryo bw’imikorere intumwa za leta ya Congo zahise zibutera utwatsi ! Zavuze ko kwiga ibibazo bya politiki bivuga guhungabanya inzego za leta ya Congo iriho muri iki gihe. Intumwa za leta ya Congo zikaba zavuze ko zitaje i Kampala mu kibazo cyo gusesengura imiyoborere ya Congo ahubwo ko hagomba kwigwa ku bibazo byanditse M23 yatanze ivuga ko aribyo byatumye ifata intwaro.

 

Kubera iyo mpamvu igihugu cya Uganda nk’umuhuza cyabaye ngombwa y’uko gishakisha ubundi buryo bwumvikanyweho n’impande zombi zihanganye z’uko ibiganiro bigomba gukorwamo. Byari biteganyijwe ko imishyikirano ya leta na M23 irangira none ku italiki ya 31 mutarama 2013 ariko urebye uko ikibazo kifashe hagomba kuziyongeraho indi minsi myinshi kugira ngo impande zombi zishobore kugera kumwumvikano.

 

 

Veritasinfo.fr 


Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
V
<br /> Mba ndoga Yezu<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Cartoon<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Story by: editor<br /> Email: editor@inyabutatu.com<br /> Posted: 2013-01-31<br /> Comments: 0<br /> Source: Gatana Wenceslas, umusomyi.<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Iyi nkuru nifuza ko dusangira uyu munsi ni inkuru mbarirano, kandi ngo “Inkuru mbarirano nta buremere igira: ibaba ry’umushwi w’inkoko riyirusha kuremera.” Reka ngerageze kuyisubiramo,<br /> ariko sinzi niba ndibubishobore!<br /> <br /> <br /> Umunsi umwe padiri mukuru wa seminari nkuru ya Nyakibanda yakoresheje inama abafaratiri baho bose, arababwira ati “Ntabwo muhinga kandi murya neza nibura gatatu buri munsi: mu gitondo,<br /> saa sita, na nimugoroba. Ese hari ubwo mujya mwibaza aho amafaranga yo kubatunga aturuka? Ese mutekereza ko ayo mafaranga tuyasoroma ku giti?<br /> <br /> <br /> Ayo mafaranga ava mu mfashanyo duhabwa n’abakirisitu bo mu mahanga bakunda Imana. Abo bagiraneza si abakire b’abaherwe bagaze, abenshi muri bo ni abakene, nta mafaranga babonera ubusa,<br /> bagomba kuyakorera, bakayahembwa bayagokeye, bemera kwigomwa utwabo ngo ubutumwa bwa Yezu bwogere hose. Kubera bo, muriga nta n’igiceri gitoboye mutanze.<br /> <br /> <br /> Yewe n’amakanzu mwambaye nibo bayabagurira, ntiriwe mvuga amafaranga agura ibitabo mwigiramo, ayo guhemba abarimu babigisha, ayo guhemba abakozi babamesera imyenda n’abandi bakozi<br /> benshi nk’ababategurira ibyo kurya.<br /> <br /> <br /> Amafaranga abagendaho ni ishyano ryose. Abagiraneza bakora ibyo byose bizeye ko muzarerwa neza, mukaba abantu b’Imana, ko ineza babagirira namwe muzayigirira abandi mukayikwirakwiza<br /> hose, mukamera nk’itara rimurikira bagenzi banyu.<br /> <br /> <br /> Abo bagiraneza bizeye ko mutazabatenguha, ko imbuto bateye zitazapfa ubusa, ko ahubwo zizabyara umusaruro ushimishije. Nta nyiturano yindi babatezeho, nta n’ubwo muzi amazina yabo,<br /> ibihembo byabo babitegereje mu ijuru.<br /> <br /> <br /> Ni byiza, birumvikana kandi birakwiye ko ayo mafaranga y’imfashanyo tuyakoresha neza, akadufasha mu byo tudashobora kwifasha ubwacu: ni ubupfayongo kuyatagaguza ku bintu dushobora<br /> kwitunganyiriza ubwacu.