Igihugu cy’u Rwanda gishobora guterwa n’«umuzimu w’umugwagasi »! (Cassien Ntamuhanga)

Publié le par veritas

Abantu barapfa ariko ukuri ntigupfa

Abantu barapfa ariko ukuri ntigupfa

«Byumvikane neza rero, ntabwo mu byukuri twazize ko twavuganye n’abantu bo muri RNC, ahubwo nkanjye nk’umunyamakuru,nka Gérard w’umunyamakuru ndetse akaba n’umwigisha, Kizito nk’umuhanzi ; twazize ko twifuzaga kugaragaza ukuri kw’ibibazo by’u Rwanda, mu gihe leta yo ishaka ko ariyo ijya ibyivugira, ikavuga ibyo ishaka kabone naho byaba akenshi na kenshi ari ibintu by’ibinyoma yihimbiye » (Ntamuhanga Cassien).
Kizito Mihigo, Niyomugabo Gerard  n’umunyamakuru Cassien Ntamuhanga bambitse ubusa politiki y’ikinyoma ya FPR Kagame yo kubeshya ko mu Rwanda hari ubwiyunge! Kuva aho umunyamakuru Cassien Ntamuhanga ashoboreye  gutoroka Geraza ya Kagame, agahungira mu gihugu cy’amahanga yagize ibanga kubera impamvu z’umutekano we, yashoboye gushyira ahagaragara icyatumye we ubwe, kimwe na Kizito Mihigo bafungwa, naho Niyomugabo Gérard akicwa. Ntamuhanga cassien yavuze amazina y’abishe Niyomugabo Gerard, asobanura uburyo we na Kizito Mihigo bafunzwemo n’inyerezwa ry’abavandimwe be ryakozwe na FPR Kagame,ibyo bikaba aribyo byatumye afata icyemezo cyo gutoroka gereza!

Ku italiki 6 Mata 2014 nibwo Kizito Mihigo yashimuswe n’igipolisi cya Kagame, gikurikizaho Niyomugabo Gerard na Ntamuhanga Cassien. Ishimutwa ry’aba bagabo ryakozwe na FPR rikaba ryarahuriranye n’iyibukwa ry’urupfu rwa Perezida Habyarimana Juvénal wahanuwe mu ndege ku italiki ya 6 Mata 1994 ; ihanurwa ry’iyo ndege akaba ariryo ryabaye imbarutso ya jenoside mu Rwanda! Kuri iyi taliki ya 6 Mata 2018 hakaba hibukwa imyaka 24 jenoside ibaye mu Rwanda. Mu mwaka w’2014, mbere gato yo kwibuka ku ncuro ya 20 jenoside ibaye mu Rwanda ; Kizito Mihigo na Niyomugabo Gérard batangiye uburyo bushya bwo kugeza ibiganiro ku banyarwanda bigendanye no kwibuka jenoside ndetse no kunga umuryango nyarwanda, ibyo biganiro bikaba byarahawe izina« Ityazo ». Ibyo biganiro umunyamakuru Ntamuhanga Cassien yabigezaga kuri rubanda abanyujije kuri radiyo «Amazing Grace».

Ushobora kwica umuntu ariko ntushobora kwica «ukuri yavuze » !
Jenoside yabaye mu Rwanda ntabwo Kagame ashaka ko abahanga bayikoraho ubushakashatsi, ngo bamenye icyayiteye n’uburyo abanyarwanda bagomba kwirinda ngo batazongera kugwa muri ayo mahano ! Imwe mu mpamvu ikomeye cyane ituma Kagame adashaka ko hakorwa ubushashatsi ndetse n’isesengurwa rya jenoside y’u Rwanda ni uko ariwe wayiteye ndetse akanayikora! Kubera iyo mpamvu kuvuga kuri jenoside y’u Rwanda bifatwa nka kirazira, nyamara se kuyiceceka bizatuma ukuri kuriyo kuvaho cyangwa kwibagirana? Umuhanzi Kizito Mihigo n’umushakashatsi Niyomugabo Gérard nta kindi bazize uretse kuvuga ukuri kuri jenoside no gushaka kunga umuryango nyarwanda !Kizito Mihigo na Niyomugabo Gérard bagiraga bati :
Igihe cy’icyunamo si igihe cyo gushakisha urusha undi amakosa, ahubwo ni igihe cyo gushakisha inyungu rusange. Icyunamo ni igihe cy’ubumwe, kigomba kuba igihe cyo gushyira hamwe. Abanyarwanda bagomba kuzamuka mu myumvire batarageraho kuko iyo icyunamo gitangiye mu Rwanda abantu bamwe bahunga igihugu abandi bagatangira kugishakamo inyungu zigendanye nacyo ! Jenoside yakorewe abatutsi ntabwo ari ishyano ryagwiriye abatutsi, ahubwo ni ishyano ryagwiriye u Rwanda. Igihe abatutsi barimo bicwa hari abantu barimo babica, abo barimo babica nabo ni ishyano ! Ntabwo igihugu cyatakaje abantu bapfuye gusa cyanatakaje abantu babishe. Abantu bagomba kumva ko abari barabanje gupfa ari abishe abantu, bagomba kumva ko abantu bishe abantu bari bafite ikibazo ; ntabwo mu gihe cyo kwibuka ari ugufata jenoside ukayikoreza abantu runaka ! Mbere yo kureba ikibazo cyatejwe n’uwakoze jenoside ni ngombwa kureba ikibazo yari afite cyatumye ayikora ! Igihe cyo kwibuka ntabwo ari igihe cyo gushinja (culpabiliser) abahutu, ahubwo ni igihe cyo kureba ikibazo abahutu nabo bari bafite muri icyo gihe !... »]
Aya magambo yuzuye ukuri n’ubushishozi yakoze ku mutima wa Kagame atanga itegeko ryo kunyereza Kizito Mihigo na Niyomugabo Gérard kuko yumvaga bamucira urubanza ! Kizito yaratotejwe yishinja ibyaha bamuhimbiye, Niyomugabo Gérard yanze kubyemera baramwica! Abashimuse Niyomugabo akaba ari nabo bamuhitanye ni Rukara Justin DPS w’akarere ka Nyanza wamuvanye mu rugo na Rwanyindo Odald wamwambuye mudasobwa nto na telefoni ye ! Ntamuhanga Cassien yemeza ko yafungiwe mu nzu imwe na Niyomugabo mu gihe kingana n’icyumweru ! Ntamuhanga yemeza ko kuba abacitse ku icumu bari batangiye kumva uburemere bw’ubwicanyi bwabaye mu Rwanda ndetse bukagera no kurundi ruhande, ariko ibyo ubutegetsi bwa FPR bukaba butarashatse ko bikorwa bugahita bubapfukirana ! Cassien Ntamuhanga avuga ko kuba mu Rwanda hari abantu badashyinguwe ngo « rushobora guterwa n’umuzimu w’umugwagasi », kandi ibyo nabyo kubivuga mu Rwanda ngo uba ukoze icyaha cyagucisha umutwe !
Ntamuhanga Cassien bamujyanye ku Rusumo incuro 2 mu rwego rwo kumutera ubwoba ko ashobora kugaburirwa ingona ! Cassien Ntamuhanga yababajwe cyane no kubona barumuna be 3 barashimuswe: Ngabo, Mutuyimana na Ngabonziza, bakaba barashimuswe ku italiki 4/10/2016 ! Ishimutwa rya barumuna be akaba atarashoboye kuryihanganira bigatuma atekereza uburyo bwo gusohoka muri gereza. Ntamuhanga Cassien avuga ko atacitse ubutabera kuko mu Rwanda ntabuhari !
veritasinfo
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
G
Iki kinyenzi cyiyise Byumba kiri kwibwira ko kiri kubeshya nde?<br /> Uku niko inyenzi rero ziza zijijisha zigakwiza ibinyoma akangari zigize za Nyirandabizi.<br /> None se Rwabujindili Rurya ntiruhage yavuze ko utamuvuga wa kinyenzi we? isubiranamo ry'abiyicaje ku ngoma se? Rukirigitangwe rubunditse mu mashyamba se? Loni ya 3 se? Ihene izabyara 7 zikanga konka se? <br /> <br /> Ubwo nawe rero ngo waje kwifatira abantu no kuyobya uburari. Ibicucu we!
Répondre
M
@Byumba:<br /> Ngo Ubuhanuzi ? Naho se Rwabujindiri rurya ntiruhage rurya akatibwa nakataribwa kandi rwabujindiri azabaye yambaye ibiziga kumaso, etc....wabyibagiwe ?<br /> <br /> Ubuhanuzi bwukuri ntiburasora hasoye abanyengagu nabanyenda cg ababeshyi gusa.<br /> Naho ubuhanuzi bwuwahanze urwanda nabanyarwanda buri imbere turabutegereje, nibusohora buzabonywa nabose ntawe uzigera abwandikaho kuko buzaba bubonywa nabatuye isi yose, ubwo buhanuzi buzivugira bwonyine.
Répondre
B
Ese indagu za Magayane zareze cyangwa tugumye dutegereze?<br /> <br /> Ese Magayane yabayeho cyangwa ni Balinga? <br /> Magayane yaravuzwe biratinda n’ubwo atakivugwa. Ndetse Magayane yageze ubwo aba insigamigani nyirizina kuko yasize imvugo n’incyuro. Ngira ngo mujya mwumva bavuga ngo kanaka yahuye na Magayane bavuga umuntu wakize mu buryo butari bwitezwe na buri wese. Magayane uwo, yari umuhanuzi w’icyatwa mu myaka ya za 1970 ,1980 n’intangiriro za 1990 wahanuye byinshi byabaye. Yahanuraga kuva kera kugeza ubwo afungiwe kuba yarahanuye ko amaherezo ya Habyarimana ari (...)<br /> Ese Magayane yabayeho cyangwa ni Balinga?<br /> Magayane yaravuzwe biratinda n’ubwo atakivugwa. Ndetse Magayane yageze ubwo aba insigamigani nyirizina kuko yasize imvugo n’incyuro. Ngira ngo mujya mwumva bavuga ngo kanaka yahuye na Magayane bavuga umuntu wakize mu buryo butari bwitezwe na buri wese. Magayane uwo, yari umuhanuzi w’icyatwa mu myaka ya za 1970 ,1980 n’intangiriro za 1990 wahanuye byinshi byabaye. Yahanuraga kuva kera kugeza ubwo afungiwe kuba yarahanuye ko amaherezo ya Habyarimana ari mabi kandi ko nta mva ye abona I Rwanda ko ahubwo amubona ari umugwagasi.<br /> Izo ndagu zamujyanye mu gihome cya Ruhengeri arahafungirwa biratinda. Yaharaguriye byinshi akanahamya ko byinshi muri ibyo bizaba atakiriho. Yahanuriye bamwe barimo Lizinde rya Mugabushaka uko azafungurwa. Abo bari bafunganywe bamugishije impaka bashidikanya ku ndagu ye atanga ibimenyetso by’uko igiti cy’inganzamarumbu cyari hafi ya gereza aho cyabonwaga n’abafungiye imbere kizaba cyarumye, kandi iyo gereza izaba ifungiyemo ihene ndetse ibyo byose bikazaba we atakiriho. Ubwo abari bamaze kuzongwa n’umunyururu bumvise ko icyo giti kizabanza kikuma bati za ndagu ntacyo zimaze kuko kiriya giti gitoshye kuriya kizajya kuma batakiriho. Bumvise noneho avuga ko hazabanza hagafungirwa ihene bati uyu si umupfumu ni umupfu w’umusazi. Bumvise ariko ko azaba atakiriho bati reka dutegereze n’ubundi uyu mupfumu usukuma nta minsi asigaje. Kandi koko ntibyatinze aratabaruka.<br /> Nyuma yaho gato ihene yari ishorewe ijyanywe ku isoko yaje guca ikiziriko yinjira muri gereza maze abanyamerwe bari barinze gereza begekaho urugi nyirayo ayikurikiye aruhera inyuma atinya gutaka ngo nawe batamwinjiza imbere asubirayo ihene isigarayo. Ibyo bayikoreye murabyumva.<br /> Mu byumweru byakurikiye imvura iragwa, imirabyo iracicikana inkuba iti PA! Iba ikubise cya giti inkongi igihera mu mizi igera mu bushorishori amababi aribaranga igiti si ukuma kirumirana. Si bwo indagu ibaye indagu! Ntibyanatinze kandi koko Inkotanyi zirarikokereza zitwikira igicuku zimanuka mu mikoki y’ibirunga zifata Nyamagumba zirasa urufaya inzirabwoba. Ubwoba zibwugarije zikizwa n’amaguru.<br /> Umunyamakuru wa Orinfor witwaga Stanislas Kanyanzira yaje kurunguruka urwo rufaya rw’amasasu rwari rwacanye icyezezi mu kirere cya Ruhengeri arabukwa inzobe z’abana bari barakeshejwe n’imbeho ya Muhabura aherako atanga intabaza ati birakomeye ya ntambara irimo abazungu n’abandi basa nk’abarabu. Ubwo inkuru zikwira mu nzirabwoba, abarinze gereza barayita umujyi usigaramo rubanda gusa, umusilikare wagarukiye hafi yari i Nyakinama. Ubwo imbohe zose zirabohorwa abanyepolitiki nka Biseruka na Lizinde bakurikira Inkotanyi.<br /> Lizinde wari waranditse igitabo gituka abo yitaga abana b’inyenzi cyitwaga La découverte de Kalinga ou la fin du mythe ari byo mu Kinyarwanda umuntu yakwita “ Ivumburwa rya Kalinga ari na yo maherezo ya Balinga” yategereje ko yicwa n’abamubohoye araheba kugeza ubwo abonye ko amaraso batayararikiye kuko bamushakamo iturufu mu ntambara barwanaga.