RWANDA: Ministre Karega ntashira amakenga umucikacumu uvuga ko yiciwe inkoko !

Publié le par veritas

Karega.jpgNDL: Icyo nkundiu Rwanda, uyu mucikacumu yavuze ko yiciwe inkoko zigera 103 mu gihe k'icyunamo bitewe ni uko abahutu bagifite ingenbitekerezo ya jenoside batarava ku izima, iyo nkuru yahise ivugwa hose, ndetse abacikacumu (dore ko ubu aribo bafite ubushobozi) , bahita bakoranya miriyoni imwe n'igice y'amafaranga y'u Rwanda kugirango bashumbushe uyu mucikacumu. Icyo gikorwa ni kiza , ariko hari ibintu 2 bihise bigaragaza ko ibyo mu Rwanda bitazoroha:
1. Uyu mucikacumu amaze kuvuga ko yiciwe inkoko , abantu bahise bateranya miliyoni yo kumugoboka, iki gikorwa ntako gisa ,ariko kuko hajemo inyungu y'amafaranga Ministre Karega ahise atangira gukemanga ukuri k'uyu mucikacumu , maze umunyamakuru watangaje iyi nkuru atangiye gusubiza ibibazo bisa nkaho ari iperereza ryatangiye; wabona ubwo ari mu Rwanda iyi nkuru iteye akaga uyu wayitangaje!
2. Kuba uyu mucikacumu yarashumbushijwe kubera inkoko zapfuye , byanteye kwibaza niba uyu mucikacumu iyo avuga ko hari umuhutu wamututse cyangwa agapfobya jenoside , uwo avuze yari guhita ashyirwa mukagozi! Nkaba nibaza niba hari kuboneka  urwego rwa leta na rumwe rwari gusuzuma niba uyu mucikacumu atarabeshyeye uwo yavuze ! Aha bikaba byerekana ko inkoko zirusha abantu akamaro mu Rwanda, ntimunyikome ngo nzanye ingengabitekerezo ariko uwaba azi inkuru y'uko hari imbaraga ubuyobozi bushyira mu kumenya ukuri kubantu baba babeshyewe n'abacikacumu yayiduha kimwe ni uko uwabona inkuru y'uko umucikacumu wishwe hari inkunga yo gushumbusha umuryango we yasize itangwa nkuko kuri ziriya nkoko byakozwe! Mwisomere iyi nkuru yo mu izuba rirashe maze twungurane ibitekerezo:
Minisitiri Karega Vincent, avuga ko ukuri kw’iyicwa ry’inkoko za Ndagijimana gukemangwa (Ifoto/Ububiko) Nzabonimpa Amini

KIGALI – Ku gica munsi cyo ku itariki ya 16 Mata 2011, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Vincent Karega, yatangarije ikinyamakuru Izuba Rirashe ko abantu batandukanye bari bamaze gukusanya amafaranga asaga miliyoni imwe n’igice kugira ngo ashumbushwe umuturage wiciwe inkoko, ariko ngo harakemangwa niba ibyo yavuze byaba ari ukuri.

Ibyo bikaba bibaye nyuma y’inkuru yasohotse mu Kinyamakuru Izuba Rirashe, ivuga ko hataramenyekana abantu baroze inkoko 943 z’uwitwa Aimable Ndagijimana warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Kagari ka Gatagara mu Murenge wa Mukingo, Akarere ka Nyanza, maze 103 muri zo zikahasiga ubuzima.

Minisitiri Karega asobanura ko abantu banyuranye bamaze gusoma iyo nkuru, basanze badakwiye guceceka, ahubwo bahitamo kugira icyo bakora mu rwego rwo gushumbusha Aimable Ndagijimana, maze mu kanya gato hakusanwa amafaranga agera kuri miliyoni n’igice y’u Rwanda (1.500.000frw).

Karega akomeza avuga ko ikibabaje, ari uko amakuru bakesha inzego z’ibanze n’iz’umutekano zakomeje gukurikirana icyo kibazo, zasanze uwo muturage ashobora kuba abeshya nta koko yapfushije, cyangwa se zikaba zarapfuye ari uburwayi busanzwe.

Umunyamakuru w’ikinyamakuru Izuba Rirashe i Muhanga wanditse iyo nkuru, we yemeza ko nyuma y’umunsi umwe gusa ibyo bibaye, yagiye gutara iyo nkuru, avugana n’Uwizeye Bernadette mushiki wa Aimable nyir’izo nkoko ndetse na Nyina umubyara, bose bemeza ko zapfuye zirozwe.

Atara iyo nkuru kandi, uyu munyamakuru yavuganye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa, goronome n’abashinzwe umutekano, aba nabo ntibagira byinshi batangaza, ariko bamwemerera ko yatangaza iyo nkuru uko iri, ibindi bikazamenyekana nyuma y’iperereza ryari rigikorwa.

Abajijwe imiterere n’umutekano w’aho hantu Aimable yororera inkoko ze, uyu munyamakuru avuga ko yabonye ari mu nzu yubatse neza, hari urugo rukinze.

Kubera ko havugwaga ko inkoko 103 zapfuye, uyu munyamakuru yatangaje inkuru uko yari iri nk’uko yabyemerewe n’abayobozi muri uwo Murenge, avuga ko abishe izo nkoko bashyize ibinini byica imbeba ku ndagara bari basereye ku gikarito, bagaseseka munsi y’urugi maze iziriyeho zose zigapfa.

Ku bijyanye n’aho inkoko zapfuye zashizwe, uyu munyamakuru yasobanuriwe ko zatabwe mu cyobo, ariko icyo cyobo akaba atarakibonesheje amaso ye, gusa ngo ntabwo yabibajijeho byinshi kuko byari bikiri mu iperereza.

Minisitiri Karega akaba atangaza ko ku cyumweru tariki ya 17 Mata 2011, ari bwo bateganyaga kujya gushyikiriza iyo nkunga uwo muturage, ariko kubera kutizera inkuru itangwa n’uyu muturage uvuga ko yiciwe inkoko, icyo gikorwa kikaba cyasubistwe, ahubwo bahitamo gutoranya abandi baturage 4 bakennye cyane bagurirwa inka muri ayo mafaranga, bakazishyikirizwa ku mugaragaro.

Ends

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article