<br /> <br /> <br /> Ni yo mpamvu nifuza ko guhera umwaka utaha buri wese muri mwe azajya yiyogereza isahani ariraho; ibyo bizatuma amafaranga yo kuriha umushahara w’umukozi woza amasahani muriraho<br /> tuyakoresha ibindi bikenewe kandi byihutirwa. Ese ubundi ko muri abasore b'intarumikwa kandi mwaminuje mu mashuri, kuki mugomba gukorerwa byose, kuki mugomba gutamikwa ibiryo nk'icyana<br /> cy'inyoni? Kuki imyifatire mibi nk'iyi itabatera isoni? Mu magambo make dore igisubizo mbahaye: amagambo ya Yezu ngo "Kunda mugenzi wawe uko wikunda" yarabihishe neza neza,<br /> nimutayakurikiza, muzakomeza guteza impagarara bitume muba abashenzi kugeza ku munsi w'imperuka; nimuyakurikiza, ibibazo byanyu byose bizahita biyoyoka: uwimakaje ubwirasi asarura<br /> ubusambo n'ubusumbane, uwokamwe n'amacakubiri akurura urwango, uhembera urwango asarura amaraso n'urupfu; utanga ineza yiturwa urukundo, ubibye urukundo asarura amahoro n'umunezero.<br /> Umuvumo wanyu ni ukuticisha bugufi ngo mwige gukundana no gufashanya, mukimakaza ubwirasi, ubugugu n'izindi ngeso mbi mu mitima yanyu.<br /> <br /> <br /> Uzakunda Imana ute kandi utayiruzi, niba udakunda mugenzi wawe ukuri iruhande? Ubu se koko ninde mukunda igihe mushukura iminwa ngo nuko mbabwiye kuzajya mwiyogereza amasahani?<br /> <br /> <br /> Nk'uko nababwiye, bariya bagiraneza barigomwa kubera urukundo babafitiye. Kuki mwebwe mutakwiyoroshya? Ubwo bwirasi bubibagiza mugenzi wanyu burabaganisha m' ubutindi budashira no mu<br /> muriro w'iteka. Kuba umukirisitu nyawe bigomba ubutwari, imbwa ntizibibazwa kuko zitinya umusaraba.”<br /> <br /> <br /> Abafaratiri bamaze guta mu gutwi ijambo rya padiri mukuru, barasuherwa bamera nk’uruvu umuntu ahaye ubuvunderi, batarataza amazuru, batangira guhumeka bafureka kubera umujinya<br /> n’uburakari, babura ibyicaro nk’intozi umuntu akojejemo agati.<br /> <br /> <br /> Warabarebaga, ukagirango padiri mukuru yibeshye akoma rutenderi. Umufaratiri umwe ati “Rwose padiri, uzitonde ubaze neza, kirazira nta mugabo wiyubashye ugera mu gikoni aho amasahani<br /> yogerezwa.” Undi mufaratiri ati “Mama yumvise ko nazanywe hano no kwoza amasahani yamvuma.<br /> <br /> <br /> Nta muntu w’umugabo nkanjye wize ikilatini, ikigereki, igifaransa n’icyongereza n’amateka y’isi yose kandi agafata bibiliya mu mutwe ukwiye kunyuguza amasahani.<br /> <br /> <br /> Abo Imana yimye ubwenge bwo mu bitabo, amashuri akabatera ubutaka, akabarahira aho twinikaga, nibo bakwiye gukora akazi k’ububoyi.” Undi mufaratiri ati “Ko duhora twambaye amakanzu yera<br /> tutayashyira hasi, niduhugira mu mirimo yo mu gikoni ntituzayanduza agahinduka umukara nk’inkono iteka?<br /> <br /> <br /> Ninde wifuza ko twese duhinduka ibikara nka Rukara rwa Bishingwe? Ese hari aho byanditse muri bibiliya ko kugirango umupadiri yigishe neza ivanjili agomba kwiyogereza imbehe ye?” Undi<br /> mufaratiri ati “Ko musenyeri atoza aye masahani, abapadiri nabo ntiboze ayabo, kuki abafaratiri ari bo bagomba guheka uwo musaraba bonyine?”<br /> <br /> <br /> Undi mufaratiri ati “Kuva iri shuri ryashingwa, ntawigeze atinyuka gutegeka abafaratiri gukora imirimo irimo imyanda nko kwoza amasahani, kuki noneho ibintu bigomba guhinduka, abozaga<br /> amasahani bagiye he?<br /> <br /> <br /> Ese bararenzwe kuburyo batagishaka gukora uwo murimo?<br /> <br /> <br /> Igituma padiri atikoza mu gikoni ni uko aramutse ahugiye mu murimo yaho nko gucugusa inkono no kurwana n’amasahani n’amakanya n’ibyuma, ashobora kubikuramo uburwayi maze umutwe<br /> ukamumerera nabi cyangwa ibyuma bikamukoretsa ndetse inkono zishyushye zikamyotsa, kandi ntiyabona umwanya uhagije wo kwita ku mirimo ye ya ngombwa nko gusoma misa, gukiza abantu<br /> ibyaha, kubatiza impinja n’ abapagani, gusura abarwayi, guha umugishya abasore n’inkumi baje gusezerana, n’indi mirimo myinshi nko guhamba abapfuye no kwirukana amashitani. Padiri<br /> ahugiye mu mirimo yo mu gikoni, amashuri ye yaba apfuye ubusa pee kandi yata icyubahiro cye bidatinze, erega hari abantu bamufata nk'umukozi wo mu gikoni! ”<br /> <br /> <br /> Undi mufaratiri ati “Jyewe navutse mu muryango wanjye abagaragu bakunze kwitwa abakozi bo mu rugo ari urujya n’uruza.