Leta y'u RWANDA ikomeje kugaragaza ubwoba ifitiye itangazamakuru ryigenga: Nyuma y'Umuseso,umuvugizi ,Umurabyo...noneho n'ikinyamakuru Umusingi kigezweho !

Publié le par veritas

071Gatsimbazi.pngKuri uyu wa gatatu tariki ya 17 Kanama 2011, ikinyamakuru Umusingi kimwe mu binyamakuru byigenga bikorera mu Rwanda cyabujijwe gusohoka mu icapiro NIKA aho cyandikiwe. Umuyobozi w’ikinyamakuru atangaza ko cyari cyarangije gucapwa ntibemererwa kukigeza ku isoko.


Mu kiganiro na IGIHE.com, Umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi Bwana Gatera Stanley, avugako nyuma y’uko ikinyamakuru kijyanywe mu icapiro yagombaga kujya kugifata kuri uyu wa gatatu isaa mbiri za mu gitondo nyamara ubwo yageragayo yabwiwe ko ikinyamakuru kitararangira gucapwa asabwa kugaruka kugifata i saa yine. Ubwo yagarukaga ku icapiro NIKA riherereye ku Muhima yabwiwe n’umuyobozi w’iryo capiro ko inzego z’iperereza zamubujije gutanga nimero y’icyo kinyamakuru ngo ijye ku isoko.


Ikibazo cy’inkuru zidahwitse


Twashatse kumenya impamvu nyamukuru yaba yatumye ikinyamakuru cyangirwa gusohoka maze Gatera Stanley Umuyobozi w’ikinyamakuru adutangariza ko akigerayo yasabwe gukuramo inkuru ibyiri ziri muri icyo kinyamakuru mbere y’uko kijya ku isoko. Izo nkuru ni :

- Ikibazo cy’ubusumbane gishobora gutera ibibazo mu Rwanda.
- Iryamukuru na Nelson Gatsimbazi : Muri opposition hari abakoresha iturufu y’amoko.


Ikibazo cyo kutishyura icapiro


Umuyobozi w’icapiro rya NIKA yatangarije IGIHE.com, ko nta wababujije gusohora ikinyamakuru ahubwo ko hari ikibazo cy’uko ikinyamakuru kitarishyurwa, nyamara ubuyobozi bw’ikinyamakuru bwo burabihakana, bukavugako nta mwenda ikinyamakuru Umusingi gifitiye icapiro.


Ikibazo cya tekiniki


Ku ruhande rwe, Umuyobozi w’Inama nkuru y’Itangazamakuru Patrice Mulama yatangarije IGIHE.com ko ikibazo cy’ihezwa mu icapiro ry’ikinyamakuru yakimenye ariko ko bishobora kuba byatewe n’impamvu za tekiniki.

Mulama yongeyeho ko nta mpamvu abona ihari yo kubuza ikinyamakuru gusohoka, kuko ibyanditswemo babireba byageze ku isoko. Yadutangarije ko yasabye Umuyobozi w’Umusingi kumumenyesha ikibazo cyose yahura nacyo.


Gatsimbazi ati "Ni ubwisanzure bucye"


Nyir’ikinyamakuru Umusingi Nelson Gatsimbazi, yatangarije IGIHE.com ko ikinyamakuru gifite uburenganzira bwo gutangaza ibitekerezo by’abantu. Yagize ati :” icyo mbivugaho ni uko nsanga ibyo ari ibikorwa Leta ikomeje gukora kugirango ibuze itangazamakuru kwisanzura kuko umuntu wese afite uburenganzira bwo kugira igitekerezo cye akanagitangaza nta mbogamizi. Itegeko Nshinga naryo ritanga ubwo burenganzira bwo kugaragaza ibitekerezo by’umuntu ; birababaje rero niba ngaragaza ibitekerezo byanjye bigatuma ikinyamakuru gifatwa, bishatse kuvuga ko ngomba gutekereza nk’abafashe icyo kinyamakuru”.

Mu gihe gishize Icapiro ry’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (ORINFOR) naryo ryari ryanze gucapa (print) nimero ya 25 y’Ikinyamakuru Umusingi kubera ikiganiro icyo kinyamakuru cyari cyagiranye na Patrick Karegeya, wahamijwe n’Urukiko rwa Gisirikare ibyaha bikomeye birimo no gukorana n’umutwe w’iterabwoba nk’uko Willy Rukundo uyobora ORINFOR yabitangaje icyo gihe.

 

Source: Igihe

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
N
<br /> <br /> Erega twarabamenye, ushaka kujya iburayi yiyita impunzi ashinga ikinyamakuru ubundi<br /> agatangira kwandika inkuru zuzuyemo amacakubiri, akica amategeko nkana,ubutabera bwatangira gukora akazi kabwo agahita ahunga akajya i burayi aho agera yiriza ayo kwarika ngo aratotezwa ndetse<br /> ngo yari agiye kwicwa !!!ubundi bakamuha ubuhungiro n'uburyo bwo gukomeza kubiba inzangano mu baturage kuri internet nawe si ukwivayo agakorera umugati, biragaragara ko na gatsimbazi aribyo<br /> atangiye.<br /> <br /> <br /> Ese buriya gusebya igihugu mwumva ko aribyo by’ubaka? Wapi ibi birasenya..mwakunze igihugu<br /> cyanyu mukanatangaza ibyiza kimaze kugeraho aho kugirango mwirirwe mwandika ibigisebya.<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Abantu nkaba bagifite iyi myuvire bakwiye kwamaganwa na buri munyarwanda wese uharanira<br /> interambere ry’igihugu.<br /> <br /> <br />  <br /> <br /> <br /> Inama nabagira, mujye mwandika ibihuzabanyarwanda kurut’ibibatanya.<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre
U
<br /> <br /> Uzabaze sha, leta ntanarimwe y’igize iterwa ubwoba  n’itangaza Amakuru  ryigenga, ahubwo yanga itangazamakuru rikorwa ridakurikije amategeko arigenga.<br /> <br /> <br /> Itangazamakuru rishobora kuba ryiza cyangwa ribi, bitewe n’uko urikoresheje. Iyo urikoresheje neza, rigirira umumaro abaturage, bakabasha kumenya ibibera mugihugu cyabo ndetse no hanze no yacyo.<br /> Urugero n’uburyo itangaza makuru ryatumye abaturage bo mubihugu byabarabu babasha kwigobotora ingoma z’igitugu.<br /> <br /> <br /> Ariko iyo  uri koresheje nabi, ryoreka abaturage mubintu bibi byinshi cyane. Urugero ni nka RTLM, yakoreshejwe mugukora Jenoside yakorewe abatutsi.<br /> <br /> <br /> Urumva rero ko urwanda kubera amateka mabi rufite mwitangaza makuru, rudashobora gukundira umuntu wese ukoresha itangaza makuru, adakurikije amategeko arigenga  murwanda.<br /> Urugero n’uriya mu nyamakuru w’ikinyamakuru ishema, wanditse inkuru aharabika Perezida w’igihugu,ariko nawe akaza kumenya ko yakosheje yarangiza akabisabira imbabazi.<br /> <br /> <br /> Murwanda hari  ibinyamakuru by’igenga byinshi, muri byose , uzasanga ibidakurikiza amategeko bihora mu bibazo na leta.<br /> <br /> <br /> Mugire umunsi mwiza!<br /> <br /> <br /> <br />
Répondre