<br /> Ifungurwa ry’abo bantu bari barimo n’abatutsi b’ibyitso nka ba Dr Rudakubana (ubu ni Colonel muri RDF) ni ryo ryaje kuba isoko y’iyamamara ry’indagu za Magayane maze ibinyamakuru byinshi bizisamira mu kirere bizigeza ku banyarwanda cyane ko zabaremagamo icyizere cy’uko Ikinani kitazatura nk’umusozi.<br /> Icyo gihe ibinyamakuru bya Leta n’ibindi byari bishyigikye Habyarimana byahamyaga ko Indagu za Magayane ntazabayeho ko ahubwo ari amayeri y’umwanzi wari ugamije guca ingabo intege.<br /> Ku giti cyanjye najye nazishidikanyijeho kuko nasangaga koko bishobora kuba ari amayeri y’umwanzi (umwanzi icyo gihe yari Inkotanyi zarwanaga na FAR) no kujijisha ariko ku rundi ruhande nasesengura nkibaza byinshi kubera uburyo ibyavugagwamo byari bisobanuye cyane (very detailed). Muri byo hari nko kuba haravugwaga ko Habyarimana azapfa agakurikirwa n’imvura idahita kandi byarabaye ( kandi imvura ntigushwa n’abantu), kuba baravugaga ko Habyarimana azapfa asogoswe ( kandi koko ababonye mafoto y’umurambo we babashije kubona ko hari ikintu gisa nk’icyuma cyari cyamutanyuye ijosi mu muhogo nk’uwasogoswe inkota mu cyico) hari kandi no kuba haravugwa ko Habyarimana azagwa mu gisa n’imibyuko y’amasaka ( ari rwo rufunzo rwari ruteye iwe ku nkombe za piscine aho yahanutse agwa indege ikimara kuraswa).<br /> Ku buryo inkuru y’indege ikimenyekana benshi bahise babona ibizakurikira kandi mu ihunga ryabo bagendana indagu za Magayane banaganiragaho aho babaga bihishe cyane cyane nk’aho Magayane yavugaga ko hazarokoka umurame mu bazasubira inyuma bahunga cyangwa berekeza I burasirazuba.<br /> Mu bindi Magayane yavugaga abantu bakomezaga kugarukaho ninko kuba ibintu bizadogera imisozi igasigara ari amatongo , ingo zararitswe n’ibihunyira kandi ko uzategeka u Rwanda amahoro akarama azaza aturutse hanze ndetse ko u Rwanda ruzaba igihugu cyiza akarangiza avuga ati barahirwa abazaba bakiriho icyo gihe.<br /> Aha ni na ho hakunze kuba impaka nyinshi aho abantu bateraniye buri wese yizeye undi bakaganira bisanzuye basesengura ejo hazaza h’u Rwanda bamwe kwiheba bitera guhanura ibibi (negativists, pessimists and skeptics ) bati ahubwo se Magayane ibyo yavuze mwari mwabibona? Bati buriya ntacyabaye kuko u Rwanda rutarabohorwa n’abavuye hanze kandi rukaba rutaraba rwiza uko yabivuze. Abandi babashije kwiyubakamo ikizere (optimists, positivists and realistics) bati Magayane yabivuze ukuri ishyano ryaraguye kandi koko u Rwanda rwashibutsemo ruratoshye amaherezo ruzatwerera ibyiza. Ukuri hagati y’aba bose ni ukuhe. Ni byo tugiye kurebera hamwe mu gika gikurikira.<br /> Ishyano Magayane yahanuye ryarabaye uko ryakabaye yaritangiye gihamya ari ryo hanurwa rya Habyarimana ryaribanjirije. Nta wundi Habyarimana uriho nibaza ko nta n’uzabaho. Nta washidikanya ku ndagu za Magayane kereka uwazibariwe cyangwa uzibwirwa n’abazihindura uko bashaka. Kereka utarazisomye zitaraba cyane cyane ku rupfu rwa Habyarimana, ku mvura y’umuvumbi yariho biba, ku cyerekezo intambara yaganagamo n’aho impunzi zabashije kubaho zagiye zigana.<br /> Nta n’impaka zari zikwiye kubaho cyane cyane ku muntu uzategeka u Rwanda amahoro akarama kuko yavuze ko azima ashagawe n’abera. Abarota ku manywa bo baherako bategereza uzaza yimikwa n’abazungu bakiyibagiza ko abera Magayane yavugaga ari za ngabo za Minuar zari zikiri mu gihugu ubwo Leta ya mbere yajyagaho ku itariki ya 19 Nyakanga 1994.<br /> Ibyagombaga gukurikira Magayane yavuze byarategerejwe biratinda<br /> Gusesengura indagu ni nko gusesengura inzozi bisaba ubuhanga nka bumwe bwa Yozefu wo muri bibiliya wajyaga azirotorera Farawo. Iyo bavuze igihugu cyiza si ukuvuga ko baba bavuze igihugu kitagira ibibazo. Oya, icyo gihe bavuga paradizo kandi Magayane si yo yavuze. Iyo bavuze igihugu cyiza ntibaba bavuze igihugu buri wese akize. Oya, icyo gihe ntiyaba ari indagu zaba ri inzozi kuko muri iyi si nta gihugu kitagira abababaye n’abakene. Kandi si cyo Magayane yavugaga.<br /> Byari bigoye kugira uwo wumvisha mu myaka myinshi yakurikiye ihirima rya Leta ya Habyarimana ko Magayane yazikabije avuga ko ishyano ryabaye mu Rwanda rizakurikirwa n’u Rwanda rurese ibyiza. Icyo gihe ntabwo ku batutsi b’abacikacumu kurokoka byari bibahagije gusa kuko bari ba ntahobari. Bari abapfakazi n’imfubyi bipfumbase mapfubyi ndetse bamwe muri bo bikabatera imvugo zipfobya urugamba rimwe bavuga ngo badukuye n’aho twari twibereye ubundi ngo u Rwanda ni urw’abarutashye abandi turarengana.<br /> Mu myaka yakurikiye ihirima rya Leta ya Habyarimana kandi byari bigoye kuvuga ko hazabaho amahoro arambye kuko inkomyi zayo zari nyinshi. U Rwanda rwari rurinzwe bikomeye ariko rugoswe n’impunzi z’abahutu zari ziyobowe n’abahigira kuzaruhorera. Mu Rwanda hari hari inzigo zaritse benshi barimo n’abayobozi n’abandi banyabubasha batasibaga kwingingirwa kutarikora. U Rwanda rwari ikirunga kiraye kiri buruke ku buryo bamwe mu bari bamaze gutahuka bashoreye amatungo yabo bagasubira Uganda n’ahandi bamaze guheba u Rwanda babariwe. Mu iterambere u Rwanda rwari rwarasubiye inyuma y’aho rwari muri za 1990. Gereza zari zisendereye imbohe zirimo n’iz’akamama. Ndetse hari hariho abafungiye mu ngo zitazwi n’amakonteneri abandi barigiswa.<br /> Icyo gihe byari bigoye kuvuga ko iza Magayane zeze avuga ko hazabo u Rwanda rwiza.<br /> Cya kizere cy’igihugu cyiza kizaza ryari?<br /> Ndabona icyoko cyacyo ubanza kiri hafi. Reka mpere ku bintu bito cyane. Ariko mujya mwibuka ko kugeza 2006 twamaze imyaka 12 nta bahanzi baririmba ineza n’urukundo tugira twibera mu z’icyunamo n’izakera gusa? Mujya mubona se ukuntu imitima n’inganzo byagize gutya bikabumbukira rimwe hakaza abana baririmba urukundo nka Kitoko, Meddy, Jojo, Knowless, Kamichi, The Ben, King James, Alpha n’abandi. Aka ni akantu gato cyane ariko kavuze byinshi. Kavuze ko inganzo itingingwa kuko ijyana n’ibihe byayo. Kavuze ko igihe cyo kuririmba amaganya gusa kimukiye mu mitima yabo ibindi bigaragaza ko ubuzima bukomeza. Ni bene muri ibi bintu bito bamwe batabona cyangwa babibona ntibabitindeho u Rwanda rwiza Magayane yaraguye ruhera rugaragarira.<br /> Muribuka muri 2009 aho Perezida Kagame yavugaga mu bihe byo kwibuka ati tureke guheranwa n’agahinda kandi insaganyamatsiko y’uyu mwaka yitwe Icyizere? Iki ni ikindi kimenyetso cy’uko u Rwanda Magayane yavuze ari uru. Bivuze u Rwanda rurimo gukira ( Healing) rugifite ibikomere ariko birimo gufata urukoko.<br /> Muribuka imyaka u Rwanda rwamaze abantu barebera mu moko intambara z’ubutegetsi nk’aho u Rwanda rufite umuvumo wo kuzahembera inzigo y’abahutu n’abatutsi ? Nyuma se ba Rwarakabije, ba Ngendahimana n’abo bari bayoboranye izo mu mashyamba bamaze gusobanukirwa ntibizanye nta mirwano na n’ubu bakiza kandi . Nyuma yaho se mu gihe bazaga si bwo Gahima, Kayumba na ba Rudasingwa bagendaga. Ibi bivuze iki? Bivuze ko u Rwanda rurimo guhabwa ibimenyetso byarufasha koroherwa ( gukira si hafi cyane) indwara yo kurebera ubutegetsi mu moko? Ariko ubu tujya twibuka ko inzara iri mu nzira zo gusezererwa? Ko Kagame nka Gahindiro yashyizeho inkongoro y’abana ari yo ya mata atangirwa Ubuntu mu gihugu hose?<br /> Ese tujya twibuka ko icyemezo cyafashwe cyo gutangira gutanga ibitunga abatishoboye bageze mu zabukuru bazajya bahabwa amafranga atari munsi ya 5000 ku kwezi ( ni yo CPAS yo mu Rwanda). Ese tujya tubona ko hamaze iminsi hubakwa amazu y’abatishoboye bahabwa ku buntu ( ni yo social housing cyangwa logement social yo mu Rwanda). Ese tujya twibuka ko imbuto n’ifumbire bikwirakwizwa ku buntu mu baturage hirya no hino mu byaro? Ese mu bibazo bitabura tugira twe n’abacu tujya twibuka ko 11% by’abanyarwanda mu myaka itanu gusa bavuye mu babarirwa mu baritswe n’ubukene? Ese twibuka ko nta ruswa mu kubona imyanya mu mashuri ikibaho kandi ko umunyarwanda ashobora kwiga imyaka 12 arihirwa na Leta? Ese tujya twibuka ko abakene nyakujya bavurirwa ubuntu kandi ko imiti ya SIDA ari ubuntu kuri bose kugera ubwo bamwe birara ngo umuti warabonetse?Ese tujya twibuka ko ubu abanyarwanda hafi ya bose ari abayobozi kuko utari muri njyanama ari muri nyobozi.<br /> Utari muri ibyo byombi ni umwunzi se, ni inyangamugayo ya Gacaca se, ni umujyanama w’ubuzima se, ni umuhwituzi w’umurimo se, ni intumwa ya komisiyo y’amatora se, ni uwahuguriwe gutubura urutoki cyangwa guhinga ibihumyo se, ni uhagarariye urubyiruko cyangwa abagore se, ni uhagarariye abavuye ku rugerero n’ibindi byinshi bishya bituma buri wese yibona mu miyoborere y’igihugu. Ese tujya tubona ko ibyaro byinshi ubu bitakigira umwijima kandi ko gahunda yo gukwiza umuriro mu byaro ifite umuvuduko uhambaye? Uru ni rwa Rwanda Magayane yifurizaga buri wese kuzaba akiriho ngo arubone. Ni byo navugaga ko gusesengura indagu ari nko gusobanura inzozi bikaba bisaba ubuhanga. Hari ibyiciro by’abanyarwanda bitaribona muri izi gahunda kuko ubuzima bw’abanyarwanda butarahindukira icyarimwe . Abo ni nk’abashomeri bagitegereje akazi, abo ni nk’ abari bakize bagakeneshwa n’inkurikizi z’intambara na genocide, abari mu magereza cyane cyane abari yo by’amaherere, abakeneshejwe n’abaturanyi babo ubutabera n’abatarahunguka n’abaheruka guhunga n’abandi? Ariko ibi ntibibuza umwe muri aba ushyira mu gaciro kubona ko ibitaramugezeho byageze ku bandi benshi. Ntibibuza ufite ubwenge n’ubushake bwo gusesengura kubona ko u Rwanda Magayane yavuze rugenda rurushaho kugararagara.<br /> Ni ryari tuzabonera ko iza Magayane zatwereye twese?<br /> Nigeze kubivuga ko nta gihe muri iyi si yo munsi y’ijuru higeze haba igihugu gihira bose. Ariko hari amarenga menshi mbona arembuza u Rwanda rwizihiye benshi.