Qatar: Amerika yashyikirije abari mu biganiro bya Doha inyandiko isoza ibiganiro.

Publié le par Veritas

Nyuma y'ibiganiro byahuje intumwa zo mu rwego rwo hejuru z'igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), iza leta  y'u Rwanda n'iz'umutwe wa M23/AFC, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z'Amerika (USA) zashyikirije izo ntumwa  inyandiko igaragaza ibyumvikanyweho n'impande zose ziri muri ibyo biganiro, maze isaba izo ntumwa kuyishyiraho umukono. Intumwa z'igihugu cy'u Rwanda n'iz'umutwe wa M23/AFC zasabye ko mbere yo gushyira umukono kuri iyo nyandiko zigomba kubanza gusubira mu bihugu zaturutsemo maze zikajya kuganira n'inzego z'ubuyobozi bwazitumye kuri iyo nyandiko.

Intumwa za M23/AFC mu biganiro i Doha muri Qatar.(photo google)

Igihugu cy'Amerika ndetse na Qatar nk'umuhuza byasabye izo ntumwa gukoresha ikoranabuhanga rigezweho mu itumanaho zikaganira n'abo bayobozi bazitumye kuri iyo nyandiko y'amahoro bitabaye ngombwa ko ziva muri Qatar; Amerika ikaba yarahaye izo ntumwa amasaha 48 yo kuba barangije kugirana ibiganiro n'abazitumye noneho zikabona gusinya iyo nyandiko. Amakuru ateremezwa n'uruhande na rumwe mu ziri mu biganiro ariko akaba ari kuvugwa mu itangazamakuru rinyuranye no ku mbuga nkoranyambaga, yemeza ko Amerika yasabye Qatar kutemerera intumwa zaje muri ibyo biganiro kuva muri icyo gihugu kiretse izo ntumwa zimaze gushyira umukono ku nyandiko yo guhagarika intambara muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC).

Icyemezo nk'iki Amerika ikaba yarigeze ku gifata mu mwaka w'1978 ubwo yafungiraga mu nzu perezida wa Misiri Bwana Anouar El Sadate na Ministre w'intebe wa Israyeli Bwana Menahem Begin kugirango bumvikane ku nyandiko y'amasezerano yabereye "Camp David" yo guhagarika intambara n'ubushyamirane byari hagati y'ibihugu byombi. Perezida w'Amerika wafashe icyo cyemezo cyo guhatira abo bayobozi bombi kumvikana ni Jimmy Carter.

Muncamacye, inyandiko yavuye mu biganiro bya Doha yo guhagarika intambara muri RDC Amerika yashyikirije intumwa z'u Rwanda, iza RDC n'iza M23/AFC, ikubiyemo ingingo 4 z'ingenzi zitagomba kugibwabo impaka. Izo ngingo ni izi zikurikira:

  1. Leta  y'u Rwanda igomba gukura intwaro n'ingabo zayo  (RDC/M23) yohereje ku butaka bwa Congo (RDC).
  2. Umutwe wa FDLR ntabwo uteye ikibazo cy'umutekano leta  y'u Rwanda kuko uwo mutwe ugizwe n'abarwanyi bari kumwe n'imiryango yabo (abana n'abagore) bose hamwe batarenze 1500  kandi abo barwanyi akaba ari bantu bakuze cyane (bashaje). Guhera mu mwaka w'2012 uwo mutwe wa FDLR ukaba utarigeze ukora igikorwa na kimwe kibangamiye umutekano w'u Rwanda.
  3. Umutwe wa M23/AFC ugomba gusenywa burundu kandi nta n'ubwo wemerewe kuba umutwe wa politiki mu gihugu cya RDC.
  4. Ntabwo abarwanyi ba M23/AFC bagomba kwinjizwa mu ngabo za Congo FARDC ikivunge cyangwa se ngo ubuyobozi bwa Congo bugirane ibiganiro byihariye n'uwo mutwe kuko uzaba warasheshwe.

Izindi ngingo zose intumwa z'umutwe wa M23/AFC zasabaga ko zisuzumwa, mu nyandiko ya nyuma Amerika yagejeje ku ntumwa ziri mu biganiro ivuga ko izo ngingo zikubiye mu masezerano y'amahoro yumvikanyweho na leta  y'u Rwanda na leta  ya Congo (RDC), ayo masezerano  akaba yarashyizweho umukono i Washington muri Amerika taliki ya 27/06/2025. Nyuma yo kumenya ibikubiye muri iyi nyandiko y'i Doha, amakuru menshi yemeza ko Joseph Kabila wabaga i Goma mu gice kigenzurwa na M23/AFC yagiye kuba mu gihugu cya Kenya, akaba arimo gusaba ubuhungiro muri icyo gihugu.

Dufite amatsiko menshi yo kumenya uko aya masezeranyo azashyirwa mu bikorwa.

Veritasinfo.

Publicité
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article