Kuri uyu mugoroba igisasu giturikiye mu mujyi wa Gitarama , abayobozi b'inkotanyi bo ngo abaturage ntibahungabane kuko hari umutekano !
Mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo haturikiye igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade mu masaha y’umugoroba, ahagana mu ma saa moya kuri uyu wa kabiri. Abantu 16 bakomerekejwe nayo, babiri bakekwaho kuyitera batabwa muri yombi.
Iki gisasu cyaturikiye mu mujyi rwahati wa Muhanga mu murenge wa Nyamabuye, mu kagari ka Gahogo ahasanzwe hacururizwa amakarita ya telefone hazwi nko kwa Jacques.
Mu kiganiro IGIHE.com yagiranye n’Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutwakwasuku Yvonne yaduhamirije ko koko iki gisasu cyaturitse ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri ndetse abantu 16 bagakomereka, babiri muri bo byatangajwe ko bakomeretse bikomeye.
Mutwakwasuku yagize ati : "Nyuma y’uko iki gisasu cyaturitse hafashwe abantu babiri bakekwaho kuba aribo bagiteye bari kuri moto, aho umwe yari ahetse undi. Ubu bacumbikiwe n’inzego z’umutekano."
Yongeyeho ko ubusanzwe aha hantu harangwaga n’umutekano usesuye. Mutakwasuku yagize ati : “Aha muri Muhanga hari umutekano kandi turizeza abaturage ko nta kabuza badakwiye guhungabana.”
Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Kabyayi, Dr Sebatunzi Osée yatangarije IGIHE.com ko abakomeretse bakiriwe muri ibi bitaro uko ari 16, 3 muri bo bakomeretse bikabije bakaba boherejwe kuvurirwa mu bitaro bya kaminuza bya Kigali (CHUK).
Dr Sebatunzi yavuze ko abasigaye 13 bakomeretse mu buryo bworoshye, aho bafite ibikomere byoroheje ku mubiri ngo bakaba batangira gusezererwa vuba mu bitaro.
source : igihe