<br /> Inda y’u Rwanda ihatse zahabu n’amabuye y’agaciro bitari byarigeze biboneka igisigaye akaba ari ukureba igihe bizatangira gucukurirwa ndetse ubushakashatsi bwakozwe mu mu koki ukururura ukagera no mu Rwanda bwagaragaje ko hashobora kuzaboneka na peteroli. U Rwanda nturushaka gutungurwa rwatangiye gutekereza ku buryoubwo bukire bwazasaranganywa mu bene gihugu bityo aho kutubera umuvumo nk’ahandi bwabonetse bukatubera umukiro.<br /> U Rwanda rufite diaspora yiganjemo urubyiruko rwashishikariye guhaha ubumenyi n’ikoranabuhanga, ifite ba rwiyemezamirimo biyemeje kutagoheka bahahira ababo iyo mu mahanga, ifite abanyarwanda batsimbaraye ku bunyarwanda bwabo kandi babashije kungukira muri ayo mahanga bahangayikiyemo bikabungura benshi. Aba bose ni biyongera ku bandi bana bato berekeza India, Amerika, South Africa, Maleziya , Uburayi n’ahandi bajya buri mwaka boherejwe na Leta guhaha ubwenge butaboneka ino maze bose bakazasenyera umugozi umwe bubaka u rwa Gasabo nta shiti Inzozi za Magayane zizatwerera twese.<br /> Kalisimbi yacu buriya ngo aho ihagaze ni icyogajuru mu bindi ku buryo aho bukera u Rwanda rurayikama menshi ngo ibere isi yose umunara wohereza amajwi n’amashusho. Gaz ya Kivu abana ntibakiyiga mu makye gusa ahubwo ubu yatangiye gucukura ku buryo ishobora kuzatuvana ku kwatsa.<br /> Umutekano no gukorera mu mucyo tumaze kugeraho ndetse no gutanga servisi nziza dutangiye guhagurukira biratanga ikizere ko abashoramali bazashinga inganda n’ibyicaro byabo mu Rwanda maze bakahakorera ibyo bazajya bagemura mu bihugu duturanye.<br /> Ejo bundi hambere aha mu Rwanda bwa mbere habayeho ihererekanya bubasha mu mahoro hagati y aba Ministri b’Intebe, hagati ya ba Perezida ba Sena no hagati y ‘aba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga. Byanteye kurarikira bikomeye umunsi tuzakomera amashyi y’urufaya Perezida Kagame, ababyeyi bavuza impundu atanga inkoni y’ubushumba akayihereza undi mwana w’umunyarwanda uzagera ikirenge cye, agasoza ibitenga yatangiye akusa ikivi asize. Aho ni ho ibanga ry’u Rwanda rwiza riziritse. Turi benshi turamya iyaturemye ngo bizabe mu ituze ndetse iyo nkoni y’ubushumba azayihe uyikwiye kandi bakuzuzanya.<br /> Mu Gusoza<br /> Wa mugani waba basokuruza b’abaparmehutu bajyaga baririmba ngo Loni yindi izava he? Uwashaka yahera kuri ibi byo hejuru agaca iteka ko izo Mgayane yaraguye yazikonoje zose. Nta wundi Magayane uzabaho n’ibindi muzasoma ni ibyo bamwitirira. Uzashaka gusoma ibyo yasomye azashakire mu binyamakuru by’icyo gihe nk’ikitwaga Le Messager, Rwanda rushya cyangwa Le Flambeau.<br /> Bavandimwe basomyi musoma iyi nyandiko nifuzaga kwisegura ku bo itanyura kubera ko nayihereye ku ndagu nahaye agaciro bijyanye n’imyemerere ya bamwe. Sinabikoreye ubushotoranyi ariko ahubwo nabitewe n’uko nashatse gutembereza basomyi mu bwonko bwanjye. Ibi nanditse n’ibyanyuze mu mutwe wanjye haba ibyo nibutse n’ibyo natekereje.<br /> Nta n’imbaraga cyangwa umwanya byantwaye kuko nabitekerejeho mu ijoro rimwe. Ijoro ryanyuma ry’umwiherero w’abayobozi bakuru twari tuvuyemo narigizemo ibitotsi bike ndicara nuza ibyo tumazemo iminsi( Kuza nk’inka cyangwa ruminer mu gifaransa) ndetse ndota imbere hazaza mpereye ku kizere navanyemo maze kubona uburakari bwubaka, umutsi n’izima Intore nkuru yari ifite ihamya ko u Rwanda nta muvumo n’umurage wo gukena rufite.<br /> Twese dusangire ikizere.
Répondre
B
Ese indagu za Magayane zareze cyangwa tugumye dutegereze?<br /> <br /> Ese Magayane yabayeho cyangwa ni Balinga? <br /> Magayane yaravuzwe biratinda n’ubwo atakivugwa. Ndetse Magayane yageze ubwo aba insigamigani nyirizina kuko yasize imvugo n’incyuro. Ngira ngo mujya mwumva bavuga ngo kanaka yahuye na Magayane bavuga umuntu wakize mu buryo butari bwitezwe na buri wese. Magayane uwo, yari umuhanuzi w’icyatwa mu myaka ya za 1970 ,1980 n’intangiriro za 1990 wahanuye byinshi byabaye. Yahanuraga kuva kera kugeza ubwo afungiwe kuba yarahanuye ko amaherezo ya Habyarimana ari (...)<br /> Ese Magayane yabayeho cyangwa ni Balinga?<br /> Magayane yaravuzwe biratinda n’ubwo atakivugwa. Ndetse Magayane yageze ubwo aba insigamigani nyirizina kuko yasize imvugo n’incyuro. Ngira ngo mujya mwumva bavuga ngo kanaka yahuye na Magayane bavuga umuntu wakize mu buryo butari bwitezwe na buri wese. Magayane uwo, yari umuhanuzi w’icyatwa mu myaka ya za 1970 ,1980 n’intangiriro za 1990 wahanuye byinshi byabaye. Yahanuraga kuva kera kugeza ubwo afungiwe kuba yarahanuye ko amaherezo ya Habyarimana ari mabi kandi ko nta mva ye abona I Rwanda ko ahubwo amubona ari umugwagasi.<br /> Izo ndagu zamujyanye mu gihome cya Ruhengeri arahafungirwa biratinda. Yaharaguriye byinshi akanahamya ko byinshi muri ibyo bizaba atakiriho. Yahanuriye bamwe barimo Lizinde rya Mugabushaka uko azafungurwa. Abo bari bafunganywe bamugishije impaka bashidikanya ku ndagu ye atanga ibimenyetso by’uko igiti cy’inganzamarumbu cyari hafi ya gereza aho cyabonwaga n’abafungiye imbere kizaba cyarumye, kandi iyo gereza izaba ifungiyemo ihene ndetse ibyo byose bikazaba we atakiriho. Ubwo abari bamaze kuzongwa n’umunyururu bumvise ko icyo giti kizabanza kikuma bati za ndagu ntacyo zimaze kuko kiriya giti gitoshye kuriya kizajya kuma batakiriho. Bumvise noneho avuga ko hazabanza hagafungirwa ihene bati uyu si umupfumu ni umupfu w’umusazi. Bumvise ariko ko azaba atakiriho bati reka dutegereze n’ubundi uyu mupfumu usukuma nta minsi asigaje. Kandi koko ntibyatinze aratabaruka.<br /> Nyuma yaho gato ihene yari ishorewe ijyanywe ku isoko yaje guca ikiziriko yinjira muri gereza maze abanyamerwe bari barinze gereza begekaho urugi nyirayo ayikurikiye aruhera inyuma atinya gutaka ngo nawe batamwinjiza imbere asubirayo ihene isigarayo. Ibyo bayikoreye murabyumva.<br /> Mu byumweru byakurikiye imvura iragwa, imirabyo iracicikana inkuba iti PA! Iba ikubise cya giti inkongi igihera mu mizi igera mu bushorishori amababi aribaranga igiti si ukuma kirumirana. Si bwo indagu ibaye indagu! Ntibyanatinze kandi koko Inkotanyi zirarikokereza zitwikira igicuku zimanuka mu mikoki y’ibirunga zifata Nyamagumba zirasa urufaya inzirabwoba. Ubwoba zibwugarije zikizwa n’amaguru.<br /> Umunyamakuru wa Orinfor witwaga Stanislas Kanyanzira yaje kurunguruka urwo rufaya rw’amasasu rwari rwacanye icyezezi mu kirere cya Ruhengeri arabukwa inzobe z’abana bari barakeshejwe n’imbeho ya Muhabura aherako atanga intabaza ati birakomeye ya ntambara irimo abazungu n’abandi basa nk’abarabu. Ubwo inkuru zikwira mu nzirabwoba, abarinze gereza barayita umujyi usigaramo rubanda gusa, umusilikare wagarukiye hafi yari i Nyakinama. Ubwo imbohe zose zirabohorwa abanyepolitiki nka Biseruka na Lizinde bakurikira Inkotanyi.<br /> Lizinde wari waranditse igitabo gituka abo yitaga abana b’inyenzi cyitwaga La découverte de Kalinga ou la fin du mythe ari byo mu Kinyarwanda umuntu yakwita “ Ivumburwa rya Kalinga ari na yo maherezo ya Balinga” yategereje ko yicwa n’abamubohoye araheba kugeza ubwo abonye ko amaraso batayararikiye kuko bamushakamo iturufu mu ntambara barwanaga.<br /> Ifungurwa ry’abo bantu bari barimo n’abatutsi b’ibyitso nka ba Dr Rudakubana (ubu ni Colonel muri RDF) ni ryo ryaje kuba isoko y’iyamamara ry’indagu za Magayane maze ibinyamakuru byinshi bizisamira mu kirere bizigeza ku banyarwanda cyane ko zabaremagamo icyizere cy’uko Ikinani kitazatura nk’umusozi.<br /> Icyo gihe ibinyamakuru bya Leta n’ibindi byari bishyigikye Habyarimana byahamyaga ko Indagu za Magayane ntazabayeho ko ahubwo ari amayeri y’umwanzi wari ugamije guca ingabo intege.<br /> Ku giti cyanjye najye nazishidikanyijeho kuko nasangaga koko bishobora kuba ari amayeri y’umwanzi (umwanzi icyo gihe yari Inkotanyi zarwanaga na FAR) no kujijisha ariko ku rundi ruhande nasesengura nkibaza byinshi kubera uburyo ibyavugagwamo byari bisobanuye cyane (very detailed). Muri byo hari nko kuba haravugwaga ko Habyarimana azapfa agakurikirwa n’imvura idahita kandi byarabaye ( kandi imvura ntigushwa n’abantu), kuba baravugaga ko Habyarimana azapfa asogoswe ( kandi koko ababonye mafoto y’umurambo we babashije kubona ko hari ikintu gisa nk’icyuma cyari cyamutanyuye ijosi mu muhogo nk’uwasogoswe inkota mu cyico) hari kandi no kuba haravugwa ko Habyarimana azagwa mu gisa n’imibyuko y’amasaka ( ari rwo rufunzo rwari ruteye iwe ku nkombe za piscine aho yahanutse agwa indege ikimara kuraswa).<br /> Ku buryo inkuru y’indege ikimenyekana benshi bahise babona ibizakurikira kandi mu ihunga ryabo bagendana indagu za Magayane banaganiragaho aho babaga bihishe cyane cyane nk’aho Magayane yavugaga ko hazarokoka umurame mu bazasubira inyuma bahunga cyangwa berekeza I burasirazuba.<br /> Mu bindi Magayane yavugaga abantu bakomezaga kugarukaho ninko kuba ibintu bizadogera imisozi igasigara ari amatongo , ingo zararitswe n’ibihunyira kandi ko uzategeka u Rwanda amahoro akarama azaza aturutse hanze ndetse ko u Rwanda ruzaba igihugu cyiza akarangiza avuga ati barahirwa abazaba bakiriho icyo gihe.<br /> Aha ni na ho hakunze kuba impaka nyinshi aho abantu bateraniye buri wese yizeye undi bakaganira bisanzuye basesengura ejo hazaza h’u Rwanda bamwe kwiheba bitera guhanura ibibi (negativists, pessimists and skeptics ) bati ahubwo se Magayane ibyo yavuze mwari mwabibona? Bati buriya ntacyabaye kuko u Rwanda rutarabohorwa n’abavuye hanze kandi rukaba rutaraba rwiza uko yabivuze. Abandi babashije kwiyubakamo ikizere (optimists, positivists and realistics) bati Magayane yabivuze ukuri ishyano ryaraguye kandi koko u Rwanda rwashibutsemo ruratoshye amaherezo ruzatwerera ibyiza. Ukuri hagati y’aba bose ni ukuhe. Ni byo tugiye kurebera hamwe mu gika gikurikira.<br /> Ishyano Magayane yahanuye ryarabaye uko ryakabaye yaritangiye gihamya ari ryo hanurwa rya Habyarimana ryaribanjirije. Nta wundi Habyarimana uriho nibaza ko nta n’uzabaho. Nta washidikanya ku ndagu za Magayane kereka uwazibariwe cyangwa uzibwirwa n’abazihindura uko bashaka. Kereka utarazisomye zitaraba cyane cyane ku rupfu rwa Habyarimana, ku mvura y’umuvumbi yariho biba, ku cyerekezo intambara yaganagamo n’aho impunzi zabashije kubaho zagiye zigana.