FAUSTIN TWAGIRAMUNGU NJYE NDAMUKUNDA

Publié le par veritas

FaustinNyuma yo gusoma inyandiko yahise ku rubuga rwanyu yanditswe n’uwitwa Manirakiza Albert, avuga impamvu ngo Bwana Faustin Twagiramungu agomba gusaba imbabazi, nanjye nti Twagiramungu ntagomba gusaba imbabazi z’ibyaha atakoze ngo ashimishe abantu bamwe na bamwe.


Mbona Bwana Twagiramungu ari umunyapolitiki w’intangarugero wagombye kubera urugero abandi banyapolitiki bo mu Rwanda. Kubera impamvu zikurikira:

-Twagiramungu nta maraso afite mu biganza bye, nta bikorwa yigeze ajyamo bimena amaraso ibyo aribyo byose, uwaba hari ibyo azi azabigaragaze anabitangire ibimenyetso.

-Twagiramungu yaharaniye Demokarasi mu mahoro adakoresheje intwaro, mu gihe abandi bajyaga muri FPR yakoreshaga intwaro we yahisemo kubyutsa ishyaka MDR we n’abandi kugira ngo barwanye ibitaragendaga neza mu butegetsi bwa Perezida Habyalimana mu mahoro, rero ntabwo byari kumunanira kwinjira muri FPR.

-Twagiramungu ni umugabo wagaragaje ko yanga amafuti, yabigaragaje rugikubita ubwo yangaga kuba igikoresho akegura kumwanya wa Ministre w’Intebe, mu gihe abandi bemera gukomeza gukoreshwa amafuti na FPR kugira ngo imbehe zabo zitubama.

-Twagiramungu ntabwo yigeze ahwema kuvuga ibitagenda, igihe yari mu buhungiro ntabwo yigeze aceceka. Ndamwibuka mu Kiganiro Imvo n’Imvano aho yahakanye ko adashobora gusaba imbabazi abatutsi mu izina ry’abahutu. Koko ntabwo byaba ari byo kuko icyaha ni gatozi, ntabwo rero abahutu bose bagomba kwishyura ibyaha byakozwe na bamwe muri bo. Hari ingero nyinshi z’abanyapolitiki bahunga, barangiza bakaruca bakarumira bagategereza ko Kagame azababarira bagasubira ku muhakwaho. Bwana Twagiramungu ntari muri abo.

-Twagiramungu yatakaje umuryango we hafi ya wose ndetse n’inshuti  nyinshi muri 1994, ariko ntabwo yigeze agira inzika no gushaka kwihorera cyangwa urwo rupfu  ngo arugire intwaro ya politiki nk’uko abandi babigenza.

-Twagiramungu azi gusobanura ibitekerezo bye ku buryo umwumva wese anyurwa n’ibisobanuro atanga,  kandi ibyo byose abikora mu kinyabupfura adatukanye nk’uko bamwe bakunze kubigenza.


Nasabaga abarwanya Bwana Faustin Twagiramungu ngo nabo batubwire ibigwi byabo natwe tugereranye turebe.

Icyo nabwira Bwana Faustin Twagiramungu n’ishyaka rye RDI-Rwanda Rwiza,n’uko batugirira vuga kuko ingoma y’igitugu iraturembeje.

Tumuri inyuma twese.

NB: Mbasabye ko mutatangaza umwirondoro wanjye kuko ndi mu gihugu sinshaka ko abahungu ba Jack Nziza bansura ndacyashaka kubaho!