<br /> <br /> <br /> Abafaratiri bo miryango y’abakene nibo bakwiye kwoza amasahani yacu twese. Jyewe nabyawe n’ababyeyi batunze ibya Mirenge ku Ntenyo, nabyirutse nsanga iwacu huzuye abapagasi benshi,<br /> nsanga dufite ababoyi n’abayaya bangana uburo buhuye, nta na rimwe nigeze ndota noza isahani nk’umuboyi.<br /> <br /> <br /> Uyu munsi baradusaba kwoza amasahani, nituramuka tubyemeye tukabikora, ejo bazadusaba kwoza inkono no kwoza amazu yose ya seminari, ndetse n’imisarani yacu.<br /> <br /> <br /> Rahira ko nitubyemera budacya badusaba kujya twihatira ibijumba hanyuma bakazatubwira ko ndetse seminari ifite amasuka n’imilima ko ahubwo bazatwereka uko batera imigozi noneho ibyo<br /> bijumba tukazajya tubyihingira byakwera tukabikura akaba aribyo tuzajya twihatira kuko barambiwe no gupfusha ubusa udufaranga tw’abagiraneza! Erega bazageraho bajye badutuma no kwa<br /> ntawutumundi!!!<br /> <br /> <br /> Ndabaraguriye, nimushaka mubyemere sogokuru yari umupfumu nta mutegetsi cyangwa umuherwe ataraguriye.” Undi mufaratiri ati “Ninjiye mu iseminari maze kwiyemeza kudashaka umugore no<br /> kutabyara, naje mu iseminari maze kwiyemeza gutegekwa na musenyeri nk’uko ategeka imbwa ye, ikindi kiliziya inshakaho ni iki?<br /> <br /> <br /> Kwigomwa kundi kurenze uko ni ukuhe?<br /> <br /> <br /> Nzabura umugore, mbure abana, mbure isambu n’urugo, mbure abakwe n’abakazana, mbure abuzukuru, nongereho no kubura umukozi unyogereza isahani?<br /> <br /> <br /> Naje mu iseminari mpunga isuka no guhinga, none ngo ninkore imirimo igenewe ingeruza!” Undi mufaratiri ati “Jyewe data yitabye Imana ntaravuka, nkiri mu nda ya mama.<br /> <br /> <br /> Igihe ntaramara umwaka umwe mvutse, mama na we yitaba Imana. Ni jye jyenyine iwacu basize babyaye. Iyo Imana itabaho, ngo imbumbatire mu biganza byayo, ngo ibe data na mama inyorose<br /> impuhwe n’urukundo rwayo, nta n’ubwo mba ndi icyondo cyo mu kirenge. Impungenge mfite si ukwoza amasahani, impungenge zanjye ni ugukora icyo Imana ishaka.<br /> <br /> <br /> Niba Imana ishaka ko noza amasahani, nzayoza rwose nta ngingimira, nta gucuna ingoni, nta gushukura iminwa, nta gusigana n’abandi, nta guhigima no kwigononwa; nzayoza nk’aho kuyoza ari<br /> rwo rufunguzo rw’ijuru rwonyine Imana yangeneye, nzayoza nitonze kandi nishimye nk’umugeni uboha agaseke ko gutura nyirabukwe, nzayoza ndahumbya nk’umuganga udoda umurwayi w’indembe<br /> amaze kubaga, nzayoza ntarangara nk’umushoferi utwaye imodoka umwamikazi w’Abongereza yicayemo, nzayoza ndota ijuru nk’umubikira woza igikombe gikoreshwa mu gitambo cya misa.<br /> <br /> <br /> Kwoza amasahani ntaho bihuriye n’ineza y’Imana intunze kugeza uyu munsi. Dore icyo nifuza: kwiyegurira Imana nk’uruhinja rusinziriye ku bibero bya nyina. Naje mu iseminari kubera ko<br /> ndashaka kuba kure y’Imana, no kubera ko nshaka gushyira mu bikorwa inyigisho nziza n’ingero nziza Yezu yatanze: igihe Yezu, we mwana w’Imana, yozaga ibirenge by’intumwa ze, yatweretse<br /> ko tugomba kwicisha bugu<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br />
Répondre