<br /> Nta n’impaka zari zikwiye kubaho cyane cyane ku muntu uzategeka u Rwanda amahoro akarama kuko yavuze ko azima ashagawe n’abera. Abarota ku manywa bo baherako bategereza uzaza yimikwa n’abazungu bakiyibagiza ko abera Magayane yavugaga ari za ngabo za Minuar zari zikiri mu gihugu ubwo Leta ya mbere yajyagaho ku itariki ya 19 Nyakanga 1994.<br /> Ibyagombaga gukurikira Magayane yavuze byarategerejwe biratinda<br /> Gusesengura indagu ni nko gusesengura inzozi bisaba ubuhanga nka bumwe bwa Yozefu wo muri bibiliya wajyaga azirotorera Farawo. Iyo bavuze igihugu cyiza si ukuvuga ko baba bavuze igihugu kitagira ibibazo. Oya, icyo gihe bavuga paradizo kandi Magayane si yo yavuze. Iyo bavuze igihugu cyiza ntibaba bavuze igihugu buri wese akize. Oya, icyo gihe ntiyaba ari indagu zaba ri inzozi kuko muri iyi si nta gihugu kitagira abababaye n’abakene. Kandi si cyo Magayane yavugaga.<br /> Byari bigoye kugira uwo wumvisha mu myaka myinshi yakurikiye ihirima rya Leta ya Habyarimana ko Magayane yazikabije avuga ko ishyano ryabaye mu Rwanda rizakurikirwa n’u Rwanda rurese ibyiza. Icyo gihe ntabwo ku batutsi b’abacikacumu kurokoka byari bibahagije gusa kuko bari ba ntahobari. Bari abapfakazi n’imfubyi bipfumbase mapfubyi ndetse bamwe muri bo bikabatera imvugo zipfobya urugamba rimwe bavuga ngo badukuye n’aho twari twibereye ubundi ngo u Rwanda ni urw’abarutashye abandi turarengana.<br /> Mu myaka yakurikiye ihirima rya Leta ya Habyarimana kandi byari bigoye kuvuga ko hazabaho amahoro arambye kuko inkomyi zayo zari nyinshi. U Rwanda rwari rurinzwe bikomeye ariko rugoswe n’impunzi z’abahutu zari ziyobowe n’abahigira kuzaruhorera. Mu Rwanda hari hari inzigo zaritse benshi barimo n’abayobozi n’abandi banyabubasha batasibaga kwingingirwa kutarikora. U Rwanda rwari ikirunga kiraye kiri buruke ku buryo bamwe mu bari bamaze gutahuka bashoreye amatungo yabo bagasubira Uganda n’ahandi bamaze guheba u Rwanda babariwe. Mu iterambere u Rwanda rwari rwarasubiye inyuma y’aho rwari muri za 1990. Gereza zari zisendereye imbohe zirimo n’iz’akamama. Ndetse hari hariho abafungiye mu ngo zitazwi n’amakonteneri abandi barigiswa.<br /> Icyo gihe byari bigoye kuvuga ko iza Magayane zeze avuga ko hazabo u Rwanda rwiza.<br /> Cya kizere cy’igihugu cyiza kizaza ryari?<br /> Ndabona icyoko cyacyo ubanza kiri hafi. Reka mpere ku bintu bito cyane. Ariko mujya mwibuka ko kugeza 2006 twamaze imyaka 12 nta bahanzi baririmba ineza n’urukundo tugira twibera mu z’icyunamo n’izakera gusa? Mujya mubona se ukuntu imitima n’inganzo byagize gutya bikabumbukira rimwe hakaza abana baririmba urukundo nka Kitoko, Meddy, Jojo, Knowless, Kamichi, The Ben, King James, Alpha n’abandi. Aka ni akantu gato cyane ariko kavuze byinshi. Kavuze ko inganzo itingingwa kuko ijyana n’ibihe byayo. Kavuze ko igihe cyo kuririmba amaganya gusa kimukiye mu mitima yabo ibindi bigaragaza ko ubuzima bukomeza. Ni bene muri ibi bintu bito bamwe batabona cyangwa babibona ntibabitindeho u Rwanda rwiza Magayane yaraguye ruhera rugaragarira.<br /> Muribuka muri 2009 aho Perezida Kagame yavugaga mu bihe byo kwibuka ati tureke guheranwa n’agahinda kandi insaganyamatsiko y’uyu mwaka yitwe Icyizere? Iki ni ikindi kimenyetso cy’uko u Rwanda Magayane yavuze ari uru. Bivuze u Rwanda rurimo gukira ( Healing) rugifite ibikomere ariko birimo gufata urukoko.<br /> Muribuka imyaka u Rwanda rwamaze abantu barebera mu moko intambara z’ubutegetsi nk’aho u Rwanda rufite umuvumo wo kuzahembera inzigo y’abahutu n’abatutsi ? Nyuma se ba Rwarakabije, ba Ngendahimana n’abo bari bayoboranye izo mu mashyamba bamaze gusobanukirwa ntibizanye nta mirwano na n’ubu bakiza kandi . Nyuma yaho se mu gihe bazaga si bwo Gahima, Kayumba na ba Rudasingwa bagendaga. Ibi bivuze iki? Bivuze ko u Rwanda rurimo guhabwa ibimenyetso byarufasha koroherwa ( gukira si hafi cyane) indwara yo kurebera ubutegetsi mu moko? Ariko ubu tujya twibuka ko inzara iri mu nzira zo gusezererwa? Ko Kagame nka Gahindiro yashyizeho inkongoro y’abana ari yo ya mata atangirwa Ubuntu mu gihugu hose?<br /> Ese tujya twibuka ko icyemezo cyafashwe cyo gutangira gutanga ibitunga abatishoboye bageze mu zabukuru bazajya bahabwa amafranga atari munsi ya 5000 ku kwezi ( ni yo CPAS yo mu Rwanda). Ese tujya tubona ko hamaze iminsi hubakwa amazu y’abatishoboye bahabwa ku buntu ( ni yo social housing cyangwa logement social yo mu Rwanda). Ese tujya twibuka ko imbuto n’ifumbire bikwirakwizwa ku buntu mu baturage hirya no hino mu byaro? Ese mu bibazo bitabura tugira twe n’abacu tujya twibuka ko 11% by’abanyarwanda mu myaka itanu gusa bavuye mu babarirwa mu baritswe n’ubukene? Ese twibuka ko nta ruswa mu kubona imyanya mu mashuri ikibaho kandi ko umunyarwanda ashobora kwiga imyaka 12 arihirwa na Leta? Ese tujya twibuka ko abakene nyakujya bavurirwa ubuntu kandi ko imiti ya SIDA ari ubuntu kuri bose kugera ubwo bamwe birara ngo umuti warabonetse?Ese tujya twibuka ko ubu abanyarwanda hafi ya bose ari abayobozi kuko utari muri njyanama ari muri nyobozi.<br /> Utari muri ibyo byombi ni umwunzi se, ni inyangamugayo ya Gacaca se, ni umujyanama w’ubuzima se, ni umuhwituzi w’umurimo se, ni intumwa ya komisiyo y’amatora se, ni uwahuguriwe gutubura urutoki cyangwa guhinga ibihumyo se, ni uhagarariye urubyiruko cyangwa abagore se, ni uhagarariye abavuye ku rugerero n’ibindi byinshi bishya bituma buri wese yibona mu miyoborere y’igihugu. Ese tujya tubona ko ibyaro byinshi ubu bitakigira umwijima kandi ko gahunda yo gukwiza umuriro mu byaro ifite umuvuduko uhambaye? Uru ni rwa Rwanda Magayane yifurizaga buri wese kuzaba akiriho ngo arubone. Ni byo navugaga ko gusesengura indagu ari nko gusobanura inzozi bikaba bisaba ubuhanga. Hari ibyiciro by’abanyarwanda bitaribona muri izi gahunda kuko ubuzima bw’abanyarwanda butarahindukira icyarimwe . Abo ni nk’abashomeri bagitegereje akazi, abo ni nk’ abari bakize bagakeneshwa n’inkurikizi z’intambara na genocide, abari mu magereza cyane cyane abari yo by’amaherere, abakeneshejwe n’abaturanyi babo ubutabera n’abatarahunguka n’abaheruka guhunga n’abandi? Ariko ibi ntibibuza umwe muri aba ushyira mu gaciro kubona ko ibitaramugezeho byageze ku bandi benshi. Ntibibuza ufite ubwenge n’ubushake bwo gusesengura kubona ko u Rwanda Magayane yavuze rugenda rurushaho kugararagara.<br /> Ni ryari tuzabonera ko iza Magayane zatwereye twese?<br /> Nigeze kubivuga ko nta gihe muri iyi si yo munsi y’ijuru higeze haba igihugu gihira bose. Ariko hari amarenga menshi mbona arembuza u Rwanda rwizihiye benshi.<br /> Inda y’u Rwanda ihatse zahabu n’amabuye y’agaciro bitari byarigeze biboneka igisigaye akaba ari ukureba igihe bizatangira gucukurirwa ndetse ubushakashatsi bwakozwe mu mu koki ukururura ukagera no mu Rwanda bwagaragaje ko hashobora kuzaboneka na peteroli. U Rwanda nturushaka gutungurwa rwatangiye gutekereza ku buryoubwo bukire bwazasaranganywa mu bene gihugu bityo aho kutubera umuvumo nk’ahandi bwabonetse bukatubera umukiro.<br /> U Rwanda rufite diaspora yiganjemo urubyiruko rwashishikariye guhaha ubumenyi n’ikoranabuhanga, ifite ba rwiyemezamirimo biyemeje kutagoheka bahahira ababo iyo mu mahanga, ifite abanyarwanda batsimbaraye ku bunyarwanda bwabo kandi babashije kungukira muri ayo mahanga bahangayikiyemo bikabungura benshi. Aba bose ni biyongera ku bandi bana bato berekeza India, Amerika, South Africa, Maleziya , Uburayi n’ahandi bajya buri mwaka boherejwe na Leta guhaha ubwenge butaboneka ino maze bose bakazasenyera umugozi umwe bubaka u rwa Gasabo nta shiti Inzozi za Magayane zizatwerera twese.<br /> Kalisimbi yacu buriya ngo aho ihagaze ni icyogajuru mu bindi ku buryo aho bukera u Rwanda rurayikama menshi ngo ibere isi yose umunara wohereza amajwi n’amashusho. Gaz ya Kivu abana ntibakiyiga mu makye gusa ahubwo ubu yatangiye gucukura ku buryo ishobora kuzatuvana ku kwatsa.<br /> Umutekano no gukorera mu mucyo tumaze kugeraho ndetse no gutanga servisi nziza dutangiye guhagurukira biratanga ikizere ko abashoramali bazashinga inganda n’ibyicaro byabo mu Rwanda maze bakahakorera ibyo bazajya bagemura mu bihugu duturanye.<br /> Ejo bundi hambere aha mu Rwanda bwa mbere habayeho ihererekanya bubasha mu mahoro hagati y aba Ministri b’Intebe, hagati ya ba Perezida ba Sena no hagati y ‘aba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga. Byanteye kurarikira bikomeye umunsi tuzakomera amashyi y’urufaya Perezida Kagame, ababyeyi bavuza impundu atanga inkoni y’ubushumba akayihereza undi mwana w’umunyarwanda uzagera ikirenge cye, agasoza ibitenga yatangiye akusa ikivi asize. Aho ni ho ibanga ry’u Rwanda rwiza riziritse. Turi benshi turamya iyaturemye ngo bizabe mu ituze ndetse iyo nkoni y’ubushumba azayihe uyikwiye kandi bakuzuzanya.<br /> Mu Gusoza<br /> Wa mugani waba basokuruza b’abaparmehutu bajyaga baririmba ngo Loni yindi izava he? Uwashaka yahera kuri ibi byo hejuru agaca iteka ko izo Mgayane yaraguye yazikonoje zose. Nta wundi Magayane uzabaho n’ibindi muzasoma ni ibyo bamwitirira. Uzashaka gusoma ibyo yasomye azashakire mu binyamakuru by’icyo gihe nk’ikitwaga Le Messager, Rwanda rushya cyangwa Le Flambeau.<br /> Bavandimwe basomyi musoma iyi nyandiko nifuzaga kwisegura ku bo itanyura kubera ko nayihereye ku ndagu nahaye agaciro bijyanye n’imyemerere ya bamwe. Sinabikoreye ubushotoranyi ariko ahubwo nabitewe n’uko nashatse gutembereza basomyi mu bwonko bwanjye. Ibi nanditse n’ibyanyuze mu mutwe wanjye haba ibyo nibutse n’ibyo natekereje.<br /> Nta n’imbaraga cyangwa umwanya byantwaye kuko nabitekerejeho mu ijoro rimwe. Ijoro ryanyuma ry’umwiherero w’abayobozi bakuru twari tuvuyemo narigizemo ibitotsi bike ndicara nuza ibyo tumazemo iminsi( Kuza nk’inka cyangwa ruminer mu gifaransa) ndetse ndota imbere hazaza mpereye ku kizere navanyemo maze kubona uburakari bwubaka, umutsi n’izima Intore nkuru yari ifite ihamya ko u Rwanda nta muvumo n’umurage wo gukena rufite.<br /> Twese dusangire ikizere.
Répondre
B
Ese indagu za Magayane zareze cyangwa tugumye dutegereze?<br /> <br /> Ese Magayane yabayeho cyangwa ni Balinga? <br /> Magayane yaravuzwe biratinda n’ubwo atakivugwa. Ndetse Magayane yageze ubwo aba insigamigani nyirizina kuko yasize imvugo n’incyuro. Ngira ngo mujya mwumva bavuga ngo kanaka yahuye na Magayane bavuga umuntu wakize mu buryo butari bwitezwe na buri wese. Magayane uwo, yari umuhanuzi w’icyatwa mu myaka ya za 1970 ,1980 n’intangiriro za 1990 wahanuye byinshi byabaye. Yahanuraga kuva kera kugeza ubwo afungiwe kuba yarahanuye ko amaherezo ya Habyarimana ari (...)<br /> Ese Magayane yabayeho cyangwa ni Balinga?<br /> Magayane yaravuzwe biratinda n’ubwo atakivugwa. Ndetse Magayane yageze ubwo aba insigamigani nyirizina kuko yasize imvugo n’incyuro. Ngira ngo mujya mwumva bavuga ngo kanaka yahuye na Magayane bavuga umuntu wakize mu buryo butari bwitezwe na buri wese. Magayane uwo, yari umuhanuzi w’icyatwa mu myaka ya za 1970 ,1980 n’intangiriro za 1990 wahanuye byinshi byabaye. Yahanuraga kuva kera kugeza ubwo afungiwe kuba yarahanuye ko amaherezo ya Habyarimana ari mabi kandi ko nta mva ye abona I Rwanda ko ahubwo amubona ari umugwagasi.<br /> Izo ndagu zamujyanye mu gihome cya Ruhengeri arahafungirwa biratinda. Yaharaguriye byinshi akanahamya ko byinshi muri ibyo bizaba atakiriho. Yahanuriye bamwe barimo Lizinde rya Mugabushaka uko azafungurwa. Abo bari bafunganywe bamugishije impaka bashidikanya ku ndagu ye atanga ibimenyetso by’uko igiti cy’inganzamarumbu cyari hafi ya gereza aho cyabonwaga n’abafungiye imbere kizaba cyarumye, kandi iyo gereza izaba ifungiyemo ihene ndetse ibyo byose bikazaba we atakiriho. Ubwo abari bamaze kuzongwa n’umunyururu bumvise ko icyo giti kizabanza kikuma bati za ndagu ntacyo zimaze kuko kiriya giti gitoshye kuriya kizajya kuma batakiriho. Bumvise noneho avuga ko hazabanza hagafungirwa ihene bati uyu si umupfumu ni umupfu w’umusazi. Bumvise ariko ko azaba atakiriho bati reka dutegereze n’ubundi uyu mupfumu usukuma nta minsi asigaje. Kandi koko ntibyatinze aratabaruka.<br /> Nyuma yaho gato ihene yari ishorewe ijyanywe ku isoko yaje guca ikiziriko yinjira muri gereza maze abanyamerwe bari barinze gereza begekaho urugi nyirayo ayikurikiye aruhera inyuma atinya gutaka ngo nawe batamwinjiza imbere asubirayo ihene isigarayo. Ibyo bayikoreye murabyumva.<br /> Mu byumweru byakurikiye imvura iragwa, imirabyo iracicikana inkuba iti PA! Iba ikubise cya giti inkongi igihera mu mizi igera mu bushorishori amababi aribaranga igiti si ukuma kirumirana. Si bwo indagu ibaye indagu! Ntibyanatinze kandi koko Inkotanyi zirarikokereza zitwikira igicuku zimanuka mu mikoki y’ibirunga zifata Nyamagumba zirasa urufaya inzirabwoba. Ubwoba zibwugarije zikizwa n’amaguru.<br /> Umunyamakuru wa Orinfor witwaga Stanislas Kanyanzira yaje kurunguruka urwo rufaya rw’amasasu rwari rwacanye icyezezi mu kirere cya Ruhengeri arabukwa inzobe z’abana bari barakeshejwe n’imbeho ya Muhabura aherako atanga intabaza ati birakomeye ya ntambara irimo abazungu n’abandi basa nk’abarabu. Ubwo inkuru zikwira mu nzirabwoba, abarinze gereza barayita umujyi usigaramo rubanda gusa, umusilikare wagarukiye hafi yari i Nyakinama. Ubwo imbohe zose zirabohorwa abanyepolitiki nka Biseruka na Lizinde bakurikira Inkotanyi.<br /> Lizinde wari waranditse igitabo gituka abo yitaga abana b’inyenzi cyitwaga La découverte de Kalinga ou la fin du mythe ari byo mu Kinyarwanda umuntu yakwita “ Ivumburwa rya Kalinga ari na yo maherezo ya Balinga” yategereje ko yicwa n’abamubohoye araheba kugeza ubwo abonye ko amaraso batayararikiye kuko bamushakamo iturufu mu ntambara barwanaga.<br /> Ifungurwa ry’abo bantu bari barimo n’abatutsi b’ibyitso nka ba Dr Rudakubana (ubu ni Colonel muri RDF) ni ryo ryaje kuba isoko y’iyamamara ry’indagu za Magayane maze ibinyamakuru byinshi bizisamira mu kirere bizigeza ku banyarwanda cyane ko zabaremagamo icyizere cy’uko Ikinani kitazatura nk’umusozi.<br /> Icyo gihe ibinyamakuru bya Leta n’ibindi byari bishyigikye Habyarimana byahamyaga ko Indagu za Magayane ntazabayeho ko ahubwo ari amayeri y’umwanzi wari ugamije guca ingabo intege.<br /> Ku giti cyanjye najye nazishidikanyijeho kuko nasangaga koko bishobora kuba ari amayeri y’umwanzi (umwanzi icyo gihe yari Inkotanyi zarwanaga na FAR) no kujijisha ariko ku rundi ruhande nasesengura nkibaza byinshi kubera uburyo ibyavugagwamo byari bisobanuye cyane (very detailed). Muri byo hari nko kuba haravugwaga ko Habyarimana azapfa agakurikirwa n’imvura idahita kandi byarabaye ( kandi imvura ntigushwa n’abantu), kuba baravugaga ko Habyarimana azapfa asogoswe ( kandi koko ababonye mafoto y’umurambo we babashije kubona ko hari ikintu gisa nk’icyuma cyari cyamutanyuye ijosi mu muhogo nk’uwasogoswe inkota mu cyico) hari kandi no kuba haravugwa ko Habyarimana azagwa mu gisa n’imibyuko y’amasaka ( ari rwo rufunzo rwari ruteye iwe ku nkombe za piscine aho yahanutse agwa indege ikimara kuraswa).<br /> Ku buryo inkuru y’indege ikimenyekana benshi bahise babona ibizakurikira kandi mu ihunga ryabo bagendana indagu za Magayane banaganiragaho aho babaga bihishe cyane cyane nk’aho Magayane yavugaga ko hazarokoka umurame mu bazasubira inyuma bahunga cyangwa berekeza I burasirazuba.<br /> Mu bindi Magayane yavugaga abantu bakomezaga kugarukaho ninko kuba ibintu bizadogera imisozi igasigara ari amatongo , ingo zararitswe n’ibihunyira kandi ko uzategeka u Rwanda amahoro akarama azaza aturutse hanze ndetse ko u Rwanda ruzaba igihugu cyiza akarangiza avuga ati barahirwa abazaba bakiriho icyo gihe.<br /> Aha ni na ho hakunze kuba impaka nyinshi aho abantu bateraniye buri wese yizeye undi bakaganira bisanzuye basesengura ejo hazaza h’u Rwanda bamwe kwiheba bitera guhanura ibibi (negativists, pessimists and skeptics ) bati ahubwo se Magayane ibyo yavuze mwari mwabibona? Bati buriya ntacyabaye kuko u Rwanda rutarabohorwa n’abavuye hanze kandi rukaba rutaraba rwiza uko yabivuze. Abandi babashije kwiyubakamo ikizere (optimists, positivists and realistics) bati Magayane yabivuze ukuri ishyano ryaraguye kandi koko u Rwanda rwashibutsemo ruratoshye amaherezo ruzatwerera ibyiza. Ukuri hagati y’aba bose ni ukuhe. Ni byo tugiye kurebera hamwe mu gika gikurikira.<br /> Ishyano Magayane yahanuye ryarabaye uko ryakabaye yaritangiye gihamya ari ryo hanurwa rya Habyarimana ryaribanjirije. Nta wundi Habyarimana uriho nibaza ko nta n’uzabaho. Nta washidikanya ku ndagu za Magayane kereka uwazibariwe cyangwa uzibwirwa n’abazihindura uko bashaka. Kereka utarazisomye zitaraba cyane cyane ku rupfu rwa Habyarimana, ku mvura y’umuvumbi yariho biba, ku cyerekezo intambara yaganagamo n’aho impunzi zabashije kubaho zagiye zigana.<br /> Nta n’impaka zari zikwiye kubaho cyane cyane ku muntu uzategeka u Rwanda amahoro akarama kuko yavuze ko azima ashagawe n’abera. Abarota ku manywa bo baherako bategereza uzaza yimikwa n’abazungu bakiyibagiza ko abera Magayane yavugaga ari za ngabo za Minuar zari zikiri mu gihugu ubwo Leta ya mbere yajyagaho ku itariki ya 19 Nyakanga 1994.<br /> Ibyagombaga gukurikira Magayane yavuze byarategerejwe biratinda<br /> Gusesengura indagu ni nko gusesengura inzozi bisaba ubuhanga nka bumwe bwa Yozefu wo muri bibiliya wajyaga azirotorera Farawo. Iyo bavuze igihugu cyiza si ukuvuga ko baba bavuze igihugu kitagira ibibazo. Oya, icyo gihe bavuga paradizo kandi Magayane si yo yavuze. Iyo bavuze igihugu cyiza ntibaba bavuze igihugu buri wese akize. Oya, icyo gihe ntiyaba ari indagu zaba ri inzozi kuko muri iyi si nta gihugu kitagira abababaye n’abakene. Kandi si cyo Magayane yavugaga.<br /> Byari bigoye kugira uwo wumvisha mu myaka myinshi yakurikiye ihirima rya Leta ya Habyarimana ko Magayane yazikabije avuga ko ishyano ryabaye mu Rwanda rizakurikirwa n’u Rwanda rurese ibyiza. Icyo gihe ntabwo ku batutsi b’abacikacumu kurokoka byari bibahagije gusa kuko bari ba ntahobari. Bari abapfakazi n’imfubyi bipfumbase mapfubyi ndetse bamwe muri bo bikabatera imvugo zipfobya urugamba rimwe bavuga ngo badukuye n’aho twari twibereye ubundi ngo u Rwanda ni urw’abarutashye abandi turarengana.<br /> Mu myaka yakurikiye ihirima rya Leta ya Habyarimana kandi byari bigoye kuvuga ko hazabaho amahoro arambye kuko inkomyi zayo zari nyinshi. U Rwanda rwari rurinzwe bikomeye ariko rugoswe n’impunzi z’abahutu zari ziyobowe n’abahigira kuzaruhorera. Mu Rwanda hari hari inzigo zaritse benshi barimo n’abayobozi n’abandi banyabubasha batasibaga kwingingirwa kutarikora. U Rwanda rwari ikirunga kiraye kiri buruke ku buryo bamwe mu bari bamaze gutahuka bashoreye amatungo yabo bagasubira Uganda n’ahandi bamaze guheba u Rwanda babariwe. Mu iterambere u Rwanda rwari rwarasubiye inyuma y’aho rwari muri za 1990. Gereza zari zisendereye imbohe zirimo n’iz’akamama. Ndetse hari hariho abafungiye mu ngo zitazwi n’amakonteneri abandi barigiswa.<br /> Icyo gihe byari bigoye kuvuga ko iza Magayane zeze avuga ko hazabo u Rwanda rwiza.<br /> Cya kizere cy’igihugu cyiza kizaza ryari?<br /> Ndabona icyoko cyacyo ubanza kiri hafi. Reka mpere ku bintu bito cyane. Ariko mujya mwibuka ko kugeza 2006 twamaze imyaka 12 nta bahanzi baririmba ineza n’urukundo tugira twibera mu z’icyunamo n’izakera gusa? Mujya mubona se ukuntu imitima n’inganzo byagize gutya bikabumbukira rimwe hakaza abana baririmba urukundo nka Kitoko, Meddy, Jojo, Knowless, Kamichi, The Ben, King James, Alpha n’abandi. Aka ni akantu gato cyane ariko kavuze byinshi. Kavuze ko inganzo itingingwa kuko ijyana n’ibihe byayo. Kavuze ko igihe cyo kuririmba amaganya gusa kimukiye mu mitima yabo ibindi bigaragaza ko ubuzima bukomeza. Ni bene muri ibi bintu bito bamwe batabona cyangwa babibona ntibabitindeho u Rwanda rwiza Magayane yaraguye ruhera rugaragarira.<br /> Muribuka muri 2009 aho Perezida Kagame yavugaga mu bihe byo kwibuka ati tureke guheranwa n’agahinda kandi insaganyamatsiko y’uyu mwaka yitwe Icyizere? Iki ni ikindi kimenyetso cy’uko u Rwanda Magayane yavuze ari uru. Bivuze u Rwanda rurimo gukira ( Healing) rugifite ibikomere ariko birimo gufata urukoko.<br /> Muribuka imyaka u Rwanda rwamaze abantu barebera mu moko intambara z’ubutegetsi nk’aho u Rwanda rufite umuvumo wo kuzahembera inzigo y’abahutu n’abatutsi ? Nyuma se ba Rwarakabije, ba Ngendahimana n’abo bari bayoboranye izo mu mashyamba bamaze gusobanukirwa ntibizanye nta mirwano na n’ubu bakiza kandi . Nyuma yaho se mu gihe bazaga si bwo Gahima, Kayumba na ba Rudasingwa bagendaga. Ibi bivuze iki? Bivuze ko u Rwanda rurimo guhabwa ibimenyetso byarufasha koroherwa ( gukira si hafi cyane) indwara yo kurebera ubutegetsi mu moko? Ariko ubu tujya twibuka ko inzara iri mu nzira zo gusezererwa? Ko Kagame nka Gahindiro yashyizeho inkongoro y’abana ari yo ya mata atangirwa Ubuntu mu gihugu hose?<br /> Ese tujya twibuka ko icyemezo cyafashwe cyo gutangira gutanga ibitunga abatishoboye bageze mu zabukuru bazajya bahabwa amafranga atari munsi ya 5000 ku kwezi ( ni yo CPAS yo mu Rwanda). Ese tujya tubona ko hamaze iminsi hubakwa amazu y’abatishoboye bahabwa ku buntu ( ni yo social housing cyangwa logement social yo mu Rwanda). Ese tujya twibuka ko imbuto n’ifumbire bikwirakwizwa ku buntu mu baturage hirya no hino mu byaro? Ese mu bibazo bitabura tugira twe n’abacu tujya twibuka ko 11% by’abanyarwanda mu myaka itanu gusa bavuye mu babarirwa mu baritswe n’ubukene? Ese twibuka ko nta ruswa mu kubona imyanya mu mashuri ikibaho kandi ko umunyarwanda ashobora kwiga imyaka 12 arihirwa na Leta? Ese tujya twibuka ko abakene nyakujya bavurirwa ubuntu kandi ko imiti ya SIDA ari ubuntu kuri bose kugera ubwo bamwe birara ngo umuti warabonetse?Ese tujya twibuka ko ubu abanyarwanda hafi ya bose ari abayobozi kuko utari muri njyanama ari muri nyobozi.<br /> Utari muri ibyo byombi ni umwunzi se, ni inyangamugayo ya Gacaca se, ni umujyanama w’ubuzima se, ni umuhwituzi w’umurimo se, ni intumwa ya komisiyo y’amatora se, ni uwahuguriwe gutubura urutoki cyangwa guhinga ibihumyo se, ni uhagarariye urubyiruko cyangwa abagore se, ni uhagarariye abavuye ku rugerero n’ibindi byinshi bishya bituma buri wese yibona mu miyoborere y’igihugu. Ese tujya tubona ko ibyaro byinshi ubu bitakigira umwijima kandi ko gahunda yo gukwiza umuriro mu byaro ifite umuvuduko uhambaye? Uru ni rwa Rwanda Magayane yifurizaga buri wese kuzaba akiriho ngo arubone. Ni byo navugaga ko gusesengura indagu ari nko gusobanura inzozi bikaba bisaba ubuhanga. Hari ibyiciro by’abanyarwanda bitaribona muri izi gahunda kuko ubuzima bw’abanyarwanda butarahindukira icyarimwe . Abo ni nk’abashomeri bagitegereje akazi, abo ni nk’ abari bakize bagakeneshwa n’inkurikizi z’intambara na genocide, abari mu magereza cyane cyane abari yo by’amaherere, abakeneshejwe n’abaturanyi babo ubutabera n’abatarahunguka n’abaheruka guhunga n’abandi? Ariko ibi ntibibuza umwe muri aba ushyira mu gaciro kubona ko ibitaramugezeho byageze ku bandi benshi. Ntibibuza ufite ubwenge n’ubushake bwo gusesengura kubona ko u Rwanda Magayane yavuze rugenda rurushaho kugararagara.<br /> Ni ryari tuzabonera ko iza Magayane zatwereye twese?<br /> Nigeze kubivuga ko nta gihe muri iyi si yo munsi y’ijuru higeze haba igihugu gihira bose. Ariko hari amarenga menshi mbona arembuza u Rwanda rwizihiye benshi.<br /> Inda y’u Rwanda ihatse zahabu n’amabuye y’agaciro bitari byarigeze biboneka igisigaye akaba ari ukureba igihe bizatangira gucukurirwa ndetse ubushakashatsi bwakozwe mu mu koki ukururura ukagera no mu Rwanda bwagaragaje ko hashobora kuzaboneka na peteroli. U Rwanda nturushaka gutungurwa rwatangiye gutekereza ku buryoubwo bukire bwazasaranganywa mu bene gihugu bityo aho kutubera umuvumo nk’ahandi bwabonetse bukatubera umukiro.<br /> U Rwanda rufite diaspora yiganjemo urubyiruko rwashishikariye guhaha ubumenyi n’ikoranabuhanga, ifite ba rwiyemezamirimo biyemeje kutagoheka bahahira ababo iyo mu mahanga, ifite abanyarwanda batsimbaraye ku bunyarwanda bwabo kandi babashije kungukira muri ayo mahanga bahangayikiyemo bikabungura benshi. Aba bose ni biyongera ku bandi bana bato berekeza India, Amerika, South Africa, Maleziya , Uburayi n’ahandi bajya buri mwaka boherejwe na Leta guhaha ubwenge butaboneka ino maze bose bakazasenyera umugozi umwe bubaka u rwa Gasabo nta shiti Inzozi za Magayane zizatwerera twese.<br /> Kalisimbi yacu buriya ngo aho ihagaze ni icyogajuru mu bindi ku buryo aho bukera u Rwanda rurayikama menshi ngo ibere isi yose umunara wohereza amajwi n’amashusho. Gaz ya Kivu abana ntibakiyiga mu makye gusa ahubwo ubu yatangiye gucukura ku buryo ishobora kuzatuvana ku kwatsa.<br /> Umutekano no gukorera mu mucyo tumaze kugeraho ndetse no gutanga servisi nziza dutangiye guhagurukira biratanga ikizere ko abashoramali bazashinga inganda n’ibyicaro byabo mu Rwanda maze bakahakorera ibyo bazajya bagemura mu bihugu duturanye.<br /> Ejo bundi hambere aha mu Rwanda bwa mbere habayeho ihererekanya bubasha mu mahoro hagati y aba Ministri b’Intebe, hagati ya ba Perezida ba Sena no hagati y ‘aba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga. Byanteye kurarikira bikomeye umunsi tuzakomera amashyi y’urufaya Perezida Kagame, ababyeyi bavuza impundu atanga inkoni y’ubushumba akayihereza undi mwana w’umunyarwanda uzagera ikirenge cye, agasoza ibitenga yatangiye akusa ikivi asize. Aho ni ho ibanga ry’u Rwanda rwiza riziritse. Turi benshi turamya iyaturemye ngo bizabe mu ituze ndetse iyo nkoni y’ubushumba azayihe uyikwiye kandi bakuzuzanya.<br /> Mu Gusoza<br /> Wa mugani waba basokuruza b’abaparmehutu bajyaga baririmba ngo Loni yindi izava he? Uwashaka yahera kuri ibi byo hejuru agaca iteka ko izo Mgayane yaraguye yazikonoje zose. Nta wundi Magayane uzabaho n’ibindi muzasoma ni ibyo bamwitirira. Uzashaka gusoma ibyo yasomye azashakire mu binyamakuru by’icyo gihe nk’ikitwaga Le Messager, Rwanda rushya cyangwa Le Flambeau.<br /> Bavandimwe basomyi musoma iyi nyandiko nifuzaga kwisegura ku bo itanyura kubera ko nayihereye ku ndagu nahaye agaciro bijyanye n’imyemerere ya bamwe. Sinabikoreye ubushotoranyi ariko ahubwo nabitewe n’uko nashatse gutembereza basomyi mu bwonko bwanjye. Ibi nanditse n’ibyanyuze mu mutwe wanjye haba ibyo nibutse n’ibyo natekereje.<br /> Nta n’imbaraga cyangwa umwanya byantwaye kuko nabitekerejeho mu ijoro rimwe. Ijoro ryanyuma ry’umwiherero w’abayobozi bakuru twari tuvuyemo narigizemo ibitotsi bike ndicara nuza ibyo tumazemo iminsi( Kuza nk’inka cyangwa ruminer mu gifaransa) ndetse ndota imbere hazaza mpereye ku kizere navanyemo maze kubona uburakari bwubaka, umutsi n’izima Intore nkuru yari ifite ihamya ko u Rwanda nta muvumo n’umurage wo gukena rufite.<br /> Twese dusangire ikizere.