Source : Rwanda rwiza

 

 

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
N
<br /> Kuba ukunda umuntu nka TWAGIRAMUNGU twese tuzi amafutiye, kubidutangariza nukutweteka ko muhwanye, kuko ngo ibisa birasangira. Nimujyane mwikunde, kuko kwibwira ko kwandika ibi byatuma harabandi<br /> bantu babasanga, nukwikirigita ugaseka nka wa mukobwa wumupfu, wigishwamwinyo !<br />
Répondre
S
<br /> Mu isengesho rya Padiri Ubald abarwayi bakomeje gukira indwara <br /> Yanditswe kuya 7-02-2012 - Saa 10:59' na Munyentwari Patrick<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Mu isengesho ryo gusabira abarwayi ryabereye kuri Stade ya Nyamirambo, bamwe mu barwayi bari barwaye indwara zikomeye batangaje ko bakize izo ndwara mu<br /> buhamya batanze.<br /> <br /> <br /> Iri sengesho ryari riyobozwe na Padiri Ubald Rugirangoga, yigishije abantu bari bateraniye aho ko ineza igomba gutsina inabi, ibyo akaba yarabivugiye mu gitambo cya misa cyabimburiye<br /> isengesho nyir’izina ryo gusabira abarwayi, ndetse n’ubuhamya bwa bamwe mu bakize indwara mu isengesho riheruka.<br /> <br /> <br /> Mu isengesho ryateguwe na Paruwasi ya Nyamirambo ku cyumweru tariki 5 Gashyantare 2012, ryitabiriwe na benshi baturutse impande zose biganjemo abakirisitu Gatolika, ndetse n’abemeramana<br /> baturutse mu yandi madini, haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, harimo n’abaturutse ku mugabane wa Amerika.<br /> <br /> <br /> Mu masaha ya saa tanu nibwo abakijijwe indwara zinyuranye batangiye gutanga ubuhamya bw’ibyo Imana yabakoreye mu isengesho riheruka, harimo n’uwakize indwara ya SIDA yaramaranye igihe.<br /> <br /> <br /> Inyigisho ivuga ku kubabarira yatanzwe na Padiri Ubald, ayikomoje ku Ivanjili yasomwe uwo munsi yavugaga uko Yezu yakijije nyirabukwe wa Petero, ndetse n’abandi barwayi benshi. Muri iri<br /> sengesho kandi hatanzwe n’ayandi masomo yateguwe kuri uwo munsi yibanze ku gutsinda inabi nk’uko Dawudi yabigiriye Sawuli yashatse kumwica, ariko Dawudi we akanga kwihorera.<br /> <br /> <br /> Iyo ikaba ariyo nyigisho yifashishije yumvisha abantu ko ineza igomba gutsinda inabi, Padiri Ubald yigishije abari aho ko kugirango ukire ari uko ugomba kubanza ukigorora n’Imana, ndetse<br /> ugatanga imbabazi ku bakugiriye nabi mu buryo butandukanye.<br /> <br /> <br /> Nyuma ya misa nibwo umwe mu bagize itsinda ry’Abanyamerika witwa Denyse yahawe umwanya mbere y’uko isengesho nyirizina ritangira, n’ikiniga cyinshi asaba imbabazi z’ibyo Abanyarwanda bakorewe<br /> n’abazungu bagenzi babo byanagejeje u Rwanda n’Abanyarwanda kuri Jenoside, none bakaba barabuze ababo, n’ubwo bo batari bahari.<br /> <br /> <br /> Isengesho kandi ryagaragayemo gushishikariza abantu kwemera ko koko Imana ikora ibitangaza, hamwe n’ingero zitandunye z’abo Imana yagiye ibikorera batari abo gusa abo mu idini Gatolika .<br /> <br /> <br /> Abatanze ubuhamya bavuga ko bumva babohotse ku mutima, bakabarira ababagiriye nabi baba abiciwe ababo, ndetse n’abagiriwe nabi ku bundi buryo bukomeye,ariko bakitangariza ko babohotse .<br /> <br /> <br /> Amaturo yakusanyirijwe mu gitambo cya misa kuri uyu munsi yagenewe kubaka Kiliziya nshya iri kubakwa muri Paruwasi ya Nyamirambo, izubakwamo ikaba izatwara amafaranga y’u Rwanda asaga<br /> miliyoni 400.<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Padiri Ubald Rugirangoga ari kwigisha<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Impuzamakorali isusurutsa abakristu<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Hari abantu benshi<br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> <br /> Foto : K. Patrick<br /> <br /> <br />
Répondre