Répondre
B
Ese indagu za Magayane zareze cyangwa tugumye dutegereze?<br /> <br /> Ese Magayane yabayeho cyangwa ni Balinga? <br /> Magayane yaravuzwe biratinda n’ubwo atakivugwa. Ndetse Magayane yageze ubwo aba insigamigani nyirizina kuko yasize imvugo n’incyuro. Ngira ngo mujya mwumva bavuga ngo kanaka yahuye na Magayane bavuga umuntu wakize mu buryo butari bwitezwe na buri wese. Magayane uwo, yari umuhanuzi w’icyatwa mu myaka ya za 1970 ,1980 n’intangiriro za 1990 wahanuye byinshi byabaye. Yahanuraga kuva kera kugeza ubwo afungiwe kuba yarahanuye ko amaherezo ya Habyarimana ari (...)<br /> Ese Magayane yabayeho cyangwa ni Balinga?<br /> Magayane yaravuzwe biratinda n’ubwo atakivugwa. Ndetse Magayane yageze ubwo aba insigamigani nyirizina kuko yasize imvugo n’incyuro. Ngira ngo mujya mwumva bavuga ngo kanaka yahuye na Magayane bavuga umuntu wakize mu buryo butari bwitezwe na buri wese. Magayane uwo, yari umuhanuzi w’icyatwa mu myaka ya za 1970 ,1980 n’intangiriro za 1990 wahanuye byinshi byabaye. Yahanuraga kuva kera kugeza ubwo afungiwe kuba yarahanuye ko amaherezo ya Habyarimana ari mabi kandi ko nta mva ye abona I Rwanda ko ahubwo amubona ari umugwagasi.<br /> Izo ndagu zamujyanye mu gihome cya Ruhengeri arahafungirwa biratinda. Yaharaguriye byinshi akanahamya ko byinshi muri ibyo bizaba atakiriho. Yahanuriye bamwe barimo Lizinde rya Mugabushaka uko azafungurwa. Abo bari bafunganywe bamugishije impaka bashidikanya ku ndagu ye atanga ibimenyetso by’uko igiti cy’inganzamarumbu cyari hafi ya gereza aho cyabonwaga n’abafungiye imbere kizaba cyarumye, kandi iyo gereza izaba ifungiyemo ihene ndetse ibyo byose bikazaba we atakiriho. Ubwo abari bamaze kuzongwa n’umunyururu bumvise ko icyo giti kizabanza kikuma bati za ndagu ntacyo zimaze kuko kiriya giti gitoshye kuriya kizajya kuma batakiriho. Bumvise noneho avuga ko hazabanza hagafungirwa ihene bati uyu si umupfumu ni umupfu w’umusazi. Bumvise ariko ko azaba atakiriho bati reka dutegereze n’ubundi uyu mupfumu usukuma nta minsi asigaje. Kandi koko ntibyatinze aratabaruka.<br /> Nyuma yaho gato ihene yari ishorewe ijyanywe ku isoko yaje guca ikiziriko yinjira muri gereza maze abanyamerwe bari barinze gereza begekaho urugi nyirayo ayikurikiye aruhera inyuma atinya gutaka ngo nawe batamwinjiza imbere asubirayo ihene isigarayo. Ibyo bayikoreye murabyumva.<br /> Mu byumweru byakurikiye imvura iragwa, imirabyo iracicikana inkuba iti PA! Iba ikubise cya giti inkongi igihera mu mizi igera mu bushorishori amababi aribaranga igiti si ukuma kirumirana. Si bwo indagu ibaye indagu! Ntibyanatinze kandi koko Inkotanyi zirarikokereza zitwikira igicuku zimanuka mu mikoki y’ibirunga zifata Nyamagumba zirasa urufaya inzirabwoba. Ubwoba zibwugarije zikizwa n’amaguru.<br /> Umunyamakuru wa Orinfor witwaga Stanislas Kanyanzira yaje kurunguruka urwo rufaya rw’amasasu rwari rwacanye icyezezi mu kirere cya Ruhengeri arabukwa inzobe z’abana bari barakeshejwe n’imbeho ya Muhabura aherako atanga intabaza ati birakomeye ya ntambara irimo abazungu n’abandi basa nk’abarabu. Ubwo inkuru zikwira mu nzirabwoba, abarinze gereza barayita umujyi usigaramo rubanda gusa, umusilikare wagarukiye hafi yari i Nyakinama. Ubwo imbohe zose zirabohorwa abanyepolitiki nka Biseruka na Lizinde bakurikira Inkotanyi.<br /> Lizinde wari waranditse igitabo gituka abo yitaga abana b’inyenzi cyitwaga La découverte de Kalinga ou la fin du mythe ari byo mu Kinyarwanda umuntu yakwita “ Ivumburwa rya Kalinga ari na yo maherezo ya Balinga” yategereje ko yicwa n’abamubohoye araheba kugeza ubwo abonye ko amaraso batayararikiye kuko bamushakamo iturufu mu ntambara barwanaga.<br /> Ifungurwa ry’abo bantu bari barimo n’abatutsi b’ibyitso nka ba Dr Rudakubana (ubu ni Colonel muri RDF) ni ryo ryaje kuba isoko y’iyamamara ry’indagu za Magayane maze ibinyamakuru byinshi bizisamira mu kirere bizigeza ku banyarwanda cyane ko zabaremagamo icyizere cy’uko Ikinani kitazatura nk’umusozi.<br /> Icyo gihe ibinyamakuru bya Leta n’ibindi byari bishyigikye Habyarimana byahamyaga ko Indagu za Magayane ntazabayeho ko ahubwo ari amayeri y’umwanzi wari ugamije guca ingabo intege.<br /> Ku giti cyanjye najye nazishidikanyijeho kuko nasangaga koko bishobora kuba ari amayeri y’umwanzi (umwanzi icyo gihe yari Inkotanyi zarwanaga na FAR) no kujijisha ariko ku rundi ruhande nasesengura nkibaza byinshi kubera uburyo ibyavugagwamo byari bisobanuye cyane (very detailed). Muri byo hari nko kuba haravugwaga ko Habyarimana azapfa agakurikirwa n’imvura idahita kandi byarabaye ( kandi imvura ntigushwa n’abantu), kuba baravugaga ko Habyarimana azapfa asogoswe ( kandi koko ababonye mafoto y’umurambo we babashije kubona ko hari ikintu gisa nk’icyuma cyari cyamutanyuye ijosi mu muhogo nk’uwasogoswe inkota mu cyico) hari kandi no kuba haravugwa ko Habyarimana azagwa mu gisa n’imibyuko y’amasaka ( ari rwo rufunzo rwari ruteye iwe ku nkombe za piscine aho yahanutse agwa indege ikimara kuraswa).<br /> Ku buryo inkuru y’indege ikimenyekana benshi bahise babona ibizakurikira kandi mu ihunga ryabo bagendana indagu za Magayane banaganiragaho aho babaga bihishe cyane cyane nk’aho Magayane yavugaga ko hazarokoka umurame mu bazasubira inyuma bahunga cyangwa berekeza I burasirazuba.<br /> Mu bindi Magayane yavugaga abantu bakomezaga kugarukaho ninko kuba ibintu bizadogera imisozi igasigara ari amatongo , ingo zararitswe n’ibihunyira kandi ko uzategeka u Rwanda amahoro akarama azaza aturutse hanze ndetse ko u Rwanda ruzaba igihugu cyiza akarangiza avuga ati barahirwa abazaba bakiriho icyo gihe.<br /> Aha ni na ho hakunze kuba impaka nyinshi aho abantu bateraniye buri wese yizeye undi bakaganira bisanzuye basesengura ejo hazaza h’u Rwanda bamwe kwiheba bitera guhanura ibibi (negativists, pessimists and skeptics ) bati ahubwo se Magayane ibyo yavuze mwari mwabibona? Bati buriya ntacyabaye kuko u Rwanda rutarabohorwa n’abavuye hanze kandi rukaba rutaraba rwiza uko yabivuze. Abandi babashije kwiyubakamo ikizere (optimists, positivists and realistics) bati Magayane yabivuze ukuri ishyano ryaraguye kandi koko u Rwanda rwashibutsemo ruratoshye amaherezo ruzatwerera ibyiza. Ukuri hagati y’aba bose ni ukuhe. Ni byo tugiye kurebera hamwe mu gika gikurikira.<br /> Ishyano Magayane yahanuye ryarabaye uko ryakabaye yaritangiye gihamya ari ryo hanurwa rya Habyarimana ryaribanjirije. Nta wundi Habyarimana uriho nibaza ko nta n’uzabaho. Nta washidikanya ku ndagu za Magayane kereka uwazibariwe cyangwa uzibwirwa n’abazihindura uko bashaka. Kereka utarazisomye zitaraba cyane cyane ku rupfu rwa Habyarimana, ku mvura y’umuvumbi yariho biba, ku cyerekezo intambara yaganagamo n’aho impunzi zabashije kubaho zagiye zigana.<br /> Nta n’impaka zari zikwiye kubaho cyane cyane ku muntu uzategeka u Rwanda amahoro akarama kuko yavuze ko azima ashagawe n’abera. Abarota ku manywa bo baherako bategereza uzaza yimikwa n’abazungu bakiyibagiza ko abera Magayane yavugaga ari za ngabo za Minuar zari zikiri mu gihugu ubwo Leta ya mbere yajyagaho ku itariki ya 19 Nyakanga 1994.<br /> Ibyagombaga gukurikira Magayane yavuze byarategerejwe biratinda<br /> Gusesengura indagu ni nko gusesengura inzozi bisaba ubuhanga nka bumwe bwa Yozefu wo muri bibiliya wajyaga azirotorera Farawo. Iyo bavuze igihugu cyiza si ukuvuga ko baba bavuze igihugu kitagira ibibazo. Oya, icyo gihe bavuga paradizo kandi Magayane si yo yavuze. Iyo bavuze igihugu cyiza ntibaba bavuze igihugu buri wese akize. Oya, icyo gihe ntiyaba ari indagu zaba ri inzozi kuko muri iyi si nta gihugu kitagira abababaye n’abakene. Kandi si cyo Magayane yavugaga.<br /> Byari bigoye kugira uwo wumvisha mu myaka myinshi yakurikiye ihirima rya Leta ya Habyarimana ko Magayane yazikabije avuga ko ishyano ryabaye mu Rwanda rizakurikirwa n’u Rwanda rurese ibyiza. Icyo gihe ntabwo ku batutsi b’abacikacumu kurokoka byari bibahagije gusa kuko bari ba ntahobari. Bari abapfakazi n’imfubyi bipfumbase mapfubyi ndetse bamwe muri bo bikabatera imvugo zipfobya urugamba rimwe bavuga ngo badukuye n’aho twari twibereye ubundi ngo u Rwanda ni urw’abarutashye abandi turarengana.<br /> Mu myaka yakurikiye ihirima rya Leta ya Habyarimana kandi byari bigoye kuvuga ko hazabaho amahoro arambye kuko inkomyi zayo zari nyinshi. U Rwanda rwari rurinzwe bikomeye ariko rugoswe n’impunzi z’abahutu zari ziyobowe n’abahigira kuzaruhorera. Mu Rwanda hari hari inzigo zaritse benshi barimo n’abayobozi n’abandi banyabubasha batasibaga kwingingirwa kutarikora. U Rwanda rwari ikirunga kiraye kiri buruke ku buryo bamwe mu bari bamaze gutahuka bashoreye amatungo yabo bagasubira Uganda n’ahandi bamaze guheba u Rwanda babariwe. Mu iterambere u Rwanda rwari rwarasubiye inyuma y’aho rwari muri za 1990. Gereza zari zisendereye imbohe zirimo n’iz’akamama. Ndetse hari hariho abafungiye mu ngo zitazwi n’amakonteneri abandi barigiswa.<br /> Icyo gihe byari bigoye kuvuga ko iza Magayane zeze avuga ko hazabo u Rwanda rwiza.<br /> Cya kizere cy’igihugu cyiza kizaza ryari?<br /> Ndabona icyoko cyacyo ubanza kiri hafi. Reka mpere ku bintu bito cyane. Ariko mujya mwibuka ko kugeza 2006 twamaze imyaka 12 nta bahanzi baririmba ineza n’urukundo tugira twibera mu z’icyunamo n’izakera gusa? Mujya mubona se ukuntu imitima n’inganzo byagize gutya bikabumbukira rimwe hakaza abana baririmba urukundo nka Kitoko, Meddy, Jojo, Knowless, Kamichi, The Ben, King James, Alpha n’abandi. Aka ni akantu gato cyane ariko kavuze byinshi. Kavuze ko inganzo itingingwa kuko ijyana n’ibihe byayo. Kavuze ko igihe cyo kuririmba amaganya gusa kimukiye mu mitima yabo ibindi bigaragaza ko ubuzima bukomeza. Ni bene muri ibi bintu bito bamwe batabona cyangwa babibona ntibabitindeho u Rwanda rwiza Magayane yaraguye ruhera rugaragarira.<br /> Muribuka muri 2009 aho Perezida Kagame yavugaga mu bihe byo kwibuka ati tureke guheranwa n’agahinda kandi insaganyamatsiko y’uyu mwaka yitwe Icyizere? Iki ni ikindi kimenyetso cy’uko u Rwanda Magayane yavuze ari uru. Bivuze u Rwanda rurimo gukira ( Healing) rugifite ibikomere ariko birimo gufata urukoko.<br /> Muribuka imyaka u Rwanda rwamaze abantu barebera mu moko intambara z’ubutegetsi nk’aho u Rwanda rufite umuvumo wo kuzahembera inzigo y’abahutu n’abatutsi ? Nyuma se ba Rwarakabije, ba Ngendahimana n’abo bari bayoboranye izo mu mashyamba bamaze gusobanukirwa ntibizanye nta mirwano na n’ubu bakiza kandi . Nyuma yaho se mu gihe bazaga si bwo Gahima, Kayumba na ba Rudasingwa bagendaga. Ibi bivuze iki? Bivuze ko u Rwanda rurimo guhabwa ibimenyetso byarufasha koroherwa ( gukira si hafi cyane) indwara yo kurebera ubutegetsi mu moko? Ariko ubu tujya twibuka ko inzara iri mu nzira zo gusezererwa? Ko Kagame nka Gahindiro yashyizeho inkongoro y’abana ari yo ya mata atangirwa Ubuntu mu gihugu hose?<br /> Ese tujya twibuka ko icyemezo cyafashwe cyo gutangira gutanga ibitunga abatishoboye bageze mu zabukuru bazajya bahabwa amafranga atari munsi ya 5000 ku kwezi ( ni yo CPAS yo mu Rwanda). Ese tujya tubona ko hamaze iminsi hubakwa amazu y’abatishoboye bahabwa ku buntu ( ni yo social housing cyangwa logement social yo mu Rwanda). Ese tujya twibuka ko imbuto n’ifumbire bikwirakwizwa ku buntu mu baturage hirya no hino mu byaro? Ese mu bibazo bitabura tugira twe n’abacu tujya twibuka ko 11% by’abanyarwanda mu myaka itanu gusa bavuye mu babarirwa mu baritswe n’ubukene? Ese twibuka ko nta ruswa mu kubona imyanya mu mashuri ikibaho kandi ko umunyarwanda ashobora kwiga imyaka 12 arihirwa na Leta? Ese tujya twibuka ko abakene nyakujya bavurirwa ubuntu kandi ko imiti ya SIDA ari ubuntu kuri bose kugera ubwo bamwe birara ngo umuti warabonetse?Ese tujya twibuka ko ubu abanyarwanda hafi ya bose ari abayobozi kuko utari muri njyanama ari muri nyobozi.<br /> Utari muri ibyo byombi ni umwunzi se, ni inyangamugayo ya Gacaca se, ni umujyanama w’ubuzima se, ni umuhwituzi w’umurimo se, ni intumwa ya komisiyo y’amatora se, ni uwahuguriwe gutubura urutoki cyangwa guhinga ibihumyo se, ni uhagarariye urubyiruko cyangwa abagore se, ni uhagarariye abavuye ku rugerero n’ibindi byinshi bishya bituma buri wese yibona mu miyoborere y’igihugu. Ese tujya tubona ko ibyaro byinshi ubu bitakigira umwijima kandi ko gahunda yo gukwiza umuriro mu byaro ifite umuvuduko uhambaye? Uru ni rwa Rwanda Magayane yifurizaga buri wese kuzaba akiriho ngo arubone. Ni byo navugaga ko gusesengura indagu ari nko gusobanura inzozi bikaba bisaba ubuhanga. Hari ibyiciro by’abanyarwanda bitaribona muri izi gahunda kuko ubuzima bw’abanyarwanda butarahindukira icyarimwe . Abo ni nk’abashomeri bagitegereje akazi, abo ni nk’ abari bakize bagakeneshwa n’inkurikizi z’intambara na genocide, abari mu magereza cyane cyane abari yo by’amaherere, abakeneshejwe n’abaturanyi babo ubutabera n’abatarahunguka n’abaheruka guhunga n’abandi? Ariko ibi ntibibuza umwe muri aba ushyira mu gaciro kubona ko ibitaramugezeho byageze ku bandi benshi. Ntibibuza ufite ubwenge n’ubushake bwo gusesengura kubona ko u Rwanda Magayane yavuze rugenda rurushaho kugararagara.<br /> Ni ryari tuzabonera ko iza Magayane zatwereye twese?<br /> Nigeze kubivuga ko nta gihe muri iyi si yo munsi y’ijuru higeze haba igihugu gihira bose. Ariko hari amarenga menshi mbona arembuza u Rwanda rwizihiye benshi.<br /> Inda y’u Rwanda ihatse zahabu n’amabuye y’agaciro bitari byarigeze biboneka igisigaye akaba ari ukureba igihe bizatangira gucukurirwa ndetse ubushakashatsi bwakozwe mu mu koki ukururura ukagera no mu Rwanda bwagaragaje ko hashobora kuzaboneka na peteroli. U Rwanda nturushaka gutungurwa rwatangiye gutekereza ku buryoubwo bukire bwazasaranganywa mu bene gihugu bityo aho kutubera umuvumo nk’ahandi bwabonetse bukatubera umukiro.<br /> U Rwanda rufite diaspora yiganjemo urubyiruko rwashishikariye guhaha ubumenyi n’ikoranabuhanga, ifite ba rwiyemezamirimo biyemeje kutagoheka bahahira ababo iyo mu mahanga, ifite abanyarwanda batsimbaraye ku bunyarwanda bwabo kandi babashije kungukira muri ayo mahanga bahangayikiyemo bikabungura benshi. Aba bose ni biyongera ku bandi bana bato berekeza India, Amerika, South Africa, Maleziya , Uburayi n’ahandi bajya buri mwaka boherejwe na Leta guhaha ubwenge butaboneka ino maze bose bakazasenyera umugozi umwe bubaka u rwa Gasabo nta shiti Inzozi za Magayane zizatwerera twese.<br /> Kalisimbi yacu buriya ngo aho ihagaze ni icyogajuru mu bindi ku buryo aho bukera u Rwanda rurayikama menshi ngo ibere isi yose umunara wohereza amajwi n’amashusho. Gaz ya Kivu abana ntibakiyiga mu makye gusa ahubwo ubu yatangiye gucukura ku buryo ishobora kuzatuvana ku kwatsa.<br /> Umutekano no gukorera mu mucyo tumaze kugeraho ndetse no gutanga servisi nziza dutangiye guhagurukira biratanga ikizere ko abashoramali bazashinga inganda n’ibyicaro byabo mu Rwanda maze bakahakorera ibyo bazajya bagemura mu bihugu duturanye.<br /> Ejo bundi hambere aha mu Rwanda bwa mbere habayeho ihererekanya bubasha mu mahoro hagati y aba Ministri b’Intebe, hagati ya ba Perezida ba Sena no hagati y ‘aba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga. Byanteye kurarikira bikomeye umunsi tuzakomera amashyi y’urufaya Perezida Kagame, ababyeyi bavuza impundu atanga inkoni y’ubushumba akayihereza undi mwana w’umunyarwanda uzagera ikirenge cye, agasoza ibitenga yatangiye akusa ikivi asize. Aho ni ho ibanga ry’u Rwanda rwiza riziritse. Turi benshi turamya iyaturemye ngo bizabe mu ituze ndetse iyo nkoni y’ubushumba azayihe uyikwiye kandi bakuzuzanya.<br /> Mu Gusoza<br /> Wa mugani waba basokuruza b’abaparmehutu bajyaga baririmba ngo Loni yindi izava he? Uwashaka yahera kuri ibi byo hejuru agaca iteka ko izo Mgayane yaraguye yazikonoje zose. Nta wundi Magayane uzabaho n’ibindi muzasoma ni ibyo bamwitirira. Uzashaka gusoma ibyo yasomye azashakire mu binyamakuru by’icyo gihe nk’ikitwaga Le Messager, Rwanda rushya cyangwa Le Flambeau.<br /> Bavandimwe basomyi musoma iyi nyandiko nifuzaga kwisegura ku bo itanyura kubera ko nayihereye ku ndagu nahaye agaciro bijyanye n’imyemerere ya bamwe. Sinabikoreye ubushotoranyi ariko ahubwo nabitewe n’uko nashatse gutembereza basomyi mu bwonko bwanjye. Ibi nanditse n’ibyanyuze mu mutwe wanjye haba ibyo nibutse n’ibyo natekereje.<br /> Nta n’imbaraga cyangwa umwanya byantwaye kuko nabitekerejeho mu ijoro rimwe. Ijoro ryanyuma ry’umwiherero w’abayobozi bakuru twari tuvuyemo narigizemo ibitotsi bike ndicara nuza ibyo tumazemo iminsi( Kuza nk’inka cyangwa ruminer mu gifaransa) ndetse ndota imbere hazaza mpereye ku kizere navanyemo maze kubona uburakari bwubaka, umutsi n’izima Intore nkuru yari ifite ihamya ko u Rwanda nta muvumo n’umurage wo gukena rufite.<br /> Twese dusangire ikizere.
Répondre
M
Ariko MAGAYANE iby'ubuhanuzi bwe bwose byagenze bite?Umenya byose byari ibigambo iby'indagu za MAGAYANE
Répondre
G
Bitewe nukuntu uRwanda rwivuga nk’igihugu cyateye imbere mubuhinzi , cyateje imbere imibereho myiza y’abaturage, ngo kubera gukoresha neza amafaranga duhabwa nabaterankunga , ntabwo ubuyobozi bwatinyuka kwerura ngo buvuge ko icyo kibazo gihari.<br /> <br /> <br /> Mu itangazamakuru ryo mugihugu byagiye kuvugwa, nabwo hibandwa k’ uturere tumwe na tumwe aho byari byananiye ubuyobozi kubihisha ,byanavugwa bikitwa “akabazo”.Urugero ni nko mumutara, aho abantu bagiye bakicara kumurenge bakanga kuhava bataka inzara.<br /> <br /> <br /> Ikintu cyatangaje abanyarwanda Ni ukubona abadepite bababwirira mu inteko ishinga amategeko yuko ngo ntanzara ihari ngo ko igihari ari uko abanyarwanda bari bamenyereye kurya kabiri basigaye barya rimwe!!!<br /> <br /> <br /> Mubuyobozi dufite harimo abize ibirebana nubuhinzi, bazi neza yuko icyo kibazo gihari kandi bazi nanone imigambi yafatwa kugirango gikemurwe ariko kubera ubwoba bakaruca bakarumira.<br /> <br /> <br /> Nshobora kuba ngiye kwisubiramo, ariko ikibazo cyambere dufite muRwanda ni Paulo Kagame.<br /> <br /> Si ukumwanga bintera kumutunga agatoki. Ahubwo igituma mubonamwo ikibazo, ni uko yigize igisubizo kubibazo byose mugihugu, kandi ibyinshi ubona neza mukubikemura kwe, ko aba atanabisobanukiwe turamutse tuvuze yuko haba hari n’icyo biba bimubwiye dore ko we yibera muyindi isi hamwe numuryango we n’ agatsiko ke.<br /> <br /> <br /> Gufata abanyarwanda ukabambura guhinga ibyabagaburiraga, ukabanyaga ubutaka bwabo ukabashyira mubuhinzi bwo kurwego rwinganda zitanabaho, byakwitwa iki uretse ubusazi?<br /> <br /> <br /> Gufata umusaruro ukawubikira izo nganda zitabaho, nubucuruzi bwo hanze yigihugu, uwo musaruro ukazanaborera muri za depots byakwitwa iki?<br /> <br /> <br /> Abanyarwanda baricishwa inzara kugirango icyo kinyoma cyiswe iterambere gikomeze cyogezwe!<br /> <br /> Umutekano wambere ni uw’amagara, uwo munda kandi ntawo dufite.<br /> <br /> <br /> Iryo terambere riririmbwa, abana babwirirwa bakaburara ni irihe?<br /> <br /> Uwo mutekano uhoza abasirikare mumuhanda ni uwuhe?<br /> <br /> Iyo suku ikorwa n’abashonje wahuha bakagwa ,batunzwe no kwihanganira ubugome nubutindi bw’iyi ngoma idatinya no gushinyagurira uwihebye ni isuku bwoko ki?<br /> <br /> <br /> <br /> Nyamara ibijya gucika bica amarenga.
Répondre
F
Icyumweru ngarukamwaka cyo kwibuka kiragarutse. ICYUNAMO KIDASHIRA? Kwibuka guhoraho? Abahutu ubu bagiye gohozwa ku nkeke,batotezwe bamwe bicwe Kandi GENOCIDE yarateguwe na KAGOME. PK agiye kwahuka mu nka z’abacikacumu atemagure kugirango yibutse isi yose ko abahutu batigeze bareka ingengabitekerezo ya genocide.Mu minsi mikeya muzumva kandi mubone inka nyinshi zatemaguwe na DMI ya Kagame. Si inka gusa ahubwo n’abacikacumu bamwe bazahasiga agatwe. Abo bacika cumu,mu cyunamo barabica da!! kugirango Kagome yereke isi ngo ko abahutu ari abicanyi,ngo ko babonye ubutegetsi bakora genocide yindi. Hari uwamenya niba wa mu DMI wishe umucikacumu yaragejejwe imbere y’ubutareba bwabo? Ariko se mu RWANDA haba ubutabera? Wabona yibereye Darfour ari guhekenya ku madolari ya Loni cyangwa agihahamutse nka wa mushoferi wagonze Rwigara.ARIKO ubundi wa mushoferi wagonze RWIGARA(Umucikacumu) yaba yaraburanishijwe? cg aracyakomeje kugira ihahamuka kubera kwica RWIGAS. Hhhh kubera iterambere rya Singapore nyafrika amakamyo yabo azi gutera icyuma mu irugu. Ni hatari ariko. DMI ibyo yakora byose,yahindura abahutu SECOND CLASS CITIZEN, ni hahandi abo bahutu bazafata ubutegetsi kandi bazashyira ibintu mu buryo. DMI iribeshya cyane. Nkuko mu BURUNDI byagiye mu buryo. ni nako mu RWANDA bizajya mu buryo. KANDI BIRI HAFI!!! Ibihe bihora bisimburana iteka wa mugani wa Padri
Répondre
R
NTAMUHANGA ARABAHANGAMURA AMAZE KUBONA IPETI RYA MAJORO RIMWEMERERA GUFATA IBYEMEZO BIKOMEYE MUNGABO ZABO KIGALI NIYITONDE GATO BARAJE